Thursday, March 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyamakuru mwakunze mugiye kongera kubumva: Radio10, mudatenguha abayumva ikuzaniye agashya

radiotv10by radiotv10
27/04/2024
in MU RWANDA
1
Abanyamakuru mwakunze mugiye kongera kubumva: Radio10, mudatenguha abayumva ikuzaniye agashya
Share on FacebookShare on Twitter

MC Monday, Innoc Bahati, Cyrille Ndegeya,…ni amazina atazibagirana mu banyamakuru bo mu Rwanda. Imyaka 20 irashize havutse imfura mu maradiyo yigenga mu Rwanda. Ni Radio 10 ikomeje kwizihiza isabukuru y’imyaka 20, ubu ikuzaniye abanyamakuru batangiranye na yo, mu biganiro bazakora umunsi umwe, bakongera kwiyibutsa ababakunze.

Tariki 28 Gashyantare 2004, insakazamajwi z’Abaturarwanda zatangiye kumvikanaho indi radio. Ni Radio 10 ari na yo yabayeho bwa mbere mu maradiyo yigenga mu Rwanda.

Kuva icyo gihe kugeza uyu munsi, Radio 10 yagize uruhare runini mu kubaka umuryango mugari Nyarwanda, ibagezaho ibiganiro byubaka; bibungura ubumenyi, bikorera ubuvugizi ababukeneye, nanone kandi bigasururutsa buri wese mu ngeri zose.

Mu biganiro bya siporo, iby’imyidagaduro, inyungurabumenyi ndetse n’amakuru y’ibibera mu Rwanda no hanze yarwo; byose ni umwihariko kuri Radio 10, iri mu za mbere zikora kinyamwuga mu Rwanda no mu karere ruherereyemo.

Tariki 01 Gicurasi 2024, ku munsi w’Abakozi; Radio 10 izakomeza kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 imaze ibonye izuba, aho kuri uwo munsi hateganyijwe kuzatambuka ibiganiro byihariye, bizatangwa n’abanyamakuru batangiranye n’iki gitangazamakuru.

Abanyamakuru bazatanga ibi biganiro, ni bamwe mu banyuze benshi kubera ubuhanga bwabo ndetse n’ibiganiro by’ubumenyi ndetse binasururutsa benshi, bakoraga n’ubu byasize urwibutso mu mitima y’ababumvise.

Harimo MC Monday wakoraga ibiganiro by’imyidagaduro, hakaba Cyrille Ndegeya na we utazibagirana mu biganiro byabaga byuzuye ubwenge ariko n’urwenya, ndetse na Virgile wakunzwe na benshi mu biganiro bya politiki.

Umuyobozi wa gahunda wa RADIOTV10, Eric Utuje avuga ko kugarura aba banyamakuru bagakora ibiganiro mu rwego rwo kwizihiza imyaka 20, binagamije gushimira aba banyamakuru, ku bw’itafari bashyize ku kubaka Radio 10, imaze kugera ku rwego rushimishije, dore ko na yo yibarutse ibindi bitangazamakuru nka TV10 ndetse n’indi miyoboro nk’uru rubuga rutambutseho iyi nkuru [www.radiotv10.rw], ndetse n’imbuga nkoranyambaga.

Avuga kandi ko bigamije no kongera kwibutsa abakunzi ba Radio 10 urugendo iki gitangazamakuru cyanyuzemo kugeza uyu munsi kiri mu bya mbere bikunzwe na benshi.

Ati “Mu gutangira ntabwo byari byoroshye, hari abanyamakuru baje banerekana ikinyuranyo hagati y’itangazamakuru ryari risanzwe. Abo batangiranye na Radio 10, abantu benshi barabakunze, mu kwizihiza imyaka 20 Radio 10 imaze, haje icyo gitekerezo cyo kubagarura kugira ngo abantu babakunze bongere bumve amajwi yabo.”

 

Uko gahunda iteye

Kuri uwo munsi tariki 01 Gicurasi 2024, abanyamakuru nka MC Monday, Virgille, Marino, Innoc Bahati, Jabo, Emma, Isabelle, Andre, Cyrille, Ernest na Clement; batangiranye na Radio 10 bazongera kumvikana kuri microphones za Radio 10.

