Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amavubi ko amenyereweho gutsindwa kuki ubu byabaye nko guca inka amabere?

radiotv10by radiotv10
19/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
Amavubi ko amenyereweho gutsindwa kuki ubu byabaye nko guca inka amabere?
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mbuga nkoranyambaga, nta yindi ntero uretse benshi bijujutira kuba ikipe y’Igihugu Amavubi yongeye kubaraza nabi, igatsindwa na Mozambique, igahita isezererwa mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika. Gutsindwa ku ikipe y’Igihugu si bishya, ariko ubu bwo byazamuye uburakari bwa benshi.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 18 Kamena 2023, ikipe ya Mozambique yatsindiye u Rwanda kuri Sitade ya Huye, ibitego 2-0.

Wari umukino w’umunsi wa Gatanu wo mu itsinda L mu gushaka tike yo kujya mu gikombe cya Afurika kizabera muri Cote d’Ivoire umwaka utaha.

Umukino ubanza amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1, ariko uwo kwishyura Amavubi yawutsinzwe bisa n’ibyize akadomo ku cyizere cyo kuba ikipe y’igihugu Amavubi yazerekeza muri Cote d’Ivoire umwaka utaha.

Muri iri tsinda, Senegal ni yo iyoboye n’amanota 13 ndetse ni nayo yonyine yamaze gukatisha itike. Ikipe y’igihugu ya Mozambique ni iya 2 n’amanota 7, Benin ni iya 3 n’amanota 5, naho u Rwanda ni urwa nyuma n’amanota 2 gusa.

Kuva 2004 ubwo Amavubi aheruka kubona itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika, kubona tike yo gusubirayo byakomeje kwanga n’ubu biranze.

Nyuma y’uyu mukino wabonetsemo igitego cyaturutse kuri umwe muri ba myugariro b’Abamuvubi, Manzi Thierry, abakunzi ba ruhago ndetse n’abandi mu ngeri zinyuranye, bagaragaje umujinya wo kuba Ikipe yabo yongeye kubabaza.

Ni umujinya bigaragara ko bari bafite icyizere ko iyi kipe igiye gukinira ku kibuga cyayo, ndetse yariteguye bihagije, yashoboraga gutsinda.

Nanone kandi benshi bashingira ku byatangajwe n’abakinnyi ndetse n’umutoza wabo ubwo biteguraga uyu mukino, ko biteguye gukora ibishoboka byose, bagatsinda uyu mukino, bavugaga ko ari nka final kuri bo.

Ariko nanone ntarwabura kuvuga ko uyu mujinya ushingiye ku nyota Abanyarwanda bafite yo kongera kubona ikipe yabo yongera gutsinda, cyangwa ikaba yasubira mu Gikombe cya Afurika.

Minisitiri muri Sitade

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Comments 1

  1. haba janvier says:
    2 years ago

    gusa birababaje cyane buri wese ufite ubunyarwanda yababara .

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − seventeen =

Previous Post

Uwagarukiye ku mva bagiye kumushyingura ari muzima ubu noneho ibye ni amarira

Next Post

Museveni wari urwaye Covid-19 yatangaje inkuru nziza n’icyamutunguye atakekaga ko cyamubaho nka Perezida

Related Posts

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Museveni wari urwaye Covid-19 yatangaje inkuru nziza n’icyamutunguye atakekaga ko cyamubaho nka Perezida

Museveni wari urwaye Covid-19 yatangaje inkuru nziza n’icyamutunguye atakekaga ko cyamubaho nka Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.