Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

APR ihagurukije mucyeba wayo Rayon yihumurije intebe y’icyubahiro amasaha macye

radiotv10by radiotv10
19/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
APR ihagurukije mucyeba wayo Rayon yihumurije intebe y’icyubahiro amasaha macye
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amasaha macye Rayon Sports yicaye ku ntebe y’icyubahiro muri Shampiyona y’u Rwanda, yayihagurukijweho na mucyeba wayo APR FC nyuma yuko iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda inyagiye 4-2 Etincelles FC.

Ibitego bine byari bihagije ku Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yongere kwicara ku mwanya wa mbere yari amaze amasaha agera kuri 24 itakaje.

Ikipe ya APR FC yagiye gukina umukino w’umunsi wa 20, izi neza ko mucyeba wayo Rayon Sports yicaye ku mwanya wa mbere.

Ibyo byayishyiraga ku gitutu ndetse ku munota wa gatuta gusa w’umukino rutahizamu wayo Nshuti Innocent afungura amazamu. Nyuma y’iminota 31 gusa, Yannick Bizimana aza kubonera igitego cya kabiri iyo kipe.

Iminota 45 y’Igice cya mbere igiye kurangira, Etincelles FC yatsinze igitego binyuze ku musore wayo Ndabimana Hussein ndetse n’igice cya mbere kirangira APR FC ihagaze bwuma.

Mu gice cya kabiri hari hitezwe amahindura y’ikipe ya Etincelles FC, cyane ko yari imaze iminsi yitwara neza muri shampiyona, kandi ni ko byaje kugenda kuko nyuma y’iminota 15’ amakipe yombi agarutse mu kibuga, Berchmas yaje kubonera ikipe ye igitego cya kabiri cyatsinzwe ku munota wa 59’ w’umukino, byongera gusubiza Ikipe ya APR FC ku gitutu gikomeye.

Gusa APR FC na yo yari ibizi neza ko ntidatsinda uyu mukino biha Rayon Sports gukomeza kuyobora urutonde rwa shampiyona by’agateganyo, binyuze kuri Mugisha Gilbert bakunda kwita ‘Barafinda’ yatsinze igitego cya gatatu, cy’umutekano kuri APR FC, cyabonetse ku munota wa 64’ ndetse nyuma y’iminota micye gusa Ishimwe Christian yaje gutsinda igitego cy’agashyinguracumu cyabonetse ku munota wa 79’.

Etincelles yakomeje gushaka uko yakwishyura ibyo bitego gusa biranga biba iby’ubusa n’umukino uza kurangira APR FC yegukanye intsinzi y’umunsi wa 20 wa shampiyona y’iki cyiciro cya mbere Rwanda.

Annet KAMUKAMA
RADIOTV10

Comments 1

  1. John jordan says:
    3 years ago

    Gufata umwanya wa mbere no gutwra igikombe ni byiza cyanee !! Ariko btakibabaje nko gusohoka ntirenge mutaru!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 16 =

Previous Post

Inkuru ibabaje ku wakiniye Chelsea wari wabuze nyuma y’umutingito wo muri Turkia

Next Post

Ruhango: Batujwe mu mudugudu ariko aho barara hateye agahinda

Related Posts

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ruhango: Batujwe mu mudugudu ariko aho barara hateye agahinda

Ruhango: Batujwe mu mudugudu ariko aho barara hateye agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.