Saturday, October 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Aba mbere batawe muri yombi: Amakuru mashya ku bafana ba Kiyovu batutse Mukansanga

radiotv10by radiotv10
27/01/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Aba mbere batawe muri yombi: Amakuru mashya ku bafana ba Kiyovu batutse Mukansanga
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze guta muri yombi bamwe mu bafana ba Kiyovu Sports, bakurikiranyweho gukoresha imvugo zirimo ibitutsi n’icyaha cy’ivangura, bakekwaho gukorera umusifuzi Mukansanga Rhadia Salma ubwo bamutukaga ibitutsi birimo n’ibikojeje isoni.

Aba bafana ba Kiyovu Sports bakekwaho gusagarira uyu musifuzi mpuzamahanga ubwo iyi kipe yakinaga umukino wa shampiyona na Gasogi United wabaye tariki 20 Mutarama 2023 kuri sitade ya Bugesera.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko rwataye muri yombi abafana batandatu bakekwaho kugira uruhare muri ibi bikorwa byo gusagarira Mukansanga.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yemereye RADIOTV10 ko aba bafana batandatu batawe muri yombi kuri uyu wa Kane tariki 26 Mutarama 2023.

Abatawe muri yombi ni; Nishimwe Madina, Harerimana Aziz, Salima Jeanne, Ikitegetse Fatuma, Nsengimana Hamza na Birimana Abdulubasta.

Dr Murangira yagize ati “Bakurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha imvugo zirimo ibitutsi bigize icyaha cyo gutukana mu ruhame ndetse n’icyaha cy’ivangura.”

Umuvugizi wa RIB avuga ko abafashwe bafungiye kuri sitasiyo zitandukanye, iya Kicukiro, iya Kacyiru n’iya Remera II.

Ati “Iperereza rirakomeje mu gihe dosiye irimo gukorwa ngo ishyikirizwe ubushinjacyaha ndetse hagishakishwa n’abandi babigizemo uruhare.”

Dr Murangira kandi yaboneyeho kugira inama abakunzi b’imikino ko mu gihe bari gufana no kogeza, bajya babikorana ubwubahane bakirinda gukoresha imvugo zibasira abandi n’izigize ibyaha.

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports kandi kuri uyu wa Kane tariki 26 Mutarama 2023, bwitabye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) kugira ngo baganire kuri iki kibazo cy’aba bafana.

Iri shyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru kandi riherutse gutangaza ko komisiyo ishinzwe imyitwarire, yakiriye dosiye y’iki kibazo ndetse ikaba yatangiye kugikurikirana, inasezeranya ko izafata ibyemezo mu gihe cya vuba.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo wanagize icyo avuga kuri iki cyemezo cya FERWAFA, yayishimiye kuba yinjiye muri iki kibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 2 =

Previous Post

Rusizi: Inkuru ibabaje y’umukobwa ukiri muto bakekaho kwiyahura ku mpamvu y’amayobera

Next Post

Isomo ku bakobwa babenga ababafashije: Ibyabaye ku wipakuruye uwo yari yemereye kuzamubera umugore biratangaje

Related Posts

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Umunyamakurukazi Clarisse Uwimana uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda, ari mu bahawe inshingano mu bagize za Komisiyo z’Ishyirahamwe ry’Umupira...

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

by radiotv10
24/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko riri mu biganiro na FIFA kugira ngo shampiyona yo mu Rwanda itangire...

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Hatangajwe ibyemezo byafatiwe abasifuzi bayoboye imikino yazamuye impaka irimo uwa APR na Mukura

by radiotv10
23/10/2025
0

Komisiyo ishinzwe imisifurire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yatangaje ibyemezo bishya bifitanye isano n’imikino ibiri ya Shampiyona iheruka...

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

Ibivugwa nyuma yuko hagiye hanze amajwi ya Perezida wa Rayon

by radiotv10
22/10/2025
0

Rugema Jocyline bakunze kwita 'Mado' yeguye ku mwanya w’ubunyamabanga muri Fan Base ya Rayon Sports FC, urwego ruhurije hamwe za...

Kigali igiye kwakira ibindi birori by’umukino w’amagare nyuma ya UCI Road World Championships

Kigali igiye kwakira ibindi birori by’umukino w’amagare nyuma ya UCI Road World Championships

by radiotv10
22/10/2025
0

Nyuma yuko Umujyi wa Kigali wakiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare, uyu Murwa Mukuru w’u Rwanda ugiye no kwakira ibirori byo guhemba...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA
FOOTBALL

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Isomo ku bakobwa babenga ababafashije: Ibyabaye ku wipakuruye uwo yari yemereye kuzamubera umugore biratangaje

Isomo ku bakobwa babenga ababafashije: Ibyabaye ku wipakuruye uwo yari yemereye kuzamubera umugore biratangaje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.