Monday, October 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Abahanzikazi Vestine na Dorcas bwa mbere bavuze uko ubuzima bumeze nyuma yuko umwe arushinze

radiotv10by radiotv10
13/10/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Abahanzikazi Vestine na Dorcas bwa mbere bavuze uko ubuzima bumeze nyuma yuko umwe arushinze
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzi b’abavandimwe Dorcas na Vestine bazwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, bavuze ko nyuma yuko umwe muri bo ashinze urugo, byagoranye kumenyera ubuzima bwo kuba batari kumwe, ku buryo umwe byageze n’aho kurya bimunanira.

Ni nyuma yuko Ishimwe Vestine, akoze ubukwe n’umugabo we Idrissa Jean Luc Ouédraogo, bwabaye mu ntangiro za Nyakanga uyu mwaka wa 2025.

Vestine avuga ko nubwo nta buranaribonye budasanzwe aragira mu rushako, ariko nibura hari ibyo amaze kubona byamufasha kurwubaka, gusa bikaba byarabanje kumutonda.

Ati “Ntabwo ndamara igihe, sinaza ngo mbwire abantu ngo urugo bimeze gutya, naba ndi kwigira inzobere kandi nta gihe kinini maze. Kujya mu rugo ni nko kujya mu Gihugu utarI uzi, byarangoye pe sinababeshya, ngatekereza ubuzima nari mbayemo mu rugo na ba Dorcas na ba mama, ariko bitewe n’inama mama yangiraga ambwira ati ‘icara wubake’, naramenyereye ntakibazo.”

Vestine kandi yaburiye umuvandimwe we ati “Dorcas mwana wanjye ntuzashake ukiri muto cyane, uzabe uretse, mubyihorere, namukubita nafata inkoni nkamucira aramutse ashatse akiri muto.”

Murumuna we Dorcas avuga ko we yagowe no kubaho mu buzima butarimo mukuru we kuko bafatanyaga byose byo mu rugo.

Ati “Ubukwe bukirangira ntabwo nabyiyumishaga cyane kuko nahise njya mu kizamini urumva nahise njya mu banyeshuri sinabyuyumvishaga ko yashatse dore mveyo wabibaza mama no kurya byaranze, ntabwo mwabyumva, Vestine kuva kera ni umuntu twakuranye yari ameze nka mama wanjye, yamenyaga ko ntariye, kuba atari mu rugo byarangoye, namaze ibyumweru bibiri kurya byaranze, byarangoye ukuntu umuntu twakuranye nabwiraga ibintu byose adahari narwaye deperession mara ukwezi ntishima.”

Avuga ko byageze aho umubyeyi wabo akamwohereza kwa mukuru we kugira ngo abashe kurya. Ati “Byagezaho mama arambwira ati jya iwe kugira ngo ubashe kurya, njya iwe, byageze aho banjyana no kwa muganga bampa imiti ya appettit kugira ngo mbashe kurya biranga, ubu ndi iwe kugira ngo ndye.”

Itsinda cya Vestine na dorcas bamaze imyaka irenga ine batangiye kuririmba umuziki wabo umaze kurenga u Rwanda, ukaba ukunzwe muri Afurika y’Iburasirazuba.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Igisubizo gihabwa abamaze imyaka itatu bafite ikibahangayikishije kirumvikanamo icyizere kitari vuba

Next Post

Eng.-US and Belgium react to the DRC’s call for the FDLR to disarm and return to Rwanda

Related Posts

‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

‘Bishop Gafaranga’ nyuma yo gufungurwa hari ubutumwa buvugwa afitiye abantu

by radiotv10
11/10/2025
0

Umunyamakuru Julius William Niyitegeka uzwi nka Julius Chita, usanzwe ari inshuti ya Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga, wafunguywe nyuma...

The pressure to go out every Friday: Is staying home, okay?

The pressure to go out every Friday: Is staying home, okay?

by radiotv10
10/10/2025
0

In today’s social media age, Fridays have almost become a performance. As soon as the weekend hits, timelines fill with...

Why African parents struggle to understand “Influencer Jobs”

Why African parents struggle to understand “Influencer Jobs”

by radiotv10
10/10/2025
0

For many African parents, the idea of being an “influencer” sounds confusing, unserious, or even risky. To them, a job...

Igitaramo kizahuza abakunzi b’ikinyobwa gisembuye kimwe mu Rwanda bahishiwe agaseke k’ibanga

Igitaramo kizahuza abakunzi b’ikinyobwa gisembuye kimwe mu Rwanda bahishiwe agaseke k’ibanga

by radiotv10
10/10/2025
0

Abakunzi b’ikinyobwa kimwe gisembuye mu Rwanda, bagiye guhurira mu gitaramo kizanaririmbamo abahanzi bakomeye barimo Bruce Melodie ndetse n’Umuhanzi w’Umunyakenya Bien-Aimé...

Uwahoze ari umugore w’umuhanzi Safi aritegura kwibaruka ubuheta n’umugabo bamaze amezi atanu bakoranye ubukwe

Uwahoze ari umugore w’umuhanzi Safi aritegura kwibaruka ubuheta n’umugabo bamaze amezi atanu bakoranye ubukwe

by radiotv10
07/10/2025
0

Niyonizera Judithe wahoze ari umugore wa Safi Madiba, yagaragaje ko we n’umugabo we King Dust bakoranye ubukwe muri Gicurasi uyu...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa
MU RWANDA

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

by radiotv10
13/10/2025
0

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

13/10/2025
Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

13/10/2025
Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

13/10/2025
Ibyagaragaye mu iperereza ku bakozi ba RBC baregwa muri dosiye ya Miliyoni 48Frw

Ibyagaragaye mu iperereza ku bakozi ba RBC baregwa muri dosiye ya Miliyoni 48Frw

13/10/2025
Abadipolomate batatu bitabiriye ibiganiro byatanze umusaruro hagati ya Israel na Hamas bapfiriye mu Misiri

Abadipolomate batatu bitabiriye ibiganiro byatanze umusaruro hagati ya Israel na Hamas bapfiriye mu Misiri

13/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-US and Belgium react to the DRC’s call for the FDLR to disarm and return to Rwanda

Eng.-US and Belgium react to the DRC’s call for the FDLR to disarm and return to Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.