Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

radiotv10by radiotv10
06/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Wasili na Jangwani, amazina azwi mu kuryoshya ruhago Nyarwanda, dore ko aba bombi ari abavugizi b’abakunzi b’amakipe y’amacyeba akomeye mu Rwanda, APR FC na Rayon Sports, ndetse bigoye kumva umwe ahuza n’undi iyo bari kuvuga kuri aya makipe, ariko noneho bahuye banahuza imvugo.

Uwizeyimana Sylvestre uzwi nka Wasili na Mugisha Frank uzwi nka Jangwani, ni bamwe mu bazwiho gushyushya umupira w’amaguru mu Rwanda, kubera ibyo batangaza iyo bari kuvugira abakunzi b’aya makipe.

Nta na rimwe aba bombi bari bumvikanye bavuga rumwe, iyo bari kuvugira abakunzi bayo, ariko kuri iyi nshuro bahuje, basaba Abanyarwanda kujya gushyigikira ikipe y’Igihugu cyabo Amavubi, afite umukino kuri uyu wa Gatanu, ubwo izaba ihura n’iya Benin mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Mu butumwa bw’amashusho bwashyizwe hanze n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, aba bombi, baba bari muri Sitade Amahoro, bagatangira bibutsa ko umwe atajya akozwa iby’ikipe y’undi.

Wasili agira ati “Mu buzima bwanjye ntaho njya mpurira n’ikipe ya APR, n’ikipe yahuye na APR ni yo mba ndi gufana.” Ahita aha umwanya mugenzi we Jangwani, na we akaza agira ati “Nta hantu na hamwe njya mpurira na Rayon Sports, n’ikipe yose yahuye na Rayon Sports, ni yo mba ndi inyuma.”

Muri aya mashusho ahamagarira abakunzi b’aya makipe kuzaza gushyigikira Ikipe y’Igihugu, aba bombi bahita bakuramo umwambaro w’amakipe yabo, bagasigarana uw’Amavubi.

Jangwani ahita agira ati “Iyo bigeze ku Mavubi, ibi birenze Club. Ni inshingano za buri umwe wese.”

Wasili na we yungamo agira ati “Ubu umukunzi wa Rayon Sports ube umukunzi w’Ikipe ya APR, ube umukunzi wa Etincelles, Kiyovu, Police, Club zose cumi n’esheshatu, duhurira ku ikipe y’u Rwanda Amavubi.”

Uyu mukino bahamagarira Abanyarwanda kujya gushyigikiramo ikipe yabo, uzaba kuri uyu wa 10 Ukwakira, ukazakurikirwa n’undi uzaba mu cyumweru gitaha tariki 14 Ukwakira, wo uzabera muri Afurika y’Epfo, aho Amavubi azaba ahura n’Ikipe ya kiriya Gihugu.

Jangwani ati “ubu noneho ni Amavubi si APR”
Wasili na we ati “ube ufana Rayon cyangwa APR, ubu twese inkoko ni yo ngoma ku wa Gatanu”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − seventeen =

Previous Post

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Next Post

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.