Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Andi makuru ku isigara ritunguranye ry’umukinnyi nyamwamba wa Rayon

radiotv10by radiotv10
12/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Andi makuru ku isigara ritunguranye ry’umukinnyi nyamwamba wa Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Youssef Rhab uri mu bakinnyi b’inkingi za mwamba ba Rayon Sports, ntari bujyanye n’iyi kipe ijya muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup. Amakuru avuga ko hakozwe ibishoboka byose kugira ngo bajyane ariko bikananirana.

Biteganyijwe ko iyi kipe ya Rayon Sports ihaguruka i Kigali muri uyu mugoroba, yerecyeza muri Libya, ariko ikabanza kunyura i Adis-Ababa muri Ethiopia, inanyure i Cairo mu Misiri ari na ho izava ijya muri Libya mu mujyi wa Benghazi.

Urutonde rw’abakinnyi 22 bajyana na Rayon Sports, ntirwajeho Youssef Rhab kubera ikibazo cy’imvune aherutse kugirira mu mukino iyi kipe iheruka gukina na Kiyovu Sports wo guhatanira Igikombe cya RNIT Saving Cup, cyanegukanywe na Rayon itsinze ibitego 3-0 Kiyovu.

Amakuru agera kuri RADIOTV10 mu ishami rya Siporo, avuga ko kuva Youssef yavunikira muri uyu mukino wabaye tariki 8 Nzeri 2023, abaganga ba Rayon Sports bakomeje kugerageza uburyo bwose yavurwa agakira akajyana n’abandi, ariko yakomeje kubabara umugongo ku buryo atari kubasha gukora uru rugendo.

Ibi ni na byo byatumye ubuyobozi bwa Rayon Sports bufata icyemezo cyo gusimbuza uyu rutahizamu w’Umunya-Maroc, umwanya we ushyirwamo Mugisha Francois bakunze kwita Master.

Rayon Sports irahaguruka i Kigali kuri uyu wa kabiri tariki 12 Nzeri, saa Kumi n’igice inyure Adis-Ababa muri Ethiopia, ice i Cairo mu Misiri ari na ho izava ijya muri Libya mu mujyi wa Benghazi aho izakinira na Al Hilal Benghazi ku wa gatanu tariki 15 Nzeri 2023 saa Mbiri z’i Kigali kuri Benina Martyrs Stadium.

Abajyanye na Rayon Sports

Abanyezamu:

  1. Hakizimana Adolphe,
  2. Hategekimana Bonheur,
  3. Simon Tamale.

Ba Myugariro: 

  1. Rwatubyaye Abdoul,
  2. Ganijuru Ishimwe Elie,
  3. Mitima Isaac,
  4. Mucyo Didier Junior,
  5. Nsabimana Aimable
  6. Serumogo Aly.

Abakina hagati: 

  1. Aruna Musa Madjaliwa,
  2. Ndekwe Bavakure Felix,
  3. Emmanuel Mvuyekure,
  4. Ngendahimana Eric,
  5. Mugisha Francois Master,
  6. Tuyisenge Arsène,
  7. Héritier Nzinga Luvumbu,
  8. Kalisa Rachid,
  9. Joackiam Ojera
  10. Iraguha Hadji.

Ba rutahizamu: 

  1. Eid Mugadam Abakar Mugadam,
  2. Charles Bbaale
  3. Mussa Esenu.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Zimbabwe: Perezida nyuma yo kongerwa gutorwa yakoze ibyazamuye impaka mu Gihugu

Next Post

Uwari Umunyamanga wa FERWACY wari wasabiwe gufungwa iminsi 30 yafatiwe icyemezo

Related Posts

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

by radiotv10
05/12/2025
0

Imikino ibanza muri shampiyona y’icyiciro cya mbere (Phase Aller) muri Volleyball irasozwa mu mpera z’iki cyumweru guhera kuri uyu wa...

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

by radiotv10
02/12/2025
0

Umunyamabanga Mushya Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Bonnie Mugabe avuga ko yinjiye muri iri shyirahamwe azi ko amanyanga...

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Biniam Girmay ukomoka mu Gihugu cya Eritrea ni we wabaye Umukinnyi w'umwaka muri Afurika mu mukino w'amagare muri 2025, mu...

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu w'ikipe ya Arsenal Bukayo Saka yasabye urukundo Tolami Benson, umukobwa bakundanye igihe kirekire, mu birori byabereye muri resitora yo...

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

by radiotv10
28/11/2025
0

Umukinnyi wo hagati Bigirimana Abedi wa Rayon Sports, agiye kumara ibyumweru bitatu hanze y’ikibuga adakina kubera imvune yagize. Aya makuru...

IZIHERUKA

Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo
MU RWANDA

Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo

by radiotv10
05/12/2025
0

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ibyo abanyeshuri b’i Kigali bahugiyemo nyuma yuko amashuri yabo abaye afunzwe

Habura iminsi ngo ibiruhuko bitangire ababyeyi bibukijwe ibyo bagomba gukora ngo bazarinde ko abana babo kuba basambanywa

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

Imikino ibanza ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda igiye kurangira amakipe ahagaze ate?

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
SG wa FERWACY ushinjwa gutekinikira umugore we akagenda muri delegasiyo y’u Rwanda yabyisobanuyeho

Uwari Umunyamanga wa FERWACY wari wasabiwe gufungwa iminsi 30 yafatiwe icyemezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto ukwiye kureba y’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo na mbere yaryo

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.