• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

radiotv10by radiotv10
21/11/2025
in IMYIDAGADURO
0
Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium
Share on FacebookShare on Twitter

Kyra Nkezabera ukomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda, uri guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi (Miss Belgium), yageze mu cyiciro cya nyuma kizavamo uzegukana iri kamba.

Uyu mukobwa w’imyaka 22 ufite umubyeyi umwe w’Umunyarwanda (Se) na nyina w’Umubiligikazi, ubu ari mu byishimo nyuma yuko ageze mu cyiciro cya nyuma cy’abagomba kuzavamo Miss w’u Bubiligi.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Kyra Nkezabera yagize ati “Ubu byatangajwe, Irushanwa rya Miss Belgium rirakomeje hamwe na njye. Nishimiye gutangaza ko nageze mu cyiciro cya nyuma.”

Uyu mukobwa ukomeje gushimira abari kumutera inkunga bamutora, yagize ati “Ndabashimira ku kuba mukomeje ku nkunga mwampaye kuva mu ntangiro kugeza aho bigeze ubu.”

Kyra Nkezabera kandi akomeza gusaba abantu kumushyigikira bamutora, banyuze n’ubundi ku rubuga rwa Miss Belgium, aho abifuza kumutora banyura hano.

Mu kiganiro aherutse kugirana na RADIOTV10 ubwo yari yatowe mu cyiciro cy’abahagararira Umujyi wa Bruxelles, Kyra Nkezabera yavuze ko afite icyizere ko no kwegukana ikamba bishoboka, kuko yujuje ibisabwa byose, kandi na we akaba yiyizeye n’ubushobozi afite.

Yari yagize ati “Ibikenewe byose ndabyujuje, kandi niyumvamo uwo muhamagaro kuko nitabiriye irushanwa mfite icyizere. Hamwe n’Imana, nizera ko izabinshoboza.”

Krya Nkezabera aramutse yegukanye ikamba rya Miss Belgium yaba ateye ikirenge mu cya Miss Sonia Roland Uwitonze witabiriye Miss France muri 2000, ndetse akanegukana ikamba.

Abifuza gushyigikira uyu mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda, bamutora banyuze ku rubuga rwa Miss Belgium, banyuze kuri uyu murongo: UKANYURA HANO.

Kyra Nkezabera yageze mu cyiciro cya nyuma cya Miss Belgium

Yahawe ishimwe nk’uwageze mu cyiciro cya nyuma

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 15 =

Previous Post

Eng.-Other talks between Rwanda and the DRC have made progress toward neutralizing the FDLR

Next Post

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post
Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.