Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagabo ntibumva ukuntu mugenzi wabo warega umugore ko amuhohotera

radiotv10by radiotv10
14/07/2021
in MU RWANDA
0
Abagabo ntibumva ukuntu mugenzi wabo warega umugore ko amuhohotera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagabo baratera utwatsi umugabo wagiye kurega umugore wamukoreye ihohotera ry’ishimishamubiri.

Mu gihe ubushakashatsi bugaragaza ko hari umubare munini w’abagabo bahohoterwa bakaryumaho nyamara amategeko arengera buri wese atitaye ku gitsina, bamwe mu baturage biganjemo abagabo baravuga ko byaba ari nko guca inka amabere umugabo agiye kurega ko yakorewe ihohoterwa by’umwihariko ry’ishimisha mubiri.

Ubushakahstsi bwakozwe n’ikigo cy’ibarurishamibare  mu mwaka ushize,bwagaragaje ko  abgabo barenga 7000 bakorewe ihohoterwa ritandukanye ririmo irishingiye ku gitsina, mu myaka ine ishize.

Gusa ariko ngo n’ubwo  hari ubwo ihohoterwa ryabo ryagaragariraga buri wse, ngo benshi muri bo batinye kubivuga   ku buryo hari abo byasabye ko habazwa inzego z’ubuzima zabakurikiranye ku bikomere by’umubiri bagize.

Mu gihe kandi amategeko arengera mu buryo bungana uwakorewe  ihohoterwa yaba umugabo cyangwa umugore ,abagabo n’abagore  twaganiriye  bahuriza ku kuba byaba ari nko guca  inka amabere umugabo aramutse agiye kurega  yakorewe ihohoterwa by’umwihariko  iry’ishimisha mubiri.

Nsanzimana Innocent  ati” Ubwo se koko umuntu w’umugabo yajya kurega ngo umugore yamukoze mu bwanwa?, reka reka ntibibaho.”

Naho Kamana Aimable we ati” Ni ikosa rikomeye kumva umugabo aregera akantu gato nk’ako ngako. Ahubwo byakamushimishije aho kubabara.”

Icyakora ku rundi ruhande , hari abumva ko bibaye ngombwa umugabo yajya kurega uwamuhohoteye, ariko ngo imbogamizi ni uko babona ntaho babariza ngo bumvwe.

Uwitwa Karamizi  yagize ati ” Birashoboka rwose  ko umugabo yakumva ahohotewe, ariko ikibazo yajya kuregera he?…ko aho agiye  batamwumva..”

Image

Abagabo batandukanye baganiriye na Radio TV10 bahamya ko umugabo mugenzi wabo warega ko yahohotewe n’umugore yaba akoze amahano

Ubushakashatsi bugaragaza ko hagati y’umwaka wa 2016 na 2019, abagabo 7202 bahohotewe, barimo 6.113 bahohotewe mu buryo bubabaza umubiri, naho 1097  bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina .

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rutangaza ko hagati ya 2015 na 2018 rwakiriye ibirego 1.098 bifitanye isano n’amakimbirane yo mu muryango birimo ibyo gukubita no gukomeretsa, ubwicanyi no kwiyahura.

Icyakora ikikiri imbogamizi ngo ni abagabo batinya kugana inzego zabarenganure kandi nyamara itegeko ryarashyizweho kugirango rirengere buri wese,hatitawe ngo ni umugabo cg umugore.

Inkuru ya Eugenie Nyiransabimana/Radio&TV10 Rwanda

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 15 =

Previous Post

Urwibutso rutazibagirana- Hamida umugore wa Rwatubyaye yahishuye ko bagiye kwibaruka

Next Post

Women Zone V: Tierra Henderson yafashije u Rwanda gutsinda South Sudan, ruzongera ruhure na Kenya-AMAFOTO

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Women Zone V: Tierra Henderson yafashije u Rwanda gutsinda South Sudan, ruzongera ruhure na Kenya-AMAFOTO

Women Zone V: Tierra Henderson yafashije u Rwanda gutsinda South Sudan, ruzongera ruhure na Kenya-AMAFOTO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.