Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere hahishuwe inzira nshya u Rwanda rwatangiye ku byo kurekura Rusesabagina

radiotv10by radiotv10
13/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
1
Bwa mbere hahishuwe inzira nshya u Rwanda rwatangiye ku byo kurekura Rusesabagina
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko hari ibiganiro biri gukorwa ku bijyanye n’icyifuzo cyakunze gutangwa n’amahanga cyo kurekura no guha imbabazi Paul Rusesabagina wakatiwe gufungwa imyaka 25, avuga ko u Rwanda rwanababariye abatari babikwiye.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Umunyamakuru Steve Clemons mu buryo bw’ikoranabuhanga mu bikorwa by’Ihuriro ry’Umutekano rizwi nka Global Security Forum ryatangiye none ku wa Mbere.

Steve Clemons wasasiye ikibazo cye avuga ko u Rwanda ari kimwe mu Bihugu bifite izina rikomeye mu ruhando mpuzamahanga, ariko nanone rukaba rwaragarutsweho cyane ubwo rwafungaga Paul Rusesabagina uzwi kuri Film Hotel Rwanda yamukozweho akanayihererwa igihembo.

Uyu munyamakuru yavuze Perezida Paul Kagame yavuze ko Rusesabagina Paul yakoze ibyaha bikomeye kandi ko agomba kubibazwa kimwe n’abandi bose babihuriyeho, ariko ko yifuza kumenya niba hari impinduka zaba zarabayeho.

Perezida Paul Kagame yatangaje ko “Icyo nabivugaho ni uko hari ibiriho bikorwa kuri byo, ntabwo turi abantu bashobora gutsimbarara ngo twifungire ahantu runaka ngo tureke kuba twatera intambwe igana imbere ku mpamvu iyo ari yo yose.”

Ibihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za America, byakunze gusaba u Rwanda kurekura Paul Rusesabagina, ariko na rwo rugasubiza ko ibyo bidashoboka kuko uyu mugabo ari kimwe n’abandi bantu 20 baregwaga hamwe.

Muri iki kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’uyu munyamakuru Steve Clemons, yakomeje avuga ko muri ibyo biriho bikorwa kuri iyi ngingo yo kubabarira Rusesabagina, atari nshya mu Rwanda kuko mu mateka yarwo hari benshi bagiye bahabwa imbabazi barakoze ibyaha binyuranye.

Ati “Nkuko ubizi urebye no mu mateka yacu twahoze dushaka uburyo twajya imbere tugakomeza inzira itugeza ku byiza, hari aho twageze tubabarira n’abatari bakwiye kubabarirwa. Uko ni na ko abantu bagize uruhare muri Jenoside ndetse n’ibindi, benshi muri bo bagiye bagaruka mu buzima busanzwe. Ntabwo dukunze kubohwa n’amateka yacu.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje agira ati “Hari ibiganiro biriho bikorwa harebwa inzira zose zishoboka zigamije gukemura icyo kibazo hatabayeho kunyuranya n’amahame yacyo kandi ndizera ko bizatanga umusaruro mwiza.”

Paul Rusesabagina wafashwe muri Kanama 2020, yahamijwe ibyaha bifitanye isano n’ibitero by’umutwe yari akuriye wa MRCD-FLN wagabye mu bice birimo i Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru no muri Nyungwe mu Karere ka Nyamagabe mu mwaka wa 2018.

Muri Mata umwaka ushize wa 2022, Urukiko rw’Ubujurire rwagumishijeho igihano cy’igifungo cy’imyaka 25 cyakatiwe Paul Rusesabagina cyanafashwe n’Urukiko Rukuru rwaburanishije uru rubanza rwaregwagamo abantu 21.

RADIOTV10

Comments 1

  1. DIEUDONNE GATABAZI says:
    2 years ago

    Please send me the questions

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 8 =

Previous Post

Urujijo ku modoka yakongokeye mu muhanda abantu bareba ubwo yarimo igenda

Next Post

U Rwanda rwateye indi ntambwe iruganisha kuba kimwe mu Bihugu bicye bikorerwamo inkingo

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwateye indi ntambwe iruganisha kuba kimwe mu Bihugu bicye bikorerwamo inkingo

U Rwanda rwateye indi ntambwe iruganisha kuba kimwe mu Bihugu bicye bikorerwamo inkingo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.