Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Bamwe bati “ni intwari” abandi bati “ni inganzwa ya nyina”-Ibya Hakimi n’umugore we ubundi byaje bite?

radiotv10by radiotv10
22/04/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
2
Bamwe bati “ni intwari” abandi bati “ni inganzwa ya nyina”-Ibya Hakimi n’umugore we ubundi byaje bite?
Share on FacebookShare on Twitter

Iby’umukinnyi Achraf Hakim wa PSG n’umugore we Hiba Abouk, bikomeje kuba inkuru idasaza, igenda igarukwaho uko bwije uko bucyeye, kubera ibitangaje byabaye muri gatanya yabo. Benshi baravuga kuri gatanya ariko ntibatekereze ku by’urukundo rwabo, ubundi rwaje rute?

Bamwe bati “ni intwari”, abandi bati “ni umuhungu wa nyina” abandi bati “si umugabo”. Buri wese ari kuvuga Hakimi uko ashatse ariko benshi bakemeza ko yakoze igikorwa cy’ubutwari.

Ni bacye bibaza uko Hakimi n’umugore we Hiba Abouk bakundanye ndetse n’icyatumye urukundo rwabo ruzamo kidobya bokagera aho basaba gutandukana.

Achraf Hakim w’imyaka 24 yavukiye muri Espagne, gusa ababyeyi be bakomoka muri Maroc baje muri Espan gushaka ubuzima.

Ni mfura mu muryango w’abana batatu bakuriye mu buzima butoroshye cyane ko mama we yakoraga amasuku mu ngo z’abantu, naho se agacuruza utuntu ducye ku muhanda. Ibi byamuteye umuhate wo gukora cyane kugiran go ahindure ubuzima bw’iwabo abinyujije mu mpano yari afite yo gukina umupira w’amaguru.

Muri 2006 yinjiye mu ikipe ya Real Madrid, aha ngo se yakoraga ibirometero birenga ijana aherekeje umuhungu we gukina.

Yaje guhura na Hiba Abouk, uyu mukobwa akaba ari umunyamideli n’umukinnyi wa filime wabigize umwuga.

Bitewe n’ikimero cy’uyu mukobwa ntawari kumenya ko arusha Hakim imyaka igera kuri 20 y’amavuko, uyu mubyeyi yagiye afasha umugabo we kenshi kuko bamaze gukundana Hakim yagiye gukinira PSG aha akaba yarahawe agera kuri Miliyoni 8 Euro, biba ngombwa ko uyu mugore asiga ibyo yakoraga muri Espagne agasanga umukunzi we i Paris yatangaje ko ngo ubuzima bw’i paris bwamugoye ariko ngo yagombaga kwitangira urukundo. Iki gihe uretse kuba yari umugore we, yanamufashaga nk’umwarimu w’igifaransa cyane ko uyu mugore avuga indimi nyinshi nk’igifaransa, igi-Spanis, n’icyongereza.

Muri 2020 bakoze ubukwe bwitabiriwe n’abantu bacye bari inshuti zahafi n’imiryango yabo gusa.

Hakimi yamenyekanye cyane muri 2020 aho yatsindaga igitego muri PSG mu kwishimira iki gitego agakuramo umupira agasigarana undi wanditseho ngo George Floyd ndetse n’ubuzima bw’abirabura bifite umumaro.

Aha benshi babonye ko uretse ubuhanga agaragaza mu kibuga ko ashobora no kugira icyo afasha akoresheje izina afite. Hakimi asanzwe afite abana babiri yabyaranye n’uyu mubyeyi.

Muri 2023 muri uku kwezi kwa Ma ni bwo humvikanye inkuru z’uko Hiba Abouk agiye gusaba gatanya n’umugabo we Hakim Achraf nkuko bisanzwe abashakanye bagasezerana ivangamutungo urukiko rubagabanya ibyo batunze.

Gusa mu buryo butunguranye uyu mubyeyi yabwiwe n’urukiko ko umugabo we ari umukene ko ntakintu atunze kuko ngo ibyo akorera byose bijya kuri mama we. Ahubwo ko ngo bagiye kugabana iby’umugore atunze bingana na Miliyoni 2.5 z’ama-Euro.

Benshi bagarutse kuri iyi gatanya yabo ariko birengagiza ko urukundo rwabo rwanyuze muri byinshi kandi ko bakundanye bizira uburyarya.

Blandine UWIKUNDA
RADIOTV10

Comments 2

  1. MFURANZIMA Maestro Olivier says:
    3 years ago

    Merci bcp kwiyo nkuru irambuye ariko hariho ico ntatomokewe neza mbega baragabuye izo 2,5million€z’umugore???munyishuye mwoba mukoze

    Reply
  2. Edouardson Bigirimana says:
    3 years ago

    Kwisi ntivyoroshe kbs

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 5 =

Previous Post

Iyonkere kibondo bikurangaza- Bene wabo w’Abantu bo mu Kagera barabatashya

Next Post

Rayon ikomeje gusatira APR, icyizere kuba Ba-Rayon cyongeye kuzamuka

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon ikomeje gusatira APR, icyizere kuba Ba-Rayon cyongeye kuzamuka

Rayon ikomeje gusatira APR, icyizere kuba Ba-Rayon cyongeye kuzamuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.