Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

radiotv10by radiotv10
04/12/2025
in IMYIDAGADURO
0
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga kuhagera, icyakora umunyamategeko wunganira umwe mu baregwa, asaba ko uriya muhanzi na we akurikiranwa kuko ari we wa mbere wayasakaje.

Byagarutsweho mu rubanza rwo kuri uyu wa Kane tariki 04 Ukuboza mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, ruregwamo Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man na Kalisa John uzwi na K-John.

Ubwo Ubushinjacyaha bwabazwaga kugaragaza impamvu busabira abaregwa gufungwa by’agatetanyo, bwavuze ko ibyagezweho mu iperereza bishimangira ko bakoze iki cyaha bakurikiranyweho.

Kuri Pazzo Man, Ubushinjacyaha bwavuze ko yari umujyanama wa Yampano, aho yashoboraga kugera kuri email y’uyu muhanzi, ari na ho yari yarabitse ariya mashusho.

Pazzo yemereye Urukiko ko koko yabonye ariya mashusho kuri Email ya Yampano, ariko ko atigeze ayamanuraho ngo ayabike, kandi ko akiyabona yahise abibwira Yampano ngo ayakureho.

Yagize ati “njye uretse kuyarebaho ntabwo nigeze nyabika kuri telefone cyangwa ngo ngire uwo nyasangiza.”

Uyu Pazzo kandi yavuze ko no mu iperereza ryakozwe n’abahanga, ryagaragaje ko we atari afite ariya mashusho, ndetse ko nta muntu n’umwe yayasangije.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwatangaje ko uyu Pazzo ku itariki 11 Ugushyingo yandikiye uwitwa Ddumba [uzwi mu myidagaduro] aho yamubwiraga ko yasiba amashusho ya Yampano ndetse amusaba kutagira umuntu ayasangiza.

Umunyamategeko wunganira Pazzo Man, yavuze ko Yampano yagakwiye kuba na we ari gukurikiranwa, kuko ari we wa mbere wagize uruhare mu gusakaza ariya mashusho ye.

Uyu munyamategeko wavugaga ko bitumvikana uburyo Yampano yashyize ariya mashusho kuri Email kandi abizi neza ko atari we ubasha kuyigeraho wenyine, asaba Urukiko gutegeka ko uyu muhanzi na we akurikiranwa.

Yagize ati “Turasaba Urukiko ko mu bubasha bwarwo rwategeka ko Yampano atangira gukurikiranwaho gusakaza ayo mashusho kuko yayashyize kuri Email kandi abizi neza ko atariwe wenyine uyikoresha.”

Kuri K-John, Ubushinjacyaha bwavuze ko iperereza ryagaragaje ko hari ifoto yafashe akoherereza umuhanzi witwa Papa Cyangwe, amubwira iby’ariya mashusho, amubwira ko yamaze kujya hanze.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze uyu K-John yarasabye uwitwa Kwizera Nestor uzwi nka Pappy Nesta ariya mashusho, akayamuha, ku buryo hari ikibyihishe inyuma.

Hari kandi umutangabuhamya uzwi nka Njuga wavuze ko yahuriye muri resitora n’aba bombi K-John na Pazzo, bakamwereka ariya mashusho.

K-John we yahakanye ibyaha, avuga ko ifoto yavuzwe yayibonye muri Kamena uyu mwaka ku rubuga rwa WhatsApp yashyizweho n’umuntu wavugaga ko umuha amafaranga amuha amashusho ya yampano ari gukora iminonano mpuzabitsina.

Ngo koherereza iriya foto Papa Cyangwe, yashakaga kubimumenyesha nk’umuhanzi wari umaze gukorana indirimbo na Yampano.

Umunyamategeko wunganira K-John yavuze ko kuba umuliya we yarasabye ariya mashusho ndetse akayahabwa, bidakwiye kuba impamvu zigize icyaha, kuko icyaha ari ukuyasakaza, nyamara we atarigeze abikora.

Nyuma yo kumva imyiregurire, Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwapfundikiye urubanza, rwanzura ko ruzasoma icyemezo cyarwo ku ifungwa tariki 11 Ugushyingo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + seventeen =

Previous Post

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Next Post

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.