• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

radiotv10by radiotv10
18/09/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Niyo Bosco uherutse kugaragaza umukunzi we, yamwambitse impeta amusaba ko bazarushingana bakazibanira nk’umugore n’umugabo, na we arabimwemerera, mu birori byitabiriwe n’ibyamamare nk’umuhanzi Chris Eazy na Bwiza.

Mu minsi ishize uyu muhanzi yari aherutse kugaragaza uyu mukunzi we Mukamisha Irene, ubwo yamwifurizaga isabukuru nziza y’amavuko, akoresheje amagambo aryohereye.

Mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Nzeri 2025, Niyo Bosco yambitse impeta uyu mukunzi we amusaba ko bazashyingiranwa bakibanira nk’umugore n’umugabo.

Ni ibirori byari binogeye ijisho, kuko uyu muhanzi yabanje kuririmbira umukunzi we mu ijwi ridasanzwe riherekejwe n’umurya wa gitari, Niyo Bosco azwiho gukirigita.

Ubwo Niyo Bosco yaririmbiraga umukunzi we, anamubaza niba bazarushingana, umukobwa wari watunguwe n’ibi birori by’akataraboneka, yamwemereye atazuyaje, amubwira Yego.

Uyu muhanzi utarakunze kugaragaza umukunzi we dore ko adasanzwe azwi mu by’imyidagaduro no ku mbuga nkoranyambaga, yashimangiye ko amukunda uruzira uburyarya. Yagize ati “Ndamukunda cyane kandi cyane.”

Mu magambo aherutse gukoresha amwifuriza isabukuru, yari yabwiye uyu munzi we urukundo amukunda, ruhebuje, nk’aho yagize ati “Wavukiye gutuma umutima wanjye ugukunda kandi ukanakwishimira […] Ntabwo ngukunda gusa, ahubwo nkunda n’urukundo ngukunda.”

Ibi birori byo kwambika impeta umukunzi wa Niyo Bosco, byitabiriwe n’ibyamamare binyuranye, birimo abahanzi Chris Eazy, Bwiza, ndetse n’abahanzikazi Vestine na Dorcas babanye na Niyo Bosco mu nzu ibafasha y’umunyamakuru M. Irene na we wari uhari.

Umukunzi wa Niyo Bosco ubwo yatambukaga ngo amwambika impeta
Niyo Bosco na we yakigitaga imirya gitari anaririmba mu ijwi rihebuje
Yamwambitse impeta amusaba ko bazashyingiranwa
Junior na Bwiza na bo bafataga amashusho
Yamubwiye yego
Chris Eazy na Dorcas na bo bifuzaga gusigarana urwibutso
Niyo Bosco yahise amushimira amuha akabizu ku itama

Ibyamamare byaje kumushyigikira

Photo/Igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + seven =

Previous Post

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Next Post

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.