Wednesday, May 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

radiotv10by radiotv10
19/12/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Icyotonderwa: Ifoto ntihuye n'ibivugwa mu nkuru. Yakuwe kuri internet mu buryo bwo kuyifashisha

Share on FacebookShare on Twitter

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse kwitaba Imana.

Aba bafurere batawe muri yombi hamwe n’abandi bantu babiri, nyuma y’urupfu rwa Frere Benoit Hategekimana wayoboraga ishuri ribanza rya EP Autonome de Butare, witabye Imana tariki 02 Nzeri uyu mwaka.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Umunota.com avuga ko dosiye y’aba bihayimana yamaze gutunganywa, ndetse kuri uyu wa Kane tariki 18 Ukuboza 2025 ikaba yarashyikirijwe Ubushinjacyaha.

Aba Bafurere ndetse n’abandi bantu babiri bafite aho bahuriye na ririya shuri ryayoborwaga na nyakwigendera, bakurikiranyweho icyaha cyo kwirengagiza gutabara umuntu uri mu kaga, ndetse n’icyo kuzimanganya ibimenyetso.

Abakurikiranyweho ibi byaha, ubu bafungiwe kuri Stasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ya Ngoma.

Amakuru avuga ko nyakwigendera yari kumwe na bagenzi be bakajya gusangira n’umwe muri bagenzi babo, bataha saa saba z’ijoro ariko nyakwigendera arembye, aho kumujyana kwa muganga, umwe ajya kumuryamisha aho babaga.

Ngo byageze saa cyenda z’ijoro, nyakwigendera Frere Benoit ajyanwa mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Butare, CHUB, ariko ko yagezeyo yamaze gushiramo umwuka nk’uko byemejwe n’umuganga wamwakiriye.

Ibi ni byo byatumye aba barimo Abafurere babiri, bakukiranwaho ibyaha birimo icyo kwirengagiza gutabara umuntu uri mu kaga, gihanishwa igifungo kuva k’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka itatu n’ihazabu iri hagati ya 300.000 Frw na 500.000 Frw.

Ni mu gihe icyaha cyo kuzimanganya ibimenyetso, giteganywa n’ingingo ya 245 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, cyo gihanishwa igifungo kuva ku myaka ibiri ariko kitarenze itatu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda hagati ya 500.000 Frw na miliyoni 1 Frw.

RADIOTV10

Comments 1

  1. KUSH says:
    5 months ago

    ariko aba catolique wagirango ni uwaturoze kunywa inzoga,umenya ari ukubera zimwepadiri yiranguuza ati nimunyweho mwese ubundi akagotomera wenyine

    Reply

Leave a Reply to KUSH Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + one =

Previous Post

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Next Post

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Related Posts

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

by radiotv10
06/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri ku butumire bwa mugenzi we Duma Gideon Boko,...

MTN RWANDA AND INFINIX LAUNCH SMART 20, EXPANDING ACCESS TO RELIABLE SMARTPHONES ACROSS THE COUNTRY

MTN RWANDA AND INFINIX LAUNCH SMART 20, EXPANDING ACCESS TO RELIABLE SMARTPHONES ACROSS THE COUNTRY

by radiotv10
06/05/2026
0

MTN Rwanda, in partnership with Infinix, has officially launched the SMART 20 smartphone, bringing a new level of performance, durability,...

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

by radiotv10
06/05/2026
0

Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney, Komiseri muri Komisiyo y'Igihugu yo Gusezerera no Gusubiza mu Buzima busanzwe Abari Abasirikare, yatangaje ko...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

by radiotv10
06/05/2026
0

General Mubarakh Muganga ari Istanbul muri Türkiye ahari kubera imurika mpuzamahanga ry’intwaro, akaba yanaganiriye na migenzi we w’iki Gihugu General...

Umukozi w’Umurenge ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 1,5Frw akoresheje amayeri ngo yashakaga gukemura akabazo

Umukozi w’Umurenge ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 1,5Frw akoresheje amayeri ngo yashakaga gukemura akabazo

by radiotv10
06/05/2026
0

Umukozi ushinzwe ibururamari mu Murenge wa Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB rumukurikiranyeho kunyereza...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri
MU RWANDA

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

by radiotv10
06/05/2026
0

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

06/05/2026
MTN RWANDA AND INFINIX LAUNCH SMART 20, EXPANDING ACCESS TO RELIABLE SMARTPHONES ACROSS THE COUNTRY

MTN RWANDA AND INFINIX LAUNCH SMART 20, EXPANDING ACCESS TO RELIABLE SMARTPHONES ACROSS THE COUNTRY

06/05/2026
Polisi ya Uganda yafashe abarimo Abanya-Nigeria bakekwaho ibyaha bikomeye inafata intwaro n’imyambaro ya gisirikare

Polisi ya Uganda yafashe abarimo Abanya-Nigeria bakekwaho ibyaha bikomeye inafata intwaro n’imyambaro ya gisirikare

06/05/2026
Umunyeshuri utwite wo muri Kaminuza muri Uganda yapfukamishijwe imbere kubera kwiba telefone

Umunyeshuri utwite wo muri Kaminuza muri Uganda yapfukamishijwe imbere kubera kwiba telefone

06/05/2026
Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

06/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

MTN RWANDA AND INFINIX LAUNCH SMART 20, EXPANDING ACCESS TO RELIABLE SMARTPHONES ACROSS THE COUNTRY

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.