Monday, May 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyorezo cya Ebola cyakajije umurego muri Congo

radiotv10by radiotv10
18/05/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Icyorezo cya Ebola cyakajije umurego muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Icyorezo cya Ebola cyo mu bwoko bwa Bundibugyo gikomeje gukwirakwira cyane muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho kimaze guhitana abantu barenga 80 ndetse kikaba cyageze no mu mujyi munini wa Goma.

Ibi byatumye Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita kubuzima ritangaza ibihe bidasanzwe by’ubuzima ku rwego mpuzamahanga, kubera impungenge z’uko ubukana nyabwo bw’iki cyorezo bushobora kuba burenze cyane imibare imaze gutangazwa.

Professeur Jean-Jacques Muyembe, uyobora Ikigo cy’Ubushakashatsi mu by’Ubuzima cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (National Institute of Biomedical Research), yemeje ko ahibasiwe cyane n’iki cyorezo cya Ebola ari mu gace  ka Mongbwalu, aho ubwandu bwahise bukwirakwira vuba, bugera i Bunia, Rwampara ndetse ubu bukaba bwanageze i Goma.

Abashinzwe ubuzima baraburira ko iki cyorezo kiri kugera mu duce dutuwe cyane kandi turimo umutekano muke, ibintu biri gutuma kukigenzura no kugihashya birushaho kugorana.

Professeur Jean-Jacques Muyembe yagize ati “Ni icyorezo kizakwirakwira vuba cyane… muri iyi ntara harimo imitwe myinshi yitwaje intwaro. Ibyo ni byo bizatuma guhangana n’iki cyorezo bigorana cyane, cyane cyane.”

Umuyobozi Mukuru w’ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe ubuzima, Tedros Adhanom Ghebreyesus, yatangaje ko ubu iki cyorezo cya Ebola cyabaye ikibazo gihangayikishije urwego rw’ubuzima ku rwego mpuzamahanga (Public Health Emergency of International Concern).

Tedros yavuze ko nubwo iyi virus kugeza ubu itaragera ku rwego rwo gufatwa nk’icyorezo mpuzamahanga cya pandemic, hakiri impungenge zikomeye ku mubare nyakuri w’abanduye ndetse n’aho icyorezo gishobora kuba kimaze kugera.

Hagati aho, ikigo nyafurika gishinzwe kurwanya no gukumira Ibiza,  frica CDC  cyatangaje ko abantu 88 bamaze guhitanwa na Ebola, mu gihe abantu 336 bakekwaho kuyandura.

ihuriro ry’abaganga batagira imipaka, rikaba ryatangaje ko riri gutegura ibikorwa bikomeye byo gutabara no guhangana n’iki cyorezo, rivuga ko uburyo kiri gukwirakwira vuba biteye impungenge cyane.

Iyi virusi ya Ebola yo mu bwoko buzwi nka Bundibugyo, yagaragaye bwa mbere mu mwaka wa 2007.

Bitandukanye n’ubundi bwoko bwa ebola buzwi nka Zaire ,bwo hari inkingo zabwo zisanzwe zikoreshwa, ubwoko bwa Bundibugyo nta rukingo rwemewe cyangwa umuti wihariye burabonerwa kugeza ubu. Kandi bushobora kugira ubukana bwo guhitana kugeza kuri 50% by’ababwanduye.

Minisitiri w’Ubuzima wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Samuel-Roger Kamba yemeje ko umurwayi wa mbere wanduye ari umuforomokazi wagaragaje ibimenyetso by’iyi ndwara i Bunia ku wa 24 Mata 2026

Igihugu cya Uganda na cyo cyatangaje ko umuntu umwe yamaze gupfa azize ubu bwoko bwa Ebola bwa Bundibugyo.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − ten =

Previous Post

RIB yemeje ifungwa ry’umuhanzi Yampano inatangaza ibyaha akurikiranyweho

Related Posts

America yemeje ikindi gitero gikomeye kuri Islamic State muri Nigeria nyuma y’ikishe uwari ukomeye

America yemeje ikindi gitero gikomeye kuri Islamic State muri Nigeria nyuma y’ikishe uwari ukomeye

by radiotv10
18/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za America muri Afurika, bwemeje ko iki gisirikare gifatanyije n'icya Nigeria bagabye ikindi gitero ku mutwe w’Iterabwoba wiyita...

Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa

Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa

by radiotv10
16/05/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yatangaje ko we na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, bemeranyije ko...

Hemejwe ko icyorezo cya Ebola cyagarukanye ubukana mu burasirazuba bwa Congo

Hemejwe ko icyorezo cya Ebola cyagarukanye ubukana mu burasirazuba bwa Congo

by radiotv10
15/05/2026
0

Ikigo gishinzwe kurwanya no gukumira ibyorezo muri Afurika (Africa CDC) cyemeje ko icyorezo cya Ebola cyubuye umutwe mu Ntara ya...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yeruriye amahanga ko idashobora gukomeza kubahiriza amasezerano ireba uruhande bahanganye rutabikozwa

by radiotv10
15/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko budashobora gukomeza kubahiriza amasezerano bwagiranye na Leta ya DRC nyamara yo ikomeje kuyarengaho igaba ibitero...

Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura

Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura

by radiotv10
14/05/2026
0

Wes Streeting yeguye ku mwanya wa Minisitiri w’Ubuzima muri Guverinoma y’u Bwongereza, avuga ko atagifitiye icyizere imiyoborere ya Minisitiri w’Intebe...

IZIHERUKA

Icyorezo cya Ebola cyakajije umurego muri Congo
AMAHANGA

Icyorezo cya Ebola cyakajije umurego muri Congo

by radiotv10
18/05/2026
0

Umuhanzi ukizamuka mu Rwanda ahishuye ibitari bizwi ku kibazo yagiranye n’umunyamakuru ukomeye

RIB yemeje ifungwa ry’umuhanzi Yampano inatangaza ibyaha akurikiranyweho

18/05/2026
Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

18/05/2026
Rubavu: Impamvu nshya ivugwaho gutuma abagabo bata ingo zabo ntivugwaho rumwe

Rubavu: Impamvu nshya ivugwaho gutuma abagabo bata ingo zabo ntivugwaho rumwe

18/05/2026
Abasirikare b’u Rwanda bari muri Centrafrique nyuma yo kuzanira amahoro abaturage barifuza ko banidagadura

Abasirikare b’u Rwanda bari muri Centrafrique nyuma yo kuzanira amahoro abaturage barifuza ko banidagadura

18/05/2026
Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka

Kamonyi: Minisitiri Bizimana yibukije isomo rikomeye Abanyarwanda bagomba gukura mu Kwibuka

18/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyorezo cya Ebola cyakajije umurego muri Congo

RIB yemeje ifungwa ry’umuhanzi Yampano inatangaza ibyaha akurikiranyweho

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.