Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

radiotv10by radiotv10
11/11/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Aimable Nsabimana, myugariro w’ikipe ya Assabah Sports Club yo mu cyiciro cya mbere muri Libiya, yavuze ko yigeze gutekereza kureka umupira w’amaguru nyuma yo kudashyirwa ku rutonde rw’abakinnyi Rayon Sports izitabaza mu mwaka w’imikino wa 2025-2026.

Umubano w’uyu mukinnyi na Rayon Sports uvugwa ko watangiye kuzamo agatotsi nyuma y’umukino wa shampiyona bakinnye na Marines FC bakanganya ibitego 2-2.

Icyo gihe, ku gitego cya kabiri batsinzwe habayeho kutumvikana hagati ye n’uwari umunyezamu wa Rayon Sports Khadime Ndiaye, cyateje impaka aho bamwe bashinjaga Aimable ko yaretse umupira nkana, mu gihe we yavugaga ko umunyezamu ari we wamubwiye kuwureka. Ibyo byatumye umupira umurenga, bivamo igitego.

Aimable akomeza avuga ko Perezida wa Rayon Sports yamuhamagaye nyuma y’uwo mukino amubaza uko byagenze, maze amusobanurira ko ari amakosa yakozwe n’umunyezamu wamubwiye kureka umupira.

Yongeraho ko Perezida ubwe yemeye ko na we yumvise umunyezamu amubwira ngo areke umupira, bityo atamushinja amakosa, ahubwo yari abimubajije kubera amakuru yavugaga ko ari Aimable watsindishije.

Nyuma y’ibi, ngo byabaye imbarutso y’uko umwaka w’imikino wose wasoje atongeye gukina, bitewe n’itegeko ryari ryatanzwe n’ubuyobozi bw’ikipe.

Ubwo umwaka mushya w’imikino wajyaga gutangira, habayeho n’ikindi kibazo cy’amafaranga angana na miliyoni eshanu (5,000,000 Frw) Aimable yishyuzaga Rayon Sports ku mafaranga yasigaye kuri recrutement.

Ubwo ikipe yatangiraga imyitozo yitegura umwaka w’imikino wa 2025-2026, Aimable yanze gutangirana n’abandi, avuga ko atazatangira imyitozo atishyuwe amafaranga ye yose.

Iki kibazo cy’amafaranga cyiyongereye ku kutumvikana kwari kwadutse hagati ya Perezida Thadée Twagirayezu na Visi Perezida Prosper Muhirwa.

Twagirayezu yashinje Aimable gukorana bya hafi na Prosper, amubwira ko atakimwizera ndetse ko n’iyo yakomezanya n’ikipe, yabona azajya ayigambanira.

Ubwo hasohokaga urutonde rw’abakinnyi Rayon Sports izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2025-2026, Aimable yisanze atarurimo kuko atari yahawe n’ibyangombwa byo gukinira ikipe (license).

Aimable yavuze ko byamutangaje cyane kuko yakomeje gukora imyitozo nk’ufite amasezerano, kandi umutoza yari yamubwiye ko amukeneye, ariko Perezida aza kwanga kumuha icyangombwa cyo gukina.

Yagize ati “Mu by’ukuri nk’umukinnyi wabigize umwuga, numvise Perezida ankoreye ubuhemu kandi numva ndi kuzira ibintu ntazi. Ntababeshye, nageze aho numva nanze umupira, ntekereza no kuwureka.”

Aimable yaje kurega Rayon Sports muri FERWAFA, ariko mu gihe bari bategereje igisubizo, ikipe ya Assabah Sports Club yo muri Libiya yaramuhamagaye, barumvikana ko azayikinira umwaka umwe.

Yasabye Rayon Sports urwandiko rumurekura (release letter) abemerera ko azabarekera ya miliyoni eshanu yari abasigayeho, ariko ko bazamwishyura ibirarane by’imishahara.

Uyu myugariro ubu ari kumwe n’iyi kipe ye nshya, yazamutse mu cyiciro cya mbere uyu mwaka, aho bari mu myiteguro ya shampiyona izatangira mu kwezi kwa 12.

Aimable Nsabimana yageze muri Rayon Sports mu kwezi kwa Karindwi (Nyakanga) 2023, atwaranye na yo ibikombe birimo icy’Amahoro ndetse na Super Cup.

Myugariro Aimable
Ngo Perezida wa Rayon yari agiye gutuma areka umupira

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − one =

Previous Post

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Related Posts

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yifashishije ubushakashatsi bwagiye hanze, yagaragaje ko gukora imyitozo ngororamubiri ihoraho, byatuma umuntu azigama ibihumbi 2,5...

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

by radiotv10
07/11/2025
0

Shampiyona ya volleyball irakomeza ku munsi wayo wa kane, imikino ibera muri Gymnase nshya iri muri Sainte Famille mu mujyi...

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Umunyamakuru Isaac Rabbin Imani uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda, wamaze gusezera igitangazamakuru yakoreraga yari amazeho imyaka ine, hamenyekanye...

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryagennye umusifuzi ukiri muto utaranasifura imikino myinshi, kuzayobora umukino wa Derby y’u Rwanda, uzahuza...

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

by radiotv10
06/11/2025
0

Umusifuzi Karangwa Justin wanze igitego APR FC yari yatsinze Rutsiro FC mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa Shampiyona, avuga ko...

IZIHERUKA

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon
FOOTBALL

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

by radiotv10
11/11/2025
0

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

11/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

11/11/2025
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

11/11/2025
Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

11/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Byinshi ku rupfu rutunguranye rw’umwarimu uzwi mu Rwanda mu kwigisha gutwara imodoka

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.