Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

radiotv10by radiotv10
14/01/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku ifungwa ry’agateganyo, yemera bimwe mu byaha ashinjwa, gusa akavuga ko atari yabigambiriye.

Uyu muvangamiziki akurikiranyweho ibyaha bine, birimo icy’ubwicanyi budaturutse ku bushake gishingiye ku kuba yaragonze umupolisi agahita ahasiga ubuzima.

Aregwa kandi icyaha cyo guhunga umaze guteza cyangwa se gukora impanuka, icyo gukoresha ibiyobyabwenge cyangwa se urusobe ry’ibiyobyabwenge, ndetse n’icyo kwanga ko bagusuzumisha ibyuma bipima ko wanyoye ibisindisha.

Ni ibyaha byose yatangiye gukurikiranwaho nyuma yuko akoze impanuka yabaye mu ijoro ryo ku ya 20 Ukuboza 2025, ubwo DJ Toxxyk yagongeraga nyakwigendera ahazwi nka Peyaje mu Mujyi wa Kigali.

Mu iburana ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ryabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Mutarama 2026, Ubushinjacyaha busabira uregwa gukurikiranwa afunze, bwagaragaje ibimenyetso bushingiraho bushinja uregwa kuri buri cyaha.

Ku cyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, Ubushinjacyaha bwabwiye Urukiko ko mu rugo rw’uyu Mu-Dj hasanzwe udupfunyika tubiri tw’urumogi, kandi mu ibazwa yakorewe mu Bugenzacyaha, yiyemereye ko akoresha iki kiyobyabwenge kuva muri 2021, akanasobanura uburyo agikoresha.

Ku cyaha cy’ubwicanyi budaturutse ku bushake, Ubushinjacyaha buvuga ko uregwa yagonze Umupolisi wari mu kazi, ubwo yashakaga kumuyobora inzira anyura, aho kubyubahiriza agahita amugonga.

Naho ku cyaha cyo guhunga wakoze cyangwa se wateje impanuka, DJ Toxxyk yashinjwe kuba yarahise ajya i Karongi nyuma yo kugonga uriya mupolisi.

Ubushinjacyaha kandi bwaboneyeho gusaba Urukiko kwemeza ko uregwa akurikiranwa afunze, kuko aregwa ibyaha bikomeye, kandi n’ibimenyetso byagezweho mu iperereza bihagije kuba yatuma ahamwa na byo, ndetse ko kuba yakurikiranwa afunze ari bwo buryo bwizewe bwatuma adatoroka ubutabera, ndetse no kurinda ko yakomeza gukoresha ibiyobyabwenge.

 

Uregwa yemeye bimwe mu byaha

DJ Toxxyk wahawe umwanya ngo agire icyo avuga, yemera icyaha cy’ubwicanyi budaturutse ku bushake ndetse n’icyo guhunga umaze guteza cyangwa se gukora impanuka.

Uregwa yavuze ko ubwo Umupolisi yamuhagarikaga, yari yafashwe n’agatotsi, ntamenye uko byagenze ngo amugonge, kuko yisanze yuriye utununga two ku muhanda tuzwi nka Borodire, bikarangira yagonze umupolisi.

DJ Toxxyk yavuze ko nyuma yo kubona ko yagonze uwo mupolisi, hari inshuti ye bari kumwe yamubwiye ko nahagarara bahita babarasa, bikaba ari byo byatumye akomeza kugenda.

Ku cyaha cyo guhunga, yavuze ko nyuma yuko biriya bibaye, yahise ajya gusiga imodoka kuri imwe muri Hoteli zo mu Mujyi wa Kigali, agahita ajya kugisha inama inshuti ye i Karongi.

Umucamanza yabagije uregwa impamvu yagiye i Karongi, avuga ko yari agiye kugisha inama iyo nshuti ye, kandi ko ari na we wamuturishije kuko yari yataye umutwe.

Uregwa yahakanye ibyaha bibiri; icyo gukoresha ibiyobyabwenge n’icyo kwanga ko bamupima, avuga ko urumogi rwasanzwe iwe atazi aho rwaturutse, kandi ko n’ibyanditswe mu ibazwa ryo mu Bugenzacyaha by’uburyo akoresha urumogi, atazi aho byaturutse. Yahakanye kandi ko atanze ko bamupima, kuko yabyemeye.

Ku cyifuzo cy’Ubushinjacyaha ko uregwa yakurikiranwa afunzwe by’agateganyo, DJ Toxxyk yavuze ko yarekurwa agakurikiranwa ari hanze, kuko adashobora kugira icyo abangamira mu iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Next Post

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Related Posts

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mu rugo rw’umuhanzi w’umuraperi Ngenzi Serge wamenyekanye nka Neg G The General, utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.