Friday, October 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Abakundaniye muri film y’urukundo bakinnye basangije abantu inkuru nziza bitegura kwakira

radiotv10by radiotv10
22/11/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, SINEMA, UDUSHYA
0
Abakundaniye muri film y’urukundo bakinnye basangije abantu inkuru nziza bitegura kwakira
Share on FacebookShare on Twitter

Zack Goytowski na Bliss Poureetezadi bahuriye muri film y’uruhererekana ya ‘Love is Blind’ bakinamo bakundana, yanatumye bakundana mu buzima busanzwe, baritegura kwibaruka imfura yabo, bakaba ari na bo babaye aba mbere bahujwe na film ya Netflix bagiye kubyarana.

Aba bakinnyi ba film bahuriye mu gice cya kane cy’iyi film ya Love Is Blind [urukundo ni impumyi], aho n’ubundi bakundanaga, ariko Zack akaza guta Bliss agahitamo uwitwa Irina Solomonova, bakaza gucikira muri Mexico.

Gusa muri iyi film, Zack n’ubundi aza kubona ko adakwiranye n’uwo mukunzi yari yaje gusimbuza uwa mbere, ndetse baza no gutandukana, ari na bwo yasubiye i Seattle muri Washington akongera gukundana na Bliss.

Kuri uyu wa Kabiri, aba bombi baje gusangiza abantu inkuru nziza bitegura kwibaruka imfura yabo, bakaba banabaye couple ya mbere yahuriye mufi film za Netflix, bagiye kubyarana.

Mu magambo babwiye ikinyamakuru People, Bliss yagize ati “Twembi twarabyifuzaga, rero turumva ari umugisha kuba ibi bigiye kubaho.”

Bavuze ko bitegura kuzibaruka mu itumba ry’umwaka utaha wa 2024, ariko ko bataramenya igitsina cy’umwana wabo, gusa ngo bazakimenya vuba aha.

Bliss yakomeje agira ati “Twembi twifuza umuhungu cyangwa umukobwa, rero bizatunezeza uwo tuzabyara wese. Ariko icy’ingenzi dushyize imbere ni ukuzabyara neza, yaba ari umuhungu cyangwa umukobwa, bizaba ari iby’agaciro.”

Uyu mukinnyikazi wa film yavuze ko umukunzi we Zack akomeje kumuba hafi muri ibi bihe atwite, kandi ko amufasha muri byose.

Bahuriye muri film ubu baritegura kwibaruka imfura yabo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + nine =

Previous Post

Igisirikare cya Congo cyatanze itegeko ritunguranye ku basirikare bacyo ryerecyeye FDLR

Next Post

FARDC kwitandukanya na FDLR bihatse iki? Byatuma umuti uboneka byihuse?-Icyo umusesenguzi abivugaho

Related Posts

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

Bwa mbere hagiye hanze amafoto y’ubukwe bw’uwabaye Miss w’u Bufaransa ukomoka mu Rwanda

by radiotv10
02/10/2025
0

Uwitonze Sonia Rolland wabaye Miss w’u Bufaransa muri 2000, ukomoka mu Rwanda, akaba asanzwe ari n’umukinnyikazi wa Filimi, aherutse gukorana...

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

Dore abahanzi bagezweho mu Rwanda bahataniye ibihembo n’uburyo wabatora

by radiotv10
02/10/2025
0

Abahanzi b’amazina azwi mu Rwanda banagezweho muri iyi minsi, nka The Ben, Bruce Melodie na Kevin Kade, bahatanye mu bihembo...

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

Ubutumwa bw’umuhanzi ukomoka mu Burundi wahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bushimangira ko ntacyo yahaburiye

by radiotv10
01/10/2025
0

Umuhanzi Christian Ninteretse ukomoka mu Gihugu cy’u Burundi, yishimiye ubwenegihugu bw’u Rwanda yahawe, agira ati “Iwabo w’umuntu ni aho amerewe...

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

Uwakiniye Ikipe y’Igihugu Amavubi usigaye aba hanze y’u Rwanda yabatijwe mu mazi menshi

by radiotv10
01/10/2025
0

Usengimana Danny wakiniye amakipe anyuranye mu Rwanda no muri Afurika, wanabaye rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, yabatirijwe muri Canada aho asigaye...

Mu butumwa bw’imbamutima icyamamare Lewis Hamilton yagaragaje agahinda kenshi yatewe n’urupfu rw’imbwa ye

Mu butumwa bw’imbamutima icyamamare Lewis Hamilton yagaragaje agahinda kenshi yatewe n’urupfu rw’imbwa ye

by radiotv10
29/09/2025
0

Umukinnyi rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku modoka, Lewis Hamilton ari mu gahinda kenshi ko gupfusha imbwa ye yari ifite...

IZIHERUKA

Ubutumwa abakinnyi ba APR bahaye abafana mbere yo kujya guhura na Pyramids yabatsindiye i Kigali
FOOTBALL

Ubutumwa abakinnyi ba APR bahaye abafana mbere yo kujya guhura na Pyramids yabatsindiye i Kigali

by radiotv10
03/10/2025
0

Amakuru mashya: Brian Kagame ni umwe mu barahirira kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda

Amakuru mashya: Brian Kagame ni umwe mu barahirira kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda

03/10/2025
Rusizi: Mu Murenge wa Muganza abana barenga 1/2 cy’abari mu mirire mibi bayivuyemo mu mezi atatu

Rusizi: Mu Murenge wa Muganza abana barenga 1/2 cy’abari mu mirire mibi bayivuyemo mu mezi atatu

03/10/2025
Nyuma y’amabwiriza asaba abayobora amadini mu Rwanda kuba baraminuje Tewolojiya bamwe barabyubahirije

Nyuma y’amabwiriza asaba abayobora amadini mu Rwanda kuba baraminuje Tewolojiya bamwe barabyubahirije

03/10/2025
Tombola yari imaze kumenyekana mu Rwanda ‘Inzozi Lotto’ yahagaritswe hatanganzwa n’impamvu

Tombola yari imaze kumenyekana mu Rwanda ‘Inzozi Lotto’ yahagaritswe hatanganzwa n’impamvu

03/10/2025
Amakuru akomeje kuza ari incamugongo ku mibare y’abagiriye ibyago aho basengeraga muri Ethiopia

Amakuru akomeje kuza ari incamugongo ku mibare y’abagiriye ibyago aho basengeraga muri Ethiopia

03/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC kwitandukanya na FDLR bihatse iki? Byatuma umuti uboneka byihuse?-Icyo umusesenguzi abivugaho

FARDC kwitandukanya na FDLR bihatse iki? Byatuma umuti uboneka byihuse?-Icyo umusesenguzi abivugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa abakinnyi ba APR bahaye abafana mbere yo kujya guhura na Pyramids yabatsindiye i Kigali

Amakuru mashya: Brian Kagame ni umwe mu barahirira kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda

Rusizi: Mu Murenge wa Muganza abana barenga 1/2 cy’abari mu mirire mibi bayivuyemo mu mezi atatu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.