Saturday, May 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Andy Bumuntu uherutse gusezera igitangazamakuru yakoreraga yinjiye mu mikoranire n’Umuryango Mpuzamahanga

radiotv10by radiotv10
11/10/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Andy Bumuntu uherutse gusezera igitangazamakuru yakoreraga yinjiye mu mikoranire n’Umuryango Mpuzamahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Kayigi Andy uzwi nka Andy Bumuntu waninjiye mu mwuga w’itangazamakuru akaba aherutse gusezera Radio yakoreraga, yasinyanye amasezerano n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF), agamije gukora ubuvugizi abakiri bato bafite ibibazo byo mu mutwe.

Aya masezerano Andy Bumuntu yasinyanye n’Ishami rya UNICEF mu Rwanda, agamije gukomeza guhangana n’ibibazo byo mu mutwe mu bakiri bato nk’abana.

Ubwo aya masezerano yari amaze gushyirwaho umukono kuri uyu wa Kane tariki 10 Ukwakira 2024, Umuhanzi Andy Bumuntu, yavuze ko uruhare rwe muri iyi mikoranire, ari ugukorera ubuvugizi abakiri bato bafite ibibazo byo mu mutwe.

Andy Bumuntu avuga ko abana bafite ibibazo byo mu mutwe ari nk’abandi, ariko ko hakiri ababyeyi batarabyumva, bagakomeza kubaheeza ku burenganzira bwabo.

Avuga ko muri aya masezerano, we icyo azajya akora ari uvugizi kuri aba bana, abinyujije mu nzira zinyuranye zirimo n’imbuga nkoranyambaga.

Ati “Icya mbere ni ubuvugizi kuko akenshi umuntu aho ari usanga rimwe na rimwe cya kibazo afite, icya mbere akeneye ni ubuvugizi kuko ubufasha dushobora kuba twese twabushaka umunsi ku munsi.”

Andy Bumuntu avuga kandi ko n’abafite ibibazo byo mu mutwe, na bo badakwiye kwiheeza kuko bafite uburenganzira bwo kwisanga mu muryango mugari nk’abandi.

Ati “Kuko kugira ikibazo cyo mu mutwe, ntabwo wagakwiye kumva usebye, ntabwo wagakwiye kumva ari ipfunwe, ntabwo bagakwiriye kukwita umusazi, ntabwo bagakwiriye kugupfukirana iwanyu.”

Andy Bumuntu avuga kandi ko ubuvugizi bwe butazagarukira kuri bwo gusa, ahubwo ko buzajya bunagera no kubahuza n’abashobora kubafasha mu kubavura.

Umuyobozi wa UNICEF mu Rwanda, Julianna Lindsey, avuga ko hakiri imbogamizi mu gushakira umuti ibibazo byo mu mutwe mu bakiri bato.

Ati “Nk’urubyiruko rwakoresheje ibiyobyabwenge, hari byinshi urubyiruko ruhura nabyo nko guhohoterwa, ariko ababyeyi ntibabyiteho.”

Julianna Lindsey avuga ko mu guhangana n’ibi bibazo, UNICEF yiyemeje gukorana n’ingeri zose, ari na yo mpamvu binjiye mu mikoranire n’uyu muhanzi mu bikorwa by’ubuvugizi no kugira ngo abafite ibi bibazo babashe kubishyira hanze bibonerwe umuti.

Ubwo hasinywaga aya masezerano
Any Bumuntu yiyemeje gukorera ubuvugizi abana bafite ibibazo byo mu mutwe

Andy Bumuntu aherutse gusezera Radio yakoreraga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 14 =

Previous Post

Uwaririmbye indirimbo itazibagirana mu kwamamaza Perezida Kagame ubu akanyamuneza ni kose

Next Post

Rwamagana: Harumvikana kutavuga rumwe hagati y’abaturage na Kompanyi bashinja icyatumye bahorana umutima uhagaze

Related Posts

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

by radiotv10
06/05/2025
0

Umuhanzikazi w’ikirangirire, Robyn Rihanna Fenty wamamaye nka Rihanna, we n’umugabo we A$AP Rocky baritegura kwibaruka umwana wa gatatu, uje agwa...

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

by radiotv10
06/05/2025
0

Turahirwa Moses uzwi mu ruganda rwo guhanga imideri wanashinze inzu ya Moshions, akaba aherutse kongera gutabwa muri yombi ku nshuro...

Seven tips for a happy marriage

Seven tips for a happy marriage

by radiotv10
05/05/2025
0

There are so many ways one could sustain a relationship with their partner to build a happy marriage and a...

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Amagambo aryohereye Umuhanzikazi Vestine yakoresheje ataka umugabo we yanagaragaje itariki y’ubukwe bwabo

by radiotv10
05/05/2025
0

Umuhanzikazi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine, yashyize hanze itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we w'Umunya-Burkina Faso Ouedraogo, yongera...

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

by radiotv10
02/05/2025
0

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine uhuriye mu itsinda rimwe n’umuvandimwe Dorcas, yamaze kongera izina ry’umugabo we...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Harumvikana kutavuga rumwe hagati y’abaturage na Kompanyi bashinja icyatumye bahorana umutima uhagaze

Rwamagana: Harumvikana kutavuga rumwe hagati y’abaturage na Kompanyi bashinja icyatumye bahorana umutima uhagaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.