Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

America iributsa ko hari Umunyarwanda ukekwaho Jenoside washyiriweho Miliyari 5Frw utarafatwa

radiotv10by radiotv10
27/12/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
America iributsa ko hari Umunyarwanda ukekwaho Jenoside washyiriweho Miliyari 5Frw utarafatwa
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America zongeye kwibutsa ko hagishakishwa Umunyarwanda Kayishema Fulgance ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi mu Rwanda, washyiriweho miliyoni 5 USD (Miliyari 5 Frw) ku muntu uzatanga amakuru y’aho ari.

Fulgence Kayishema ni umwe mu Banyarwanda bashyiriweho agahigo ka miliyoni 5 USD ku muntu watanga amakuru yatuma bafatwa, bakagezwa imbere y’ubutabera bakabazwa uruhare bakekwaho kugira muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe gukurikirana ifatwa ry’abantu baba bashakishwa kubera ibyaha by’intambara, War Crimes Rewards Program, kibukije ko uyu Fulgence agishakishwa.

Mu butumwa bwanyujijwe kuri Twitter twifashishije mu kwandika inkuru nka RADIOTV10, iki kigo cyagize kiti “Jenoside yakozwe mu Rwanda [inyito ya nyayo ni Jenoside Yakorewe Abatutsi] imaze imyaka 28 ibaye, kandi bamwe mu bayigizemo uruhare barakidegembya.”

Ubutumwa bw’iki Kigo buherekejwe n’ifoto iriho uyu Fulgence Kayishema inibutsa ko uzatanga amakuru azagororerwa agahabwa miliyoni 5 USD, bukomeza bugira buti “Tanga amakuru yafasha kumuta muri yombi ubundi wishyurwe.”

Kayishema Fulgence yari ku rutonde rumwe na Felicien Kabuga, Protais Mpiranya, Augustin Bizima, Ladislas Ntaganzwa, Aloys Ndimbari na Pheneas Munyarugarama.

Muri aba, bamwe barafashwe abandi byemejwe ko bapfuye, nka Kabuga Felicien wafatiwe mu Bufaransa ubu uri kuburanishwa n’Urukiko rw’i La Haye, ukekwaho kuba ari we nyambere mu gucura umugambi wa Jenoside Yakorewe Abatutsi ndetse no kuyitera inkunga.

Mu bafashwe kandi, hari Ladislas Ntaganzwa wanoherejwe mu Rwanda, wanahamijwe ibyaha n’Urugereko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rumukatira gufungwa burundu, ariko muri iki cyumweru yatangiye kuburana ubujurire bwe mu Rukiko rw’Ubujurire.

Muri Gicurasi uyu mwaka, Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), rwemeje ko Protais Mpiranya na we wari muri aba bari kuri uru rutonde yapfiriye muri Zimbabwe muri 2006.

Muri uko kwezi kwa Gicurasi uyu mwaka wa 2022 kandi uru rwego IRMCT rwemeje ko na Phénéas Munyarugarama na we wari kuri uru rutonde, na we yapfiriye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri 2002.

Abanyarwanda bari kuri uru rutonde

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 6 =

Previous Post

Uganda: Herekanywe umurundo w’ibirwanisho kabuhariwe by’ibyihebe bya ADF byafashwe

Next Post

Impundu zigiye kuvuga mu rugo rw’Umuhanzikazi wa Gospel ukomeye mu Rwanda

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impundu zigiye kuvuga mu rugo rw’Umuhanzikazi wa Gospel ukomeye mu Rwanda

Impundu zigiye kuvuga mu rugo rw’Umuhanzikazi wa Gospel ukomeye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.