Tuesday, February 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

radiotv10by radiotv10
19/12/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Icyotonderwa: Ifoto ntihuye n'ibivugwa mu nkuru. Yakuwe kuri internet mu buryo bwo kuyifashisha

Share on FacebookShare on Twitter

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse kwitaba Imana.

Aba bafurere batawe muri yombi hamwe n’abandi bantu babiri, nyuma y’urupfu rwa Frere Benoit Hategekimana wayoboraga ishuri ribanza rya EP Autonome de Butare, witabye Imana tariki 02 Nzeri uyu mwaka.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Umunota.com avuga ko dosiye y’aba bihayimana yamaze gutunganywa, ndetse kuri uyu wa Kane tariki 18 Ukuboza 2025 ikaba yarashyikirijwe Ubushinjacyaha.

Aba Bafurere ndetse n’abandi bantu babiri bafite aho bahuriye na ririya shuri ryayoborwaga na nyakwigendera, bakurikiranyweho icyaha cyo kwirengagiza gutabara umuntu uri mu kaga, ndetse n’icyo kuzimanganya ibimenyetso.

Abakurikiranyweho ibi byaha, ubu bafungiwe kuri Stasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ya Ngoma.

Amakuru avuga ko nyakwigendera yari kumwe na bagenzi be bakajya gusangira n’umwe muri bagenzi babo, bataha saa saba z’ijoro ariko nyakwigendera arembye, aho kumujyana kwa muganga, umwe ajya kumuryamisha aho babaga.

Ngo byageze saa cyenda z’ijoro, nyakwigendera Frere Benoit ajyanwa mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Butare, CHUB, ariko ko yagezeyo yamaze gushiramo umwuka nk’uko byemejwe n’umuganga wamwakiriye.

Ibi ni byo byatumye aba barimo Abafurere babiri, bakukiranwaho ibyaha birimo icyo kwirengagiza gutabara umuntu uri mu kaga, gihanishwa igifungo kuva k’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka itatu n’ihazabu iri hagati ya 300.000 Frw na 500.000 Frw.

Ni mu gihe icyaha cyo kuzimanganya ibimenyetso, giteganywa n’ingingo ya 245 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, cyo gihanishwa igifungo kuva ku myaka ibiri ariko kitarenze itatu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda hagati ya 500.000 Frw na miliyoni 1 Frw.

RADIOTV10

Comments 1

  1. KUSH says:
    2 months ago

    ariko aba catolique wagirango ni uwaturoze kunywa inzoga,umenya ari ukubera zimwepadiri yiranguuza ati nimunyweho mwese ubundi akagotomera wenyine

    Reply

Leave a Reply to KUSH Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Next Post

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Related Posts

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
03/02/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yibukije abantu ko kuba ababyeyi bitabaha uburenganzira bwo guhohotera abana babo,...

Itangazamakuru rikwiye kwigisha uburinganire bw’abagore n’abagabo naryo riravugwamo ko bugicumbagira

Itangazamakuru rikwiye kwigisha uburinganire bw’abagore n’abagabo naryo riravugwamo ko bugicumbagira

by radiotv10
03/02/2026
0

Ubushakashatsi bw’Ikigega Mpuzamahanga gikora ubugenzuzi ku mikorere y’Itangazamakuru GMMP (Global Media Monitoring Project), bwagaragaje ko umubare w’abanyamakuru b’igitsinagore ukiri hasi...

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

by radiotv10
03/02/2026
0

Valens Rwamukwaya wamaze imyaka 38 mu mwuga w’itangazamakuru, irimo 28 yakoreye ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA nk’umukozi ufata amashusho, yitabye Imana....

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

by radiotv10
03/02/2026
0

Nzabamwita Foromina wo mu kagari ka Mpumbu mu murenge wa Bushekeri uherutse kubwirwa n’uwo abereye nyina wabo  bapfaga umugabo ko ukwezi...

Ruhango: Yabanje gukubita ifuni umugore we arangije yica umwana we na we ariyahura

Batatu barimo umugabo n’umugore we bitabye Imana nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
03/02/2026
0

Mu Murenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango, haravugwa impfu z’abantu batatu barimo umugabo n’umugore we, bitabye Imana nyuma yo...

IZIHERUKA

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga
MU RWANDA

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
03/02/2026
0

Itangazamakuru rikwiye kwigisha uburinganire bw’abagore n’abagabo naryo riravugwamo ko bugicumbagira

Itangazamakuru rikwiye kwigisha uburinganire bw’abagore n’abagabo naryo riravugwamo ko bugicumbagira

03/02/2026
Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

03/02/2026
Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

03/02/2026
Ruhango: Yabanje gukubita ifuni umugore we arangije yica umwana we na we ariyahura

Batatu barimo umugabo n’umugore we bitabye Imana nyuma yo gusangira inzoga

03/02/2026
Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

03/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Itangazamakuru rikwiye kwigisha uburinganire bw’abagore n’abagabo naryo riravugwamo ko bugicumbagira

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.