Monday, May 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 irashinja FDLR kwica umusaza wari umunyamahoro

radiotv10by radiotv10
18/05/2026
in AMAHANGA
0
Uwahoze muri FDLR avuze ikintu gikomeye cyamubayeho akibona RDF gikwiye kubera isomo FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kugaba ibitero mu bice binyuranye, birimo icyagabwe n’umutwe wa FDLR ukica umusaza w’imyaka 77.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka kuri uyu wa Mbere tariki 18 Gicurasi 2026, wavuze ko ibi bitero byagabwe kuva kuri iki Cyumweru tariki 17.

Yavuze ko ibi bitero birimo ibyagabwe mu duce dutuwemo n’abaturage benshi twa Gakenke, Mikenke, na Rugezi mu misozi miremire ya Minembwe.

Yagize ati “Ibi bitero byagabwe hakoreshejwe indege zitagira abapilote za KT-6 n’indege zitagira abapilote za kamikaze, zibasiye abaturage b’inzirakarengane.”

Lawrence Kanyuka kandi yakomeje avuga ko kuri uyu wa Mbere tariki 18 Gicurasi 2026, “mu gitondo saa saba n’iminota mirongo ine n’itanu za mu gitondo, umutwe wa FDLR winjiye mu mujyi wa Bambo, mu gace ka Kabanda, aho bishe umuturage w’umunyamahoro witwa Nzirorera Nsekuye, w’imyaka 77.”

Umuvugizi wa AFC/M23 yavuze kandi ko “aba bagabye igitero banashimuse abandi basivili babiri, Munenge Samuel na Karuhije Innocent, mu gace ka Kabuye.”

Kanyuka kandi avuga ko mu gihe uruhande bahanganye rwahinduye imikorere y’ibikorwa by’ubugome ruru gukora rukanongera imbaraga muri byo, umuryango mpuzamahanga ukomeje kuruca ukarumira.

Yavuze ko ihuriro AFC/M23 ryo rigikomeye ku ntego yaryo yo kurengera abaturage b’abasivile bityo ko rizakomeza gukora ibishoboka byose rigahangana n’ibi bitero byose bikorwa n’uruhande bahanganye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + eighteen =

Previous Post

Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

Related Posts

Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

by radiotv10
18/05/2026
0

Ishami rya Polisi ya Uganda rishinzwe iperereza, ryafatiriye imodoka yo mu bwoko bwa Rolls-Royce igura ibihumbi 600 USD (miliyoni 800...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo yabaye nk’ihagarika ubuzima

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo yabaye nk’ihagarika ubuzima

by radiotv10
18/05/2026
0

Abanyakenya baramukiye mu myigaragambyo mu mihanda imwe n’imwe i Nairobi bamagana itumbagira ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli, yatumye urujya n’uruza n’ubucuruzi...

America yemeje ikindi gitero gikomeye kuri Islamic State muri Nigeria nyuma y’ikishe uwari ukomeye

America yemeje ikindi gitero gikomeye kuri Islamic State muri Nigeria nyuma y’ikishe uwari ukomeye

by radiotv10
18/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za America muri Afurika, bwemeje ko iki gisirikare gifatanyije n'icya Nigeria bagabye ikindi gitero ku mutwe w’Iterabwoba wiyita...

Icyorezo cya Ebola cyakajije umurego muri Congo

Icyorezo cya Ebola cyakajije umurego muri Congo

by radiotv10
18/05/2026
0

Icyorezo cya Ebola cyo mu bwoko bwa Bundibugyo gikomeje gukwirakwira cyane muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho kimaze guhitana...

Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa

Perezida Trump yahishuye bimwe mu byo yemeranyijweho na Xi Jinping w’u Bushinwa

by radiotv10
16/05/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yatangaje ko we na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, bemeranyije ko...

IZIHERUKA

Uwahoze muri FDLR avuze ikintu gikomeye cyamubayeho akibona RDF gikwiye kubera isomo FARDC
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja FDLR kwica umusaza wari umunyamahoro

by radiotv10
18/05/2026
0

Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

18/05/2026
Muri Kenya hadutse imyigaragambyo yabaye nk’ihagarika ubuzima

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo yabaye nk’ihagarika ubuzima

18/05/2026
Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

Indi mipaka ihuza u Rwanda na Congo yafunzwe nyuma y’amasaha macye hari ifunzwe kubera Ebola

18/05/2026
Umuhanzi ukizamuka mu Rwanda ahishuye ibitari bizwi ku kibazo yagiranye n’umunyamakuru ukomeye

RIB yemeje ifungwa ry’umuhanzi Yampano inatangaza ibyaha akurikiranyweho

18/05/2026
Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

18/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja FDLR kwica umusaza wari umunyamahoro

Imodoka y’akaraboneka y’umunyapolitiki uzwi muri Uganda yajyanywe n’inzego z’iperereza

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo yabaye nk’ihagarika ubuzima

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.