Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

America iributsa ko hari Umunyarwanda ukekwaho Jenoside washyiriweho Miliyari 5Frw utarafatwa

radiotv10by radiotv10
27/12/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
America iributsa ko hari Umunyarwanda ukekwaho Jenoside washyiriweho Miliyari 5Frw utarafatwa
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America zongeye kwibutsa ko hagishakishwa Umunyarwanda Kayishema Fulgance ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi mu Rwanda, washyiriweho miliyoni 5 USD (Miliyari 5 Frw) ku muntu uzatanga amakuru y’aho ari.

Fulgence Kayishema ni umwe mu Banyarwanda bashyiriweho agahigo ka miliyoni 5 USD ku muntu watanga amakuru yatuma bafatwa, bakagezwa imbere y’ubutabera bakabazwa uruhare bakekwaho kugira muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe gukurikirana ifatwa ry’abantu baba bashakishwa kubera ibyaha by’intambara, War Crimes Rewards Program, kibukije ko uyu Fulgence agishakishwa.

Mu butumwa bwanyujijwe kuri Twitter twifashishije mu kwandika inkuru nka RADIOTV10, iki kigo cyagize kiti “Jenoside yakozwe mu Rwanda [inyito ya nyayo ni Jenoside Yakorewe Abatutsi] imaze imyaka 28 ibaye, kandi bamwe mu bayigizemo uruhare barakidegembya.”

Ubutumwa bw’iki Kigo buherekejwe n’ifoto iriho uyu Fulgence Kayishema inibutsa ko uzatanga amakuru azagororerwa agahabwa miliyoni 5 USD, bukomeza bugira buti “Tanga amakuru yafasha kumuta muri yombi ubundi wishyurwe.”

Kayishema Fulgence yari ku rutonde rumwe na Felicien Kabuga, Protais Mpiranya, Augustin Bizima, Ladislas Ntaganzwa, Aloys Ndimbari na Pheneas Munyarugarama.

Muri aba, bamwe barafashwe abandi byemejwe ko bapfuye, nka Kabuga Felicien wafatiwe mu Bufaransa ubu uri kuburanishwa n’Urukiko rw’i La Haye, ukekwaho kuba ari we nyambere mu gucura umugambi wa Jenoside Yakorewe Abatutsi ndetse no kuyitera inkunga.

Mu bafashwe kandi, hari Ladislas Ntaganzwa wanoherejwe mu Rwanda, wanahamijwe ibyaha n’Urugereko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rumukatira gufungwa burundu, ariko muri iki cyumweru yatangiye kuburana ubujurire bwe mu Rukiko rw’Ubujurire.

Muri Gicurasi uyu mwaka, Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), rwemeje ko Protais Mpiranya na we wari muri aba bari kuri uru rutonde yapfiriye muri Zimbabwe muri 2006.

Muri uko kwezi kwa Gicurasi uyu mwaka wa 2022 kandi uru rwego IRMCT rwemeje ko na Phénéas Munyarugarama na we wari kuri uru rutonde, na we yapfiriye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri 2002.

Abanyarwanda bari kuri uru rutonde

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − nine =

Previous Post

Uganda: Herekanywe umurundo w’ibirwanisho kabuhariwe by’ibyihebe bya ADF byafashwe

Next Post

Impundu zigiye kuvuga mu rugo rw’Umuhanzikazi wa Gospel ukomeye mu Rwanda

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impundu zigiye kuvuga mu rugo rw’Umuhanzikazi wa Gospel ukomeye mu Rwanda

Impundu zigiye kuvuga mu rugo rw’Umuhanzikazi wa Gospel ukomeye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.