Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

radiotv10by radiotv10
02/01/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
Share on FacebookShare on Twitter

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo abahanzi bafatwa nk’abayoboye muzika nyarwanda uyu munsi, Bruce Melodie na The Ben, cyakurikiwe n’impaka z’uwarushije undi.

Iki gitaramo ‘The New Year Gloove’ cyabaye mu ijoro ryacyeye ry’umunsi wa mbere w’umwaka wa 2026, muri BK Arena yari yakubise yuzuye abafana b’aba bahanzi, bamwe banaje mu buryo budasanzwe bisize amarangi, abandi bambaye imyambaro igaragaza umuhanzi baje gushyigikira.

Abanyamakuru Anita Pendo na Lucky Nzeyimana, ni bo bari abashyushyarugamba muri iki gitaramo, cyabanje kwigaragazamo abahanzi bato, nka Diez Dola, Alto na Gisa cy’Inganzo umaze igihe mu muziki ariko wagiye awuburamo.

Habura iminota micye ngo isaha ya saa tanu igere, Bruce Melodie yinjiye ku rubyiniro mu buryo budasanzwe, yakiranwa urugwiro rwinshi n’abafana, bavugaga mu majwi bati “Munyakazi”.

Uyu muhanzi yaririmbye indirimbo ze zizwi nka Heads Up, Ikinyafu, Sawa Sawa ndetse na Funga Macho, yafatanyaga n’abafana be ijambo ku rindi.

Habura iminota micye ngo saa saba z’ijoro rya none tariki 02 Mutarama 2026 zigere, Umuhanzi The Ben na we yageze ku rubyiniro, na we yakiranwa urugwiro rwinshi, aho yaje aririmba indirimbo ‘Indabo Zanjye’ aheruka gushyira hanze.

Yanakomereje ku ndirimbo zinyuranye, zirimo Why yakoranye na Diamond Platinumz, Ndi uw’i Kigali yaririmbanye n’abahanzi nka Meddy n’umuraperi K8 Kavuyo.

Bamwe mu bahanzi bakoranye na The Ben, nka Tom Close yanashimiye kuba ari we pfundo ryo kuba umuhanzi kwe, n’Umunya-Uganda Rema Namakula, basanze uyu muhanzi ku rubyiniro, baririmbana indirimbo bakoranye.

 

Impaka z’abafana zakomeje

Nyuma y’iki gitaramo, impaka zakomeje, aho bamwe mu bakunzi b’umuziki, basesenguraga imigendekere yacyo, bamwe bavuga ko umuhanzi bafana yarushije uwo bafatanaga.

Gusa bimwe mu bivugwa mu mpaka nk’izumvikanye mu kiganiro mpuzambaga ‘Space’ cyabaye kuri X [Twitter] bamwe mu bafana bavuze ko Bruce Melodie yahacanye umucyo, kuko yashimishije abantu kurusha mugenzi we The Ben ari na we wari wamutumiye muri iki gitaramo.

Umwe mu bafana witwa Kabano Franco usanzwe ashyigikira ibikorwa by’imyidagaduro dore ko na we asanzwe ari umunyamideli, yavuze ko nubwo yafanaga The Ben, ariko “Bruce Melodie yamurushije, yadushimije kumurusha.”

Abandi na bo bavuga ko The Ben yaririmbye zimwe mu ndirimbo ze mu buryo bwa Playback, ibintu bitanyuze bamwe mu bakunzi be, bavuze ko bifuzaga ko aririmba mu buryo bwa Live ibihangano bye byose.

Bruce Melodie yaje ku rubyiniro mbere ya The Ben

The Ben na we yaje kuhasesekara

Bruce Melodie yahise ajya mu bafana na we akurikira The Ben aririmba

The Ben yashimiye Tom Close wamwinjije mu muziki

Photos/Igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Next Post

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n'umugabo we w'Umunya-Israel benda kwibaruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.