Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Byagenze gute ngo icyamamare mpuzamahanga Travis Scott ateze igihombo gikabije sosiyete yari yamwizeye?

radiotv10by radiotv10
30/04/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Byagenze gute ngo icyamamare mpuzamahanga Travis Scott ateze igihombo gikabije sosiyete yari yamwizeye?
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete ya Goldenvoice itegura iserukiramuco rizwi nka Coachella, yaciwe amande y’ibihumbi 20$ [arenga miliyoni 28 Frw] kubera gukerererwa kw’icyamamare Travis Scott.

Aya mande y’aka kayabo kaciwe iyi sosiyete ya Goldenvoice, aturuka ku bukererwa bwa Travis Scott wari watumiwe muri ririya serukiramuco ryabaye tariki 12 Mata 2025, akarenzaho iminota itatu ku gihe yagombaga kuhagerera.

Ni amande yaciwe n’Umujyi wa Indio, aho amasezerano y’iri serukiramuco n’uyu mujyi ateganya ko iyo igitaramo kirengeje igihe cyagombaga kuberaho, hishyurwa amande y’ibihumbi 20$, hiyongeraho 1,000$ kuri buri munota ugiye hejuru y’iminota itanu yemewe.

Nk’uko bitangazwa n’amakuru atandukanye, igitaramo cya Scott cyatinze gutangira kubera gutinda kw’icyari cyakibanjirije, ari cyo cya Green Day, cyarenzeho iminota 15 kubera ikibazo cy’ibishashi by’ibyishimo (fireworks) bitagenze neza.

Nubwo igitaramo cye cyatinze gutangira, ni cyo cyonyine cyateye itegeko ry’umujyi kurenga igihe cyemewe mu iserukiramuco rya Coachella na Stagecoach muri uyu mwaka.

Ibi byiyongera ku mateka ya Coachella yo kurenga igihe cyagenwe n’umujyi. Mu mwaka wa 2023, iri serukiramuco ryaciwe amande ya 117 000 $ mu mpera z’icyumweru cya mbere kubera kurenza igihe kw’abahanzi bakuru barimo Bad Bunny, Frank Ocean, na DJ Calvin Harris.

Amande yakusanyijwe yinjira mu Kigega Rusange cy’Umujyi wa Indio, agashyigikira serivisi z’ingenzi zirimo ibikorwa remezo, igipolisi, n’ishami ry’umuriro.

Blandy Star
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 2 =

Previous Post

Gatsibo: Uko bisanze bacururiza mu isoko risa nk’irirangaye n’ingaruka bibagiraho

Next Post

U Rwanda rwavuze uko ruri gufasha Ingabo za SADC gutaha n’impamvu ibiri gukorwa byari bikenewe

Related Posts

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga...

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunyamakuru umenyerewe mu biganiro bitambuka kuri YouTube, Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, uri mu baregwa ibifitanye isano no gusakaza amashusho...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwavuze uko ruri gufasha Ingabo za SADC gutaha n’impamvu ibiri gukorwa byari bikenewe

U Rwanda rwavuze uko ruri gufasha Ingabo za SADC gutaha n'impamvu ibiri gukorwa byari bikenewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.