Wednesday, October 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Byinshi ku rupfu rwa Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’ n’ibyarubanjirije

radiotv10by radiotv10
05/09/2025
in IMYIDAGADURO
0
Byinshi ku rupfu rwa Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’ n’ibyarubanjirije
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ryafashaga umuhanzikazi Musabyimana Gloriose uzwi nka Gogo, witabye Imana, ryatangaje amakuru y’urupfu rwe, n’indwara yari amaranye igihe ari na yo yabaye intandaro yo gutabaruka kwe.

Byatangajwe na Bikem wa Yesu wari ushinzwe umuziki n’itangazamakuru mu itsinda ryafashaga uyu muhanzi Gogo witabye Imana ku wa Gatatu tariki 03 Nzeri 2025.

Mu kiganiro dukesha YouTube Channel ‘Yago TV Show’, Bikem yavuze ko Gogo n’itsinda ry’abamufashaga, bavuye mu Rwanda mu cyumweru gishize, berecyeje muri Uganda mu bikorwa by’ivugabutumwa uyu muhanzikazi yari yatumiwemo.

Uyu ushinzwe umuziki n’itangazamakuru mu itsinda ryafashaga nyakwigendera, avuga ko igiterane bari batumiwemo, bakoze urugendo rurerure bakagerayo bananiwe, ariko mu buryo bw’umwuka bari bameze neza.

Bikem avuga ko nyakwigendera Gogo yitwaye neza muri icyo giterane. Ati “Kuva navuka nagendana na Gogo, yatambiye Imana, yahimbaje Imana nk’umuntu uri gutaha.”

Ati “Umwana yarabyinnye. Yageze ku rwego abyina mu gitaramo akajya areba abantu batari gutambira Imana, afata inkoni, akajya ajya mu bapasiteri ati ‘Uri inde wo kudatambira Imana?’, akanyuza inkoni agasa nk’ukubita.”

Mu giterane cya kabiri cyabaye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, bwo Gogo yagaragaje intege nke, bitandukanye n’uko mu giterane cya mbere yagaragaye, ariko ko byaterwaga no kuba ku wa Gatanu yari yakoresheje imbaraga nyinshi. Ati “Ntabwo twavuga ko ari ubundi burwayi.”

 

Urupfu rwe

Avuga ko barangije ibyo biterane, bavuye i Mbarara bakanyura Kampala kuganira n’abantu bagombaga kubaha ikiraka cyo kwamamaza ibikorwa byabo.

Bikem avuga ko ubusanzwe Gogo yari afite ubumuga kandi ko bwamuteraga ibibazo bikomeye, ariko ko batifuzaga ko bijya hanze.

Bageze i Kampala ku wa Mbere w’iki cyumweru, bucyeye bwaho ku wa Kabiri bajya gufata ifunguro muri resitora y’i Kampala, ari bwo Gogo yafatwaga n’uburwayi yari akunze kugira [burimo igicuri n’izindi ndwara zigenda zigaragara ku bantu bafite buri bumuga].

Bikem avuga ko nk’itsinda ryabaga hafi nyakwigendera, bahuraga na byinshi bigoye kubera uburwayi bwe, ariko ko kubera gukorera Imana, batabyinubiraga, ndetse bakanahora bamusengera.

Ati “Buriya twabazaniraga Gogo ku mbuga nkoranyambaga, ari zahabu yatunganyijwe, mukayibona ari final product ariko twebwe tuzi ibyo twarwanaga na byo. Twe nidutangaza ngo ‘Gogo araruhutse’ tuzi urutonde rw’ibyo aruhutse tuzi.”

Ati “Ku munsi wo ku wa Kabiri yaratitiye cyane, yikubita hasi agize amahirwe yikubita ku bibero bya Nsabimana [undi wo mu itsinda ryafashaga Gogo].”

Bikem avuga ko Gogo yitabye Imana mu ijoro ryo ku wa Gatatