Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yazanye ukuri kwe gutandukanye n’ibyabavuzweho

radiotv10by radiotv10
10/06/2025
in IMYIDAGADURO
0
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yazanye ukuri kwe gutandukanye n’ibyabavuzweho
Share on FacebookShare on Twitter

Annette Murava, Umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yavuze ko ntakibazo afitanye n’uyu bashakanye, kandi ko igihe kizagera bagatanga ikiganiro bicaranye bakavuga ukuri kose.

Ni nyuma yuko Bishop Gafaranga atawe muri yombi ashinjwa icyaha cy’ihohotera rishingiye ku gitsina, ndetse akanafatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30, cyemejwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata tariki 23 Gicurasi 2025.

Nyuma yuko Bishop Gafaranga atawe muri yombi mu ntangiro za Gicurasi, byavuzwe ko icyaha akurikiranyweho gishingiye ku bikorwa by’ihohotera yakoreraga umugore we Annette Murava.

Uyu mugore we wagiye agaragaza ko akunda umugabo we anyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga, yakoze ikiganiro kuri YouTube Channel basanzwe bahuriyeho bombi, aho yagarutse ku byabavuzweho, avuga ko ntakibazo afitanye n’umugabo we.

Mu mvugo yumvikanamo imbamutima nyinshi, Annette Murava yagize ati “Mu by’ukuri ntakibazo dufite nk’uko mwabitekerezaga, ibindi bindi  ntegereje kuzicarana na we, anyicaye iruhande tukabaganiriza kuko rimwe na rimwe nka hano kuri kamera ugomba kuba uri kumwe n’undi muntu, rimwe na rimwe uba wumva hari ikintu kiri kubura.”

Urubanza rwa Bishop Gafaranga rwabereye mu muhezo nyuma yuko bisabwe n’Ubushinjacyaha ndetse n’uruhande rw’uregwa rukabishimangira, ariko amakuru yamenyekanye, yemeza ko icyaha kiregwa uyu mugabo gishingiye ku byo yakoreraga umugore we, ndetse ko ari na we ubwe witangiye ikirego agaragaza ihohoterwa yakorewe.

Annette Murava we yavuze ko ukuri ari uko we n’umugabo we ntakibazo na gito bafitanye, ndetse ko n’ababibifuriza bari kubahemukira kandi ko bitazagerwaho.

Ati “Njye na Bishop njye n’umugabo wanjye ntakibazo dufitanye, ahubwo cyereka niba hari abantu bashaka ko tugirana ikibazo, abashaka ko tugirana ikibazo, ndashaka kubabwira ko ibyo byifuzo byanyu rwose ari bibi, bitari bunasubizwe.”

Bamwe mu bakora ibiganiro ku miyoboro inyuranye ya YouTube, bashimangiraga na bo ko uyu mugore wa Bishop Gafaranga yagiye ahohoterwa n’umugabo we inshuro nyinshi ariko agakomeza kubizinzika, nyuma akaza kubona ko amazi atari ya yandi, akiyemeza kugana inzego.

Muri iki kiganiro Annette Murava yatanze, abitera utwatsi avuga ko abagiye batangaza ibyo, atigeze abibaganiriza, aboneraho kubaha ubutumwa agira ati “urebe niba icyo uvuga ukizi cyangwa ugihagazeho, gusa urebe niba ari bwo buryo uba warahisemo gukora akazi kawe, reka tubikubahire.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 1 =

Previous Post

Nyanza: Hari abavuga ko babakoreye ibisa no kubanopfesha ku gikorwa cy’amajyambere

Next Post

Uwishe umugore we n’abana babo nawe akimanika ngo uwo bashakanye yari yamwangiye ko baryamana

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwishe umugore we n’abana babo nawe akimanika ngo uwo bashakanye yari yamwangiye ko baryamana

Uwishe umugore we n’abana babo nawe akimanika ngo uwo bashakanye yari yamwangiye ko baryamana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.