Monday, April 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

radiotv10by radiotv10
20/04/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
1
Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo
Share on FacebookShare on Twitter

Eric Semuhungu uzwi ku mbuga nkoranyambaga ubu ufunzwe akurikiranyweho ibyaha birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, yarezwe n’abasore bagenzi be, barimo uvuga ko baryamanye inshuro 15, yabaga yabanje kumusindisha.

Semuhungu watawe muri yombi tariki 09 Mata 2026, akurikiranyweho ibyaha bitatu; icyo gukoresha undi imibanano mpuzabitsina ku gahato, icyo gushyira ahagaragara amashusho yerecyeranye n’imikoreshereze y’ibitsina hifashishijwe imbuga nkoranambaga ndetse no kuyakwirakwiza, n’icyaha cyo gukangisha gusebanya.

Mu kiganiro RADIOTV10 yagiranye n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry mu cyumweru gishize, yavuze ko abareze Semuhungu bose, ari ab’igitsinagabo.

Dr Murangira avuga ku bareze Semuhungu, yagize ati “Barenze umwe [ariko] iperereza riracyakomeje, urutonde rushobora kwiyongera. Gusa icyo tuba tubwira abantu, niba hari undi yakorewe ibyaha abikorewe na we, ntatinye kuza kuri RIB gutanga ikirego.”

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kandi rwamaze gukora dosiye ikubiyemo ikirego, rukaba rwarayishyikirije Ubushinjacyaha tariki 14 Mata 2026.

Amakuru avuga ko abasore babiri bareze Eric Semuhungu, barimo umwe w’imyaka 20 n’undi w’imyaka 22, bombi bavuze ko uyu musore yabasambanyije inshuro zirenze umwe abanje kubaha inzoga bagasinda.

Uyu w’imyaka 20 y’amavuko, avuga ko Semuhungu yatangiye kujya amusambanya kuva mu kwezi k’Ugushyingo umwaka ushize wa 2025, mu gihe uriya wa 22 we avuga ko baryamanye inshuro zirenga 15, aho iya nyuma yabaye hagati y’ukwezi kwa mbere n’ukwa kabiri uyu mwaka wa 2026.

Mu iperereza, Eric Semuhungu ubwo yakorerwaga ibazwa kuri ibi byaha ashinjwa, yavuze ko atigeze asindisha bariya basore, ndetse ko n’ibyo kuryamana, babikoraga babanje kubyumva kimwe, kuko na bo babaga babishaka.

Uregwa kandi yavugiye mu ibazwa kwe, kuryamana na bariya basore, babaga babyumvikanyeho, atabaga yabashyizeho agahato, ndetse ko ibyo yabakoreraga, ari kimwe n’ibyo na bo bamukoreraga.

Mu byaha bitatu bishinjwa Semuhungu kandi, harimo icyo gushyira ahagaragara amashusho yerecyeranye n’imikoreshereze y’ibitsina hifashishijwe imbuga nkoranambaga, aho bivugwa ko amashusho y’urukozasoni yayashyiraga ku rubuga rwa ‘The Perfect Boys’.

Amakuru avuga ko Semuhungu, ari na we ukuriye uru rubuga nka Admin, gusa akabihakana, avuga ko atazi n’uru rubuga ndetse ko atigeze ashyiraho amashusho y’urukozasoni.

Aregwa kandi icyaha cyo gukangisha gusebanya, aho umwe mu basore batanze ikirego, yavuze ko Semuhungu yamushyiraga ku nkeke amubwira ko natajyenda ngo bongere baryamane, azabwira umubyeyi we ibyo bakorana.

Ibi kandi ngo byanagaragajwe n’abahanga, berekanye ko tariki 25 Werurwe 2026, uwo musore yandikiye Semuhungu, agira ati “Kubwira mama byo urandegera iki? nagukoze iki? Umva Eric izo ’black mailing’ zawe ndazirambiwe, byabaye kabiri ntibyakongera niba wumva wandega kuri mama ngo nongere ngaruke genda nta ribi nzabyakira uko bije.”

