Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

APR ihagurukije mucyeba wayo Rayon yihumurije intebe y’icyubahiro amasaha macye

radiotv10by radiotv10
19/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
APR ihagurukije mucyeba wayo Rayon yihumurije intebe y’icyubahiro amasaha macye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amasaha macye Rayon Sports yicaye ku ntebe y’icyubahiro muri Shampiyona y’u Rwanda, yayihagurukijweho na mucyeba wayo APR FC nyuma yuko iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda inyagiye 4-2 Etincelles FC.

Ibitego bine byari bihagije ku Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yongere kwicara ku mwanya wa mbere yari amaze amasaha agera kuri 24 itakaje.

Ikipe ya APR FC yagiye gukina umukino w’umunsi wa 20, izi neza ko mucyeba wayo Rayon Sports yicaye ku mwanya wa mbere.

Ibyo byayishyiraga ku gitutu ndetse ku munota wa gatuta gusa w’umukino rutahizamu wayo Nshuti Innocent afungura amazamu. Nyuma y’iminota 31 gusa, Yannick Bizimana aza kubonera igitego cya kabiri iyo kipe.

Iminota 45 y’Igice cya mbere igiye kurangira, Etincelles FC yatsinze igitego binyuze ku musore wayo Ndabimana Hussein ndetse n’igice cya mbere kirangira APR FC ihagaze bwuma.

Mu gice cya kabiri hari hitezwe amahindura y’ikipe ya Etincelles FC, cyane ko yari imaze iminsi yitwara neza muri shampiyona, kandi ni ko byaje kugenda kuko nyuma y’iminota 15’ amakipe yombi agarutse mu kibuga, Berchmas yaje kubonera ikipe ye igitego cya kabiri cyatsinzwe ku munota wa 59’ w’umukino, byongera gusubiza Ikipe ya APR FC ku gitutu gikomeye.

Gusa APR FC na yo yari ibizi neza ko ntidatsinda uyu mukino biha Rayon Sports gukomeza kuyobora urutonde rwa shampiyona by’agateganyo, binyuze kuri Mugisha Gilbert bakunda kwita ‘Barafinda’ yatsinze igitego cya gatatu, cy’umutekano kuri APR FC, cyabonetse ku munota wa 64’ ndetse nyuma y’iminota micye gusa Ishimwe Christian yaje gutsinda igitego cy’agashyinguracumu cyabonetse ku munota wa 79’.

Etincelles yakomeje gushaka uko yakwishyura ibyo bitego gusa biranga biba iby’ubusa n’umukino uza kurangira APR FC yegukanye intsinzi y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’iki cyiciro cya mbere Rwanda.

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Comments 1

  1. John jordan says:
    3 years ago

    Gufata umwanya wa mbere no gutwra igikombe ni byiza cyanee !! Ariko btakibabaje nko gusohoka ntirenge mutaru!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Inkuru ibabaje ku wakiniye Chelsea wari wabuze nyuma y’umutingito wo muri Turkia

Next Post

Ruhango: Batujwe mu mudugudu ariko aho barara hateye agahinda

Related Posts

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhango: Batujwe mu mudugudu ariko aho barara hateye agahinda

Ruhango: Batujwe mu mudugudu ariko aho barara hateye agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.