Monday, October 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

radiotv10by radiotv10
06/10/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Wasili na Jangwani, amazina azwi mu kuryoshya ruhago Nyarwanda, dore ko aba bombi ari abavugizi b’abakunzi b’amakipe y’amacyeba akomeye mu Rwanda, APR FC na Rayon Sports, ndetse bigoye kumva umwe ahuza n’undi iyo bari kuvuga kuri aya makipe, ariko noneho bahuye banahuza imvugo.

Uwizeyimana Sylvestre uzwi nka Wasili na Mugisha Frank uzwi nka Jangwani, ni bamwe mu bazwiho gushyushya umupira w’amaguru mu Rwanda, kubera ibyo batangaza iyo bari kuvugira abakunzi b’aya makipe.

Nta na rimwe aba bombi bari bumvikanye bavuga rumwe, iyo bari kuvugira abakunzi bayo, ariko kuri iyi nshuro bahuje, basaba Abanyarwanda kujya gushyigikira ikipe y’Igihugu cyabo Amavubi, afite umukino kuri uyu wa Gatanu, ubwo izaba ihura n’iya Benin mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Mu butumwa bw’amashusho bwashyizwe hanze n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, aba bombi, baba bari muri Sitade Amahoro, bagatangira bibutsa ko umwe atajya akozwa iby’ikipe y’undi.

Wasili agira ati “Mu buzima bwanjye ntaho njya mpurira n’ikipe ya APR, n’ikipe yahuye na APR ni yo mba ndi gufana.” Ahita aha umwanya mugenzi we Jangwani, na we akaza agira ati “Nta hantu na hamwe njya mpurira na Rayon Sports, n’ikipe yose yahuye na Rayon Sports, ni yo mba ndi inyuma.”

Muri aya mashusho ahamagarira abakunzi b’aya makipe kuzaza gushyigikira Ikipe y’Igihugu, aba bombi bahita bakuramo umwambaro w’amakipe yabo, bagasigarana uw’Amavubi.

Jangwani ahita agira ati “Iyo bigeze ku Mavubi, ibi birenze Club. Ni inshingano za buri umwe wese.”

Wasili na we yungamo agira ati “Ubu umukunzi wa Rayon Sports ube umukunzi w’Ikipe ya APR, ube umukunzi wa Etincelles, Kiyovu, Police, Club zose cumi n’esheshatu, duhurira ku ikipe y’u Rwanda Amavubi.”

Uyu mukino bahamagarira Abanyarwanda kujya gushyigikiramo ikipe yabo, uzaba kuri uyu wa 10 Ukwakira, ukazakurikirwa n’undi uzaba mu cyumweru gitaha tariki 14 Ukwakira, wo uzabera muri Afurika y’Epfo, aho Amavubi azaba ahura n’Ikipe ya kiriya Gihugu.

Jangwani ati “ubu noneho ni Amavubi si APR”
Wasili na we ati “ube ufana Rayon cyangwa APR, ubu twese inkoko ni yo ngoma ku wa Gatanu”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 5 =

Previous Post

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Next Post

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

Related Posts

Byagaragaye ko bari bakumburanye: Aba mbere b’Amavubi bageze mu mwiherero

Byagaragaye ko bari bakumburanye: Aba mbere b’Amavubi bageze mu mwiherero

by radiotv10
06/10/2025
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu Amavubi baherutse guhamagarwa ngo bazifashijwe mu mikino ibiri yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi, aba mbere bageze mu...

Urunturuntu muri Rayon nyuma yo kunganya na Gasogi n’umukino wa gatatu nta ntsinzi

Urunturuntu muri Rayon nyuma yo kunganya na Gasogi n’umukino wa gatatu nta ntsinzi

by radiotv10
05/10/2025
0

Umwuka mubi wongeye kuzamuka muri Rayon Sports FC nyuma yo kunganya ibitego bibiri ku bindi na Gasogi United mu mukino...

Ubutumwa abakinnyi ba APR bahaye abafana mbere yo kujya guhura na Pyramids yabatsindiye i Kigali

Ubutumwa abakinnyi ba APR bahaye abafana mbere yo kujya guhura na Pyramids yabatsindiye i Kigali

by radiotv10
03/10/2025
0

Abakinnyi ba APR FC yamaze guhaguruka i Kigali yerecyeza mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramids FC muri CAF...

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu wahamagawe bwa mbere mu Mavubi witezweho guhindura byinshi

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu wahamagawe bwa mbere mu Mavubi witezweho guhindura byinshi

by radiotv10
02/10/2025
0

Joy-Lance Mickels ukinira ikipe ya Sabah FK yo muri Azerbaijan, ni umwe mu bakinnyi bahamagwe n’Umutoza w’Amavubi Adel Amrouche, akaba...

APR i Kigali biranze ubu hahanzwe amaso uko bizagenda mu Misiri

APR i Kigali biranze ubu hahanzwe amaso uko bizagenda mu Misiri

by radiotv10
01/10/2025
0

Ikipe ya APR FC ihagarariye u Rwanda muri CAF Champions League, mu mukino wa mbere w’ijonjora ribanza, itsindiwe i Kigali...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje
MU RWANDA

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

by radiotv10
06/10/2025
0

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

06/10/2025
Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

06/10/2025
Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

Ibitegerejwe ku meza y’ibiganiro bya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo bigiye gusubukurwa

06/10/2025
Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho y’urugamba hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

06/10/2025
Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

Urugendo rwo kurangiza intambara hagati ya Israël na Hamas rwasubukuriwe muri Afurika

06/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yibukije abayobozi basubiramo amakosa kenshi ikiba kibategereje

Bwa mbere Umuvugizi w’Abafana ba Rayon Wasili n’uw’aba APR Jangwani bahuye bavuga rumwe

Hagaragaye umwimukira winjiye i Burayi avuye muri Afurika akoresheje uburyo budasanzwe bugaragaye bwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.