Semuhungu we ahakana ibi, akavuga ko ahubwo uwo musore yigeze kumara igihe kinini yaranze gutaha iwabo, bigatuma amubwira ko nadataha azabwira umubyeyi we aho ari, n’ibyo yabaga arimo.

Eric Semuhungu amaze imyaka ibiri yoherejwe mu Rwanda akuwe mu Gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America yari atuyemo, yari yoherejwe na bwo kubera ibyaha yari yarahamijwe bifitanye isano n’ibi akurikiranyweho n’inzego zo mu Rwanda.

Semuhungu wageze mu Rwanda muri 2024, muri Nyakanga 2023, Ikinyamakuru Review Journal cyo muri Leta Zunze Ubumwe za America, cyatangaje ko uyu musore ukomoka mu Rwanda yari akurikiranyweho icyaha cyo gusindisha no gufata ku ngufu uwo bahuje igitsina.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Test says:
    2 hours ago

    Akumiro ni itushi.
    Gusa biratangaje kumva umuntu avugako yaryamanye nundi 15 foix burigihe bamusindishije.
    Gusa ibi ntibikuraho ko Semuhungu rwose ari umunyacyaha, cyane cyane ko bigaragara ko ari isubiracyaha.

    Reply

Leave a Reply to Test Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 9 =

Previous Post

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

Next Post

Ku munsi wa mbere umunyamakuru DC Clement agejejwe imbere y’Urukiko ntiyaburanye

Related Posts

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ku munsi wa mbere umunyamakuru DC Clement agejejwe imbere y’Urukiko ntiyaburanye

by radiotv10
20/04/2026
0

Umunyamakuru DC Clement uregwa ibyaha birimo icyo gukoza isoni abayobozi b’Igihugu n’abashinzwe imirimo rusange, witabye urukiko kugira ngo aburane ku...

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

by radiotv10
16/04/2026
0

Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, amaze iminsi ari mu Bitaro nyuma yo kujyanwayo mu masaha y’igicuku yafashwe n'uburwayi....

Ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton bakomeje gushimangira ko urukundo rugeze aharyoshye (AMAFOTO)

Ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton bakomeje gushimangira ko urukundo rugeze aharyoshye (AMAFOTO)

by radiotv10
16/04/2026
0

Rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku tumodoka duto, Lewis Hamilton n’umunyamideri Kim Kardashian bakomeje gushimangira ko urukundo rwabo rukomeje kugana...

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

by radiotv10
15/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ruratangaza ko Eric Semuhungu uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo gukoresha undi imibanano mpuzabitsina...

Umunyamakuru Jado Max yasubiye kuri radio yari amaze igihe gito avuyeho

Umunyamakuru Jado Max yasubiye kuri radio yari amaze igihe gito avuyeho

by radiotv10
15/04/2026
0

Umunyamakuru Nduwayezu Ndibyariye Jean de Dieu wamamaye nka Jado Max yasubiye kuri Radio ya Kiss FM yari amaze amezi akabakaba...

IZIHERUKA

Benjamin Netanyahu ubwe yivugiye ku musirikare wagaragaye akora ibyashenguye Abakristu Gatulika
AMAHANGA

Benjamin Netanyahu ubwe yivugiye ku musirikare wagaragaye akora ibyashenguye Abakristu Gatulika

by radiotv10
20/04/2026
0

Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo

Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo

20/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ku munsi wa mbere umunyamakuru DC Clement agejejwe imbere y’Urukiko ntiyaburanye

20/04/2026
Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

20/04/2026
Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

20/04/2026
Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

20/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ku munsi wa mbere umunyamakuru DC Clement agejejwe imbere y’Urukiko ntiyaburanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Benjamin Netanyahu ubwe yivugiye ku musirikare wagaragaye akora ibyashenguye Abakristu Gatulika

Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo

Ku munsi wa mbere umunyamakuru DC Clement agejejwe imbere y’Urukiko ntiyaburanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.