Saturday, March 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

radiotv10by radiotv10
19/12/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Icyotonderwa: Ifoto ntihuye n'ibivugwa mu nkuru. Yakuwe kuri internet mu buryo bwo kuyifashisha

Share on FacebookShare on Twitter

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse kwitaba Imana.

Aba bafurere batawe muri yombi hamwe n’abandi bantu babiri, nyuma y’urupfu rwa Frere Benoit Hategekimana wayoboraga ishuri ribanza rya EP Autonome de Butare, witabye Imana tariki 02 Nzeri uyu mwaka.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Umunota.com avuga ko dosiye y’aba bihayimana yamaze gutunganywa, ndetse kuri uyu wa Kane tariki 18 Ukuboza 2025 ikaba yarashyikirijwe Ubushinjacyaha.

Aba Bafurere ndetse n’abandi bantu babiri bafite aho bahuriye na ririya shuri ryayoborwaga na nyakwigendera, bakurikiranyweho icyaha cyo kwirengagiza gutabara umuntu uri mu kaga, ndetse n’icyo kuzimanganya ibimenyetso.

Abakurikiranyweho ibi byaha, ubu bafungiwe kuri Stasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ya Ngoma.

Amakuru avuga ko nyakwigendera yari kumwe na bagenzi be bakajya gusangira n’umwe muri bagenzi babo, bataha saa saba z’ijoro ariko nyakwigendera arembye, aho kumujyana kwa muganga, umwe ajya kumuryamisha aho babaga.

Ngo byageze saa cyenda z’ijoro, nyakwigendera Frere Benoit ajyanwa mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Butare, CHUB, ariko ko yagezeyo yamaze gushiramo umwuka nk’uko byemejwe n’umuganga wamwakiriye.

Ibi ni byo byatumye aba barimo Abafurere babiri, bakukiranwaho ibyaha birimo icyo kwirengagiza gutabara umuntu uri mu kaga, gihanishwa igifungo kuva k’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka itatu n’ihazabu iri hagati ya 300.000 Frw na 500.000 Frw.

Ni mu gihe icyaha cyo kuzimanganya ibimenyetso, giteganywa n’ingingo ya 245 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, cyo gihanishwa igifungo kuva ku myaka ibiri ariko kitarenze itatu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda hagati ya 500.000 Frw na miliyoni 1 Frw.

RADIOTV10

Comments 1

  1. KUSH says:
    3 months ago

    ariko aba catolique wagirango ni uwaturoze kunywa inzoga,umenya ari ukubera zimwepadiri yiranguuza ati nimunyweho mwese ubundi akagotomera wenyine

    Reply

Leave a Reply to KUSH Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Next Post

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Related Posts

Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

by radiotv10
20/03/2026
0

Mufti w’u Rwanda, Sheikh Mussa Sindayigaya yibukije abayisilamu ko nubwo barangije Igisibo Gitagatifu cya Ramadhan, ariko bagomba gukomeza kurangwa no...

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

by radiotv10
20/03/2026
0

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango igaragaza ko uturere twa Gisagara, Nyamagabe na Kamonyi turi ku isonga mu kugira umubare munini w’abana...

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

by radiotv10
20/03/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Umunyarwandakazi Madamu Louise Mushikiwabo; yavuze ko ari "umukandida wishimiye cyane" mu matora azahatanira...

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

by radiotv10
20/03/2026
0

Every month, many girls and women have their period. A period is when blood comes out of the body through...

Washington’s diplomatic drift: power has replaced partnership and realpolitik

Washington’s diplomatic drift: power has replaced partnership and realpolitik

by radiotv10
19/03/2026
0

In the span of just one year, the United States has managed to unsettle allies, escalate conflict in the Middle...

IZIHERUKA

FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake
AMAHANGA

FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

by radiotv10
20/03/2026
0

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

20/03/2026
Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

20/03/2026
Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

Netanyahu yizeje ko intambara ishobora kurangira vuba kuruta uko byatekerezwaga

20/03/2026
Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

20/03/2026
Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

20/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.