Kuri iyi tariki, Abanyamakuru bakoraga ikiganiro cya Siporo, nka Emma na Clement Musangabatware [ubu ni Umudepite muri EALA], bazakirwa n’abasanzwe bagikora muri iki gihe kuva saa 10:00’, ubundi na bo bongere bagikore.

Guhera saa saba (13:00’) kugeza saa munani (14:00’), hazatambuka ikiganiro Inganzo y’Abahanzi yakorwaga na Innoc Bahati ndetse na MC Manday, bombi bagize amazina akomeye mu myidagaduro yo mu Rwanda.

Guhera saa kumi (16:00’) kugeza saa kumi n’ebyiri (18:00’) abakunzi ba Radio 10 bazongera kugorora imbavu, bumva ikiganiro cyari gisanzwe gikorwa na Cyrille Ndegeya na Ernest, na bo bakunzwe na benshi kuri Radio 10 mu kiganiro cyaruhuraga benshi cyuzuye urwenya.

Guhera saa kumi n’ebyiri (18:00’), abakunzi ba Radio 10 bazumva ijwi ry’umushyushyarugamba Isabelle na we wamamaye cyane mu biganiro by’igifaransa, aho kuri iyi nshuro azakora ikiganiro n’abana kizamara iminota 30’, ubundi akomereze mu kiganiro na cyo cyo gususurutsa abantu kizaba cyitwa Mercredi Mechant dore ko yanakoraga icyitwaga Vendredi Mechant.

Umuyobozi wa Gahunda wa RADIOTV10, Eric Utuje avuga ko nk’uko iki gitangazamakuru cyiyemeje gushimisha abakunzi bacyo, uwo munsi [01/05/2024] uzaba uw’udushya gusa kandi ko ibiganiro byose bizatangwa bizanezeza abazabikurikira.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nyagahene Marie-Dominique says:
    2 years ago

    Nshimiye inshuti iri mu Rwanda insangije iyi kuru. Kandi namwe ndabashimira kuri iki gitekerezo. Iyi myaka 20 yabaye urugendo rukomeye. Mwese mubifitemwo uruhare. Mukomerezeho.
    From Brussels.

    Reply

Leave a Reply to Nyagahene Marie-Dominique Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 5 =

Previous Post

Uganda: Minisitiri yagaragaye akata umuziki mu mbyino igezweho

Next Post

Nigeria: Uko imfungwa zirenga 100 zatorotse Gereza n’amayeri zakoresheje

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

by radiotv10
12/03/2026
0

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro yemeje ko umwe mu barwanyije abapolisi bari mu kazi ko kurwanya...

Central Banks of Rwanda and Kenya Sign Cooperation Agreement

Central Banks of Rwanda and Kenya Sign Cooperation Agreement

by radiotv10
12/03/2026
0

The National Bank of Rwanda and the Central Bank of Kenya have signed a new agreement aimed at making it...

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

by radiotv10
12/03/2026
0

Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda n’Umugaba Mukuru wa RDF, Gen. Mubarakh Muganga, bagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, byagarutse...

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

by radiotv10
12/03/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umwe mu mikino y’irushanwa rya UEFA Champions League wahuje ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa...

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba

by radiotv10
12/03/2026
0

Atete Kagorora Arianah wiga mu mashuri yisumbuye uherutse kwegukana umwanya wa mbere mu marushanwa yo kwandika ku Muryango wa Afurika...

IZIHERUKA

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe
IMYIDAGADURO

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

by radiotv10
12/03/2026
0

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

12/03/2026
Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

12/03/2026
Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

12/03/2026
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

12/03/2026
BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

12/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Uko imfungwa zirenga 100 zatorotse Gereza n’amayeri zakoresheje

Nigeria: Uko imfungwa zirenga 100 zatorotse Gereza n’amayeri zakoresheje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

Perezida Kim Jong Un wa Korea ya Ruguru yasuye uruganda rukora intwaro anitorezamo kurasa

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.