Monday, August 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Amakuru y’ukuri ku rugomo rwakorewe umuhangamideli Moses Turahirwa wavuze ko yarukorewe n’abicanyi

radiotv10by radiotv10
25/02/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Amakuru y’ukuri ku rugomo rwakorewe umuhangamideli Moses Turahirwa wavuze ko yarukorewe n’abicanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru aturuka mu baturage b’ahabereye urugomo rwakorewe umuhangamideli Moses Turahirwa washinze inzu y’imideri ya Moshions, avuga ko rwaturutse ku bushyamirane bwabaye hagati y’abamukubise bakanamwicira imbwa, nyuma yo kutumvikana ku kibazo cyari kibaye hagati yabo.

Ni nyuma yuko uyu muhangamideri atangaje ko yatewe n’itsinda ry’abicanyi, bakamukomeretsa ndetse bakanamwicira imbwa ye.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Mbere tariki 24 Gashyantare 2025, Moses Turahirwa yavuze ko we n’imbwa ye Momo “bagabweho igitero n’agatsiko k’abicanyi.”

Amakuru aturuka mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze ahabereye uru rugomo, avuga ko ibi byabaye hirya y’ejo hashize ku Cyumweru tariki 23 Gashyantare 2025, mu masaha y’igicamunsi.

Bivugwa Moses Turahirwa ufite aho ari kubakisha inzu muri uyu Murenge wa Gataraga, yari avuyeyo, ubwo yerecyezaga aho yari yasize imodoka, imbwa ye ikendereza amatungo magufi y’intama yari hafi aho y’abaturage, akiruka akanyura mu mirima y’abaturage.

Amakuru abaturage batuye muri aka gace bahaye ikinyamakuru cyitwa Igihe, avuga ko ba nyiri aya matungo ndetse n’abafite imirima yanyuzwemo n’aya matungo, bahise begera Moses Turahirwa bamubwira ko agomba kwishyura ako kaga kari gatejwe n’imbwa ye, ariko akababera ibamba ababwira ko nta n’igiceri cy’atanu yabaha, ari na bwo bamufataga mu mashati.

Muri ubwo bushyamirane, imbwa ya Moses yashatse kurwanya abo baturage, barayikubita barayica ndetse n’uyu muhangamideri baramukubita baramukomeretsa.

Abaturage bo muri aka gace bahakanye amakuru yatangajwe na Moses Turahirwa ko abamukoreye ibi ari abagizi ba nabi, bavuga ko ibyabaye ari ubushyamirane bwabaye hagati y’abaturage n’uyu musore, atari abagizi ba nabi, ndetse n’ikimenyimenyi, nta nzego z’umutekano zigeze zitabara nk’uko zibikora ahantu hagaragaye abagizi ba nabi.

Umwe yagize ati “Aho byabereye nta nzego z’umutekano zahageze, ubwo niba ari abagizi ba nabi yahivanye ate? Ntabwo ari byo. Turahirwa yashyamiranye n’abaturage kandi akizwa n’abandi.”

Mu butumwa bwatanzwe na Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Mbere kuri iki kibazo, uru rwego rwagize ruti “Abantu batatu bacyekwaho kugira uruhare mu guhohotera Turahirwa Moses bafashwe, ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu gihe iperereza rigikomeje.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Ibyagaragaye ubwo abasirikare ba SADC bavuye muri Congo banyuraga mu Rwanda bataha

Next Post

Perezida Kagame yagaragaje icyizere cya Afurika n’icyo urubyiruko rwayo rufitiwe

Related Posts

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

by radiotv10
01/08/2025
0

Umunyamakuru Mike Karangwa wamenyenaye ku bitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda byumwihariko mu biganiro by’imyidagaduro, yapfushije umwana we w’ubuheta. Umwana wa Mike...

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
1

Abanyamakuru Nduwayezu Ndibyariye Jean de Dieu wamamaye nka Jado Max na Kwikiriza William uzwi nka William Kadu bazwi mu biganiro...

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

by radiotv10
30/07/2025
0

Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kubera igitaramo cyihariye cy’umwihariko w’umuziki w’injyana yo mu bwoko bwa Country, aho kukinjiramo...

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

by radiotv10
29/07/2025
0

Umukundwa Clemence uzwi nka Cadette witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda rya 2019, agiye gutangira kumvikana nk’umunyamakuru kuri radio nshya mu...

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

by radiotv10
28/07/2025
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi, yasabye abitabiriye irushanwa rya Miss Burundi, kutazarangazwa n'ubwiza ngo bazahore babumurika bibagirwe...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye
AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

02/08/2025
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

02/08/2025
Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

02/08/2025
Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragaje icyizere cya Afurika n’icyo urubyiruko rwayo rufitiwe

Perezida Kagame yagaragaje icyizere cya Afurika n’icyo urubyiruko rwayo rufitiwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.