Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

APR ihagurukije mucyeba wayo Rayon yihumurije intebe y’icyubahiro amasaha macye

radiotv10by radiotv10
19/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
APR ihagurukije mucyeba wayo Rayon yihumurije intebe y’icyubahiro amasaha macye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amasaha macye Rayon Sports yicaye ku ntebe y’icyubahiro muri Shampiyona y’u Rwanda, yayihagurukijweho na mucyeba wayo APR FC nyuma yuko iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda inyagiye 4-2 Etincelles FC.

Ibitego bine byari bihagije ku Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yongere kwicara ku mwanya wa mbere yari amaze amasaha agera kuri 24 itakaje.

Ikipe ya APR FC yagiye gukina umukino w’umunsi wa 20, izi neza ko mucyeba wayo Rayon Sports yicaye ku mwanya wa mbere.

Ibyo byayishyiraga ku gitutu ndetse ku munota wa gatuta gusa w’umukino rutahizamu wayo Nshuti Innocent afungura amazamu. Nyuma y’iminota 31 gusa, Yannick Bizimana aza kubonera igitego cya kabiri iyo kipe.

Iminota 45 y’Igice cya mbere igiye kurangira, Etincelles FC yatsinze igitego binyuze ku musore wayo Ndabimana Hussein ndetse n’igice cya mbere kirangira APR FC ihagaze bwuma.

Mu gice cya kabiri hari hitezwe amahindura y’ikipe ya Etincelles FC, cyane ko yari imaze iminsi yitwara neza muri shampiyona, kandi ni ko byaje kugenda kuko nyuma y’iminota 15’ amakipe yombi agarutse mu kibuga, Berchmas yaje kubonera ikipe ye igitego cya kabiri cyatsinzwe ku munota wa 59’ w’umukino, byongera gusubiza Ikipe ya APR FC ku gitutu gikomeye.

Gusa APR FC na yo yari ibizi neza ko ntidatsinda uyu mukino biha Rayon Sports gukomeza kuyobora urutonde rwa shampiyona by’agateganyo, binyuze kuri Mugisha Gilbert bakunda kwita ‘Barafinda’ yatsinze igitego cya gatatu, cy’umutekano kuri APR FC, cyabonetse ku munota wa 64’ ndetse nyuma y’iminota micye gusa Ishimwe Christian yaje gutsinda igitego cy’agashyinguracumu cyabonetse ku munota wa 79’.

Etincelles yakomeje gushaka uko yakwishyura ibyo bitego gusa biranga biba iby’ubusa n’umukino uza kurangira APR FC yegukanye intsinzi y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’iki cyiciro cya mbere Rwanda.

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Comments 1

  1. John jordan says:
    3 years ago

    Gufata umwanya wa mbere no gutwra igikombe ni byiza cyanee !! Ariko btakibabaje nko gusohoka ntirenge mutaru!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − eight =

Previous Post

Inkuru ibabaje ku wakiniye Chelsea wari wabuze nyuma y’umutingito wo muri Turkia

Next Post

Ruhango: Batujwe mu mudugudu ariko aho barara hateye agahinda

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhango: Batujwe mu mudugudu ariko aho barara hateye agahinda

Ruhango: Batujwe mu mudugudu ariko aho barara hateye agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.