Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Andi makuru ataravuzwe ku mukinnyi wa Film ukunzwe mu Rwanda wimukiye hanze

radiotv10by radiotv10
07/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, SINEMA
1
Andi makuru ataravuzwe ku mukinnyi wa Film ukunzwe mu Rwanda wimukiye hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Ernest Kalisa wamamaye nka Samusure, Rulinda cyangwa Makuta muri sinema nyarwanda, utari kubarizwa mu Rwanda, aho byavuzwe ko yimukiye mu Gihugu kimwe cyo muri Afurika, hamenyekanye andi makuru ku rugendo rwe.

Biherutse gutangazwa ko Samusure yimukiye i Maputo muri Mozambique ndetse na we ubwe akaba yarabihamije, avuga ko yagiye gushakishirizayo imibereho.

Uyu mukinnyi wa film nyarwanda uri mu baza ku isonga babifitemo ubunararibonye n’ubuhanga, ubu utakibarizwa ku butaka bw’u Rwanda dore ko ari i Maputo muri Mozambique.

Gusa amakuru ahari yizewe agera kuri RADIOTV10 mu ishami ry’imyidagaduro, yemeza ko uyu mukinnyi wa Film nubwo akiri ku Mugabane wa Afurika ariko ari mu nzira imuganisha ku wundi Mugabane.

Uwaduhaye amakuru utifuje ko atangazwa, avuga ko Samusure ari gushaka uburyo yagera muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho agiye kujya gutura.

Uyu waduhaye amakuru yagize ati “Yego yabanje kunyura mu Bihugu binyuranye byo ku Mugabane wa Afurika ariko intego nyirizina ni ukujya muri Leta Zunze Ubumwe za America.”

Uwaduhaye amakuru ntanyuranya na Samusure ikimujyanye mu mahanga, kuko na we avuga ko agiye gushakishirizayo imibereho.

Ati “Buriya Samusure ni umuntu uzi kubaho ubuzima bwose kandi ushobora kumenyera ahantu hose yaba, rero kuba yajya gushakishiriza imibereho muri USA si igitangaza kuko hari benshi bagiyeyo kandi bakahakomereza ubuzima.”

Kalisa Ernest benshi bamenye nka Samusure, uretse gukina film, asanzwe anazwiho ubuhanga mu kuyobora ibirori nk’ubukwe ndetse n’indi mihango ya Kinyarwanda ikorwa mu gushyingiranwa.

Yari asanzwe akina muri imwe muri film z’uruhererekane zikunzwe mu Rwanda izwi nka ‘Seburikoko’ aho muri iyi film yamaze kuvamo dore ko aheruka gukinamo ava mu rugo rwe, bakaba baramubuze.

Asanzwe anafite impano yo kuyobora imisango

RADIOTV10

Comments 1

  1. Eugene Hakorimana says:
    3 years ago

    Nimba aheruka gukina baramubuze iyi nkuru isobanuye neza ko atazaboneka.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − one =

Previous Post

Amarangamutima yari yose ubwo Rutahizamu w’Amavubi yaherecyezwaga n’umugore we n’imfura yabo

Next Post

07/03/2023: M23 yafashe ikindi cyemezo gitunguranye kijyanye n’ibyo yasabwe

Related Posts

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
20/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yaramutse ikora ikindi gikorwa kigaragaza ko igikomeye imbere ya FARDC

07/03/2023: M23 yafashe ikindi cyemezo gitunguranye kijyanye n’ibyo yasabwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.