• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju, uzwi mu biganiro bya Siporo, yongeye kumvikana kuri radio, ari na yo agiye gukorera nyuma yo gufungurwa.

Rugaju Reagan wamenyekanye cyane kuri Radio Rwanda, akora ibiganiro bya siporo, yongeye kumvikana akora ikiganiro kuri uyu wa Mbere tariki 08 Nzeri 2025.

Yari mu kiganiro cya nimugoroba kuri Magic FM isanzwe iri mu bitangazamakuru by’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru RBA, runabarizwamo Radio Rwanda yakoreraga mbere yuko afungwa.

Ni mu kiganiro Magic Line Up kiba kuva saa moya kugeza saa yine z’ijoro, aho iyi radio yahaye ikaze uyu munyamakuru wagarutse muri RBA ariko akaba yaje muri Magic FM.

Umunyamakuru Rugaju yongeye kumvikana mu busesenguzi

Mu butumwa bwatambutse ku mbuga nkoranyambaga z’iyi radio, bugira buti “Yagarutse” bavuga uyu munyamakuru Rugaju Reagan, wakoraga mu kiganiro ‘Urubuga rw’Imikino’ gitambuka kuri Radio Rwanda mu masaha y’igitondo.

Rugaju Reagan agarutse mu kazi nyuma y’ibyumweru bibiri, we na bamwe muri bagenzi be baregwa hamwe, bafatiwe icyemezo cyo gufungurwa by’agateganyo.

Yari umwe mu bantu 28 barimo abofisiye bakuru babiri muri RCS, n’abofisiye muri RDF, baregwa hamwe mu rubanza rushingiye ku mafaranga yagiye avanwa kuri Konti ya Minisiteri y’Ingabo, hishyurwa amatike y’indege ya bamwe mu baregwa muri uru rubanza, arimo ayaguriwe abanyamakuru batatu bari bitabiriye umukino wa APR na Pyramids wabaye umwaka ushize.

Urukiko rw’Ibanze rwa Gisirikare, rwafashe icyemezo cyo gufungura by’agateganyo abantu 25 barimo abanyamakuru batatu barimo n’uyu Rugaju Reagan, mu cyemezo cyatangajwe tariki 26 Kanama 2025.

Rugaju na bagenzi be kuri Magic FM

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + fourteen =

Previous Post

Ibyishimo biturutse muri Afurika y’Epfo bisesekaye mu Rwanda: Amavubi abonye intsinzi yari ikumbuwe

Next Post

Gisagara: Baribaza uzabahoza amarira batewe n’ikorwa ry’igikorwa remezo

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Gisagara: Baribaza uzabahoza amarira batewe n’ikorwa ry’igikorwa remezo

Gisagara: Baribaza uzabahoza amarira batewe n’ikorwa ry’igikorwa remezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.