Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Andi makuru ku isigara ritunguranye ry’umukinnyi nyamwamba wa Rayon

radiotv10by radiotv10
12/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Andi makuru ku isigara ritunguranye ry’umukinnyi nyamwamba wa Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Youssef Rhab uri mu bakinnyi b’inkingi za mwamba ba Rayon Sports, ntari bujyanye n’iyi kipe ijya muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup. Amakuru avuga ko hakozwe ibishoboka byose kugira ngo bajyane ariko bikananirana.

Biteganyijwe ko iyi kipe ya Rayon Sports ihaguruka i Kigali muri uyu mugoroba, yerecyeza muri Libya, ariko ikabanza kunyura i Adis-Ababa muri Ethiopia, inanyure i Cairo mu Misiri ari na ho izava ijya muri Libya mu mujyi wa Benghazi.

Urutonde rw’abakinnyi 22 bajyana na Rayon Sports, ntirwajeho Youssef Rhab kubera ikibazo cy’imvune aherutse kugirira mu mukino iyi kipe iheruka gukina na Kiyovu Sports wo guhatanira Igikombe cya RNIT Saving Cup, cyanegukanywe na Rayon itsinze ibitego 3-0 Kiyovu.

Amakuru agera kuri RADIOTV10 mu ishami rya Siporo, avuga ko kuva Youssef yavunikira muri uyu mukino wabaye tariki 8 Nzeri 2023, abaganga ba Rayon Sports bakomeje kugerageza uburyo bwose yavurwa agakira akajyana n’abandi, ariko yakomeje kubabara umugongo ku buryo atari kubasha gukora uru rugendo.

Ibi ni na byo byatumye ubuyobozi bwa Rayon Sports bufata icyemezo cyo gusimbuza uyu rutahizamu w’Umunya-Maroc, umwanya we ushyirwamo Mugisha Francois bakunze kwita Master.

Rayon Sports irahaguruka i Kigali kuri uyu wa kabiri tariki 12 Nzeri, saa Kumi n’igice inyure Adis-Ababa muri Ethiopia, ice i Cairo mu Misiri ari na ho izava ijya muri Libya mu mujyi wa Benghazi aho izakinira na Al Hilal Benghazi ku wa gatanu tariki 15 Nzeri 2023 saa Mbiri z’i Kigali kuri Benina Martyrs Stadium.

Abajyanye na Rayon Sports

Abanyezamu:

  1. Hakizimana Adolphe,
  2. Hategekimana Bonheur,
  3. Simon Tamale.

Ba Myugariro: 

  1. Rwatubyaye Abdoul,
  2. Ganijuru Ishimwe Elie,
  3. Mitima Isaac,
  4. Mucyo Didier Junior,
  5. Nsabimana Aimable
  6. Serumogo Aly.

Abakina hagati: 

  1. Aruna Musa Madjaliwa,
  2. Ndekwe Bavakure Felix,
  3. Emmanuel Mvuyekure,
  4. Ngendahimana Eric,
  5. Mugisha Francois Master,
  6. Tuyisenge Arsène,
  7. Héritier Nzinga Luvumbu,
  8. Kalisa Rachid,
  9. Joackiam Ojera
  10. Iraguha Hadji.

Ba rutahizamu: 

  1. Eid Mugadam Abakar Mugadam,
  2. Charles Bbaale
  3. Mussa Esenu.

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Zimbabwe: Perezida nyuma yo kongerwa gutorwa yakoze ibyazamuye impaka mu Gihugu

Next Post

Uwari Umunyamanga wa FERWACY wari wasabiwe gufungwa iminsi 30 yafatiwe icyemezo

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
SG wa FERWACY ushinjwa gutekinikira umugore we akagenda muri delegasiyo y’u Rwanda yabyisobanuyeho

Uwari Umunyamanga wa FERWACY wari wasabiwe gufungwa iminsi 30 yafatiwe icyemezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.