Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Abafana bemerewe kujya kuri stade batipimishije COVID-19

radiotv10by radiotv10
27/01/2022
in SIPORO
0
Abafana bemerewe kujya kuri stade batipimishije COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Kane tariki 27 Mutarama 2022, Minisiteri ya Siporo yatangaje amabwiriza mashya ajyanye n’imikino ndetse n’abafana ku kibuga, aho hatagaragaramo kwipimisha kuri buri mukino nk’uko mu minsi ishize byari bimeze.

UKO AMABWIRIZA ATEYE:

Hashingiwe ku Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 26 Mutarama 2022, Minisiteri ya Siporo itangaje amabwiriza avuguruye agenga ibikorwa bya siporo n’imikino mu buryo bukurikira:

  1. Imikino y’abantu ku giti cyabo bakoreye hanze izakomeza hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19;
  2. Ibikorwa bya siporo mu matsinda bikorewe hanze biremewe. Ababikora bagomba ubahiriza ingamba zo kwirinda zizimo guhana intera, gukaraba intoki kenshi, no kwambara agapfukamunwa igihe batari mu myitozo ibasaba imbaraga nyinshi;
  3. Ibikorwa by’imyitozo n’imikino y’amatsinda atarabigize umwuga ndetse n’ibikorwa

by’imyitozo yigisha abakiri bato byemerewe gusubukurwa. Ababyitabira bose bagomba kuba barikingije COVID-19 (uretse abari munsi y’imyaka 12). Igenzurwa rya hato na hato rizajya rikorwa hagamijwe kureba ko aya mabwiriza yubahirizwa;

  1. Inzu zikorerwamo imyitozo ngororamubiri zemerewe gukora. Abazigana bagomba kuba barikingije COVID-19, kandi bakagaragaza ko bipimishije mu gihe cy’amasaha 72 kandi bakaba nta bwandu bafite.
  2. Amarushanwa n’imikino y’imbere mu gihugu:

-Imyitozo y’amakipe y’Igihugu na Clubs ari mu mwiherero yitegura imikino mpuzamahanga azakomeza. Aho imyitozo ibera hagomba gushyirwa ingamba zo kwirinda COVID-19;

-Imyitozo, imikino n’amarushanwa bitegurwa n’ingaga za siporo mu gihugu byemerewe gusubukurwa. Ingaga zisabwe gushyiraho amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 agomba gushyirwa mu bikorwa akubahirizwa n’abanyamuryango bayo.

-Ingaga zisabwe gutanga raporo y’ibipimo bya COVID-19 byafashwe ku munsi w’umukino igashyikirizwa MINISPORTS mu gihe kitarenze amasaha 24.

-Ingaga zisabwe kujya zitangaza amabwiriza n’ingamba zo kwirinda COVID-19 akurikizwa ahabera imyitozo n’amarushanwa;Abafana baremerewe mu mikino ku kigero cya 50% cy’ubushobozi bw’aho umukino wabereye. Bagomba kuba barikingije inkingo zose ziteganijwe kandi bakubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yagenewe ahabera imikino;

-Ingaga zizagaragaraho kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 zizafatirwa ibihano.

  1. Siporo n’Imikino mu Mashuri

-Isomo ry’ingororangingo na siporo mu mashuri rirakomeza. Ubuyobozi bw’ishuri bufite inshingano zo gushyiraho ingamba zo kwirinda COVID-19 no gukurikirana ko zubahirizwa;

-Amarushanwa ahuza ibigo by’amashuri yemerewe gusubukurwa.

-Urugaga Nyarwanda rwa Siporo mu Mashuri (FRSS) ruzageza ku mashuri yose amabwiriza yo kwirinda COVID-19 azajya agenga aya marushanwa.

MINISPORTS ishishikariza abakinnyi, abatoza, abafite imirimo mu rwego rwa siporo bose ko bagomba kwikingiza byuzuye, ndetse abujuje ibisabwa bagahabwa urukingo rushimangira kugira ngo bakomeze kwirinda icyorezo cya COVID-19.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 17 =

Previous Post

Perezida Kagame yazamuye mu mapeti Abapolisi 4.500 barimo bane bagizwe ba ACP

Next Post

Biravugwa ko inzira zabaye ebyiri kwa Social Mula n’umugore we bafitanye abana babiri

Related Posts

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
08/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamerika Darren Jason Watkins Jr., uzwi cyane ku mbuga za YouTube na Twitch ku izina rya iShowSpeed, ategerejwe mu Rwanda...

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

Dore ubutumwa bwose umukinnyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda yakoresheje asezera burundu ruhago

by radiotv10
08/01/2026
0

Rutanga Eric wakiniye amakipe arimo akomeye mu Rwanda nka Rayon Sports na APR FC, yatangaje ko yasezeye gukina nk’uwabigize umwuga,...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga wamamaye mu gikombe cya Afurika nka Lumumba kubera kwigaragaza nk’uyu munyapolitiki, warebaga imikino y’Ikipe y’Igihugu ya DRC...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Biravugwa ko inzira zabaye ebyiri kwa Social Mula n’umugore we bafitanye abana babiri

Biravugwa ko inzira zabaye ebyiri kwa Social Mula n’umugore we bafitanye abana babiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.