Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

radiotv10by radiotv10
18/11/2025
in SIPORO
0
Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo gutukana, kwihimura cyangwa gutesha agaciro abantu cyangwa inzego bafitanye amakimbirane.

Mu banyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo, hamaze igihe humvikana intambara y’amagambo, aho bamwe bakoresha ibitangazamakuru bakorera bagatambutsa ubutumwa bwibasira bagenzi babo cyangwa abo baba badahuje imyumvire.

Ni ibintu byakunze kwamaganwa n’Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura, RMC, rwongeye gushyira hanze itangazo riburira abakomeje kugaragaza imyitwarire nk’iyi.

Muri iri tangazo rifite impamvu igira iti “Kwibutsa Abanvamakuru bakora inkuru n’ibiganiro bya Siporo.” RMC yatangiye ivuga ko “yibutsa abanyamakuru bose bakora inkuru n’ibiganiro bya Siporo ku maradiyo n’amateleviziyo ko bagomba kubahiriza Amahame Ngengamyitwarire y’Umwuga w’Itangazamakuru mu Rwanda.”

Uru rwego ruvuga ko aba banyamakuru, bibutswa ko “Imiyoboro ya Radiyo na Televiziyo ntigomba gukoreshwa nk’urubuga rwo kwihimura, gutukana cyangwa gutesha agaciro abantu cyangwa inzego bafitanye amakimbirane. Ibi binyuranye n’inyungu rusange ndetse bikaba binyuranyije n’amahame y’umwuga.”

Nanone kandi RMC ivuga ko mu biganiro cyangwa mu isesengura rya siporo, Umunyamakuru yirinda amarangamutima akomoka ku makipe afana.

Iti “Ni ngombwa gutanga amakuru mu buryo buboneye, butabogamye kandi bushyira imbere ukuri n’ubunyamwuga.”

Uru rwego rukomeza rugira riti “Abanyamakuru bagomba kwirinda kuvuga ku bantu ku giti cyabo babibasira, ahubwo bakibanda ku bikorwa n’ibifatika birebana n’isesengura ry’iyo ngingo.”

RMC ivuga ko abanyamakuru bagomba kudatangaza amakuru bahawe n’abafana cyangwa andi atemejwe hagati mu kiganiro batabanje kuyagenzura no kwemeza ukuri kwayo.

Uru rwego rwaboneyeho gutanga inama, ruvuga ko bitewe n’uburebure bw’ibiganiro bya Siporo (akenshi bimara amasaha agera kuri 3), abayobozi b’ibiganiro bya Siporo barasabwa gufata umwanya uhagije bagategura ibiganiro bya Siporo kugira ngo batangaze amakuru yizewe, yagenzuwe kandi afite ishingiro.

RMC kandi yavuze ko abanyamakuru badakwiye kubangikanya umwuga w’itangazamakuru n’ubuvugizi bw’amakipe.

Muri iri tangazo, RMC isoza itanga umuburo, ivuga ko “Abanyamakuru batazubahiriza ibyavuzwe haruguru, bazahanwa nk’uko biteganywa n’Ingingo ya 29 y’Amahame Ngengamyitwarire y’Umwuga w’Itangazamakuru mu Rwanda.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Kwambara neza no kuberwa ntibikiri iby’abakobwa gusa ubu n’abasore bo mu Rwanda barabiyobotse

Next Post

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.