• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagabo ntibumva ukuntu mugenzi wabo warega umugore ko amuhohotera

radiotv10by radiotv10
14/07/2021
in MU RWANDA
0
Abagabo ntibumva ukuntu mugenzi wabo warega umugore ko amuhohotera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagabo baratera utwatsi umugabo wagiye kurega umugore wamukoreye ihohotera ry’ishimishamubiri.

Mu gihe ubushakashatsi bugaragaza ko hari umubare munini w’abagabo bahohoterwa bakaryumaho nyamara amategeko arengera buri wese atitaye ku gitsina, bamwe mu baturage biganjemo abagabo baravuga ko byaba ari nko guca inka amabere umugabo agiye kurega ko yakorewe ihohoterwa by’umwihariko ry’ishimisha mubiri.

Ubushakahstsi bwakozwe n’ikigo cy’ibarurishamibare  mu mwaka ushize,bwagaragaje ko  abgabo barenga 7000 bakorewe ihohoterwa ritandukanye ririmo irishingiye ku gitsina, mu myaka ine ishize.

Gusa ariko ngo n’ubwo  hari ubwo ihohoterwa ryabo ryagaragariraga buri wse, ngo benshi muri bo batinye kubivuga   ku buryo hari abo byasabye ko habazwa inzego z’ubuzima zabakurikiranye ku bikomere by’umubiri bagize.

Mu gihe kandi amategeko arengera mu buryo bungana uwakorewe  ihohoterwa yaba umugabo cyangwa umugore ,abagabo n’abagore  twaganiriye  bahuriza ku kuba byaba ari nko guca  inka amabere umugabo aramutse agiye kurega  yakorewe ihohoterwa by’umwihariko  iry’ishimisha mubiri.

Nsanzimana Innocent  ati” Ubwo se koko umuntu w’umugabo yajya kurega ngo umugore yamukoze mu bwanwa?, reka reka ntibibaho.”

Naho Kamana Aimable we ati” Ni ikosa rikomeye kumva umugabo aregera akantu gato nk’ako ngako. Ahubwo byakamushimishije aho kubabara.”

Icyakora ku rundi ruhande , hari abumva ko bibaye ngombwa umugabo yajya kurega uwamuhohoteye, ariko ngo imbogamizi ni uko babona ntaho babariza ngo bumvwe.

Uwitwa Karamizi  yagize ati ” Birashoboka rwose  ko umugabo yakumva ahohotewe, ariko ikibazo yajya kuregera he?…ko aho agiye  batamwumva..”

Image

Abagabo batandukanye baganiriye na Radio TV10 bahamya ko umugabo mugenzi wabo warega ko yahohotewe n’umugore yaba akoze amahano

Ubushakashatsi bugaragaza ko hagati y’umwaka wa 2016 na 2019, abagabo 7202 bahohotewe, barimo 6.113 bahohotewe mu buryo bubabaza umubiri, naho 1097  bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina .

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rutangaza ko hagati ya 2015 na 2018 rwakiriye ibirego 1.098 bifitanye isano n’amakimbirane yo mu muryango birimo ibyo gukubita no gukomeretsa, ubwicanyi no kwiyahura.

Icyakora ikikiri imbogamizi ngo ni abagabo batinya kugana inzego zabarenganure kandi nyamara itegeko ryarashyizweho kugirango rirengere buri wese,hatitawe ngo ni umugabo cg umugore.

Inkuru ya Eugenie Nyiransabimana/Radio&TV10 Rwanda

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 3 =

Previous Post

Urwibutso rutazibagirana- Hamida umugore wa Rwatubyaye yahishuye ko bagiye kwibaruka

Next Post

Women Zone V: Tierra Henderson yafashije u Rwanda gutsinda South Sudan, ruzongera ruhure na Kenya-AMAFOTO

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Women Zone V: Tierra Henderson yafashije u Rwanda gutsinda South Sudan, ruzongera ruhure na Kenya-AMAFOTO

Women Zone V: Tierra Henderson yafashije u Rwanda gutsinda South Sudan, ruzongera ruhure na Kenya-AMAFOTO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.