Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagabo ntibumva ukuntu mugenzi wabo warega umugore ko amuhohotera

radiotv10by radiotv10
14/07/2021
in MU RWANDA
0
Abagabo ntibumva ukuntu mugenzi wabo warega umugore ko amuhohotera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagabo baratera utwatsi umugabo wagiye kurega umugore wamukoreye ihohotera ry’ishimishamubiri.

Mu gihe ubushakashatsi bugaragaza ko hari umubare munini w’abagabo bahohoterwa bakaryumaho nyamara amategeko arengera buri wese atitaye ku gitsina, bamwe mu baturage biganjemo abagabo baravuga ko byaba ari nko guca inka amabere umugabo agiye kurega ko yakorewe ihohoterwa by’umwihariko ry’ishimisha mubiri.

Ubushakahstsi bwakozwe n’ikigo cy’ibarurishamibare  mu mwaka ushize,bwagaragaje ko  abgabo barenga 7000 bakorewe ihohoterwa ritandukanye ririmo irishingiye ku gitsina, mu myaka ine ishize.

Gusa ariko ngo n’ubwo  hari ubwo ihohoterwa ryabo ryagaragariraga buri wse, ngo benshi muri bo batinye kubivuga   ku buryo hari abo byasabye ko habazwa inzego z’ubuzima zabakurikiranye ku bikomere by’umubiri bagize.

Mu gihe kandi amategeko arengera mu buryo bungana uwakorewe  ihohoterwa yaba umugabo cyangwa umugore ,abagabo n’abagore  twaganiriye  bahuriza ku kuba byaba ari nko guca  inka amabere umugabo aramutse agiye kurega  yakorewe ihohoterwa by’umwihariko  iry’ishimisha mubiri.

Nsanzimana Innocent  ati” Ubwo se koko umuntu w’umugabo yajya kurega ngo umugore yamukoze mu bwanwa?, reka reka ntibibaho.”

Naho Kamana Aimable we ati” Ni ikosa rikomeye kumva umugabo aregera akantu gato nk’ako ngako. Ahubwo byakamushimishije aho kubabara.”

Icyakora ku rundi ruhande , hari abumva ko bibaye ngombwa umugabo yajya kurega uwamuhohoteye, ariko ngo imbogamizi ni uko babona ntaho babariza ngo bumvwe.

Uwitwa Karamizi  yagize ati ” Birashoboka rwose  ko umugabo yakumva ahohotewe, ariko ikibazo yajya kuregera he?…ko aho agiye  batamwumva..”

Image

Abagabo batandukanye baganiriye na Radio TV10 bahamya ko umugabo mugenzi wabo warega ko yahohotewe n’umugore yaba akoze amahano

Ubushakashatsi bugaragaza ko hagati y’umwaka wa 2016 na 2019, abagabo 7202 bahohotewe, barimo 6.113 bahohotewe mu buryo bubabaza umubiri, naho 1097  bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina .

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rutangaza ko hagati ya 2015 na 2018 rwakiriye ibirego 1.098 bifitanye isano n’amakimbirane yo mu muryango birimo ibyo gukubita no gukomeretsa, ubwicanyi no kwiyahura.

Icyakora ikikiri imbogamizi ngo ni abagabo batinya kugana inzego zabarenganure kandi nyamara itegeko ryarashyizweho kugirango rirengere buri wese,hatitawe ngo ni umugabo cg umugore.

Inkuru ya Eugenie Nyiransabimana/Radio&TV10 Rwanda

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − eight =

Previous Post

Urwibutso rutazibagirana- Hamida umugore wa Rwatubyaye yahishuye ko bagiye kwibaruka

Next Post

Women Zone V: Tierra Henderson yafashije u Rwanda gutsinda South Sudan, ruzongera ruhure na Kenya-AMAFOTO

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Women Zone V: Tierra Henderson yafashije u Rwanda gutsinda South Sudan, ruzongera ruhure na Kenya-AMAFOTO

Women Zone V: Tierra Henderson yafashije u Rwanda gutsinda South Sudan, ruzongera ruhure na Kenya-AMAFOTO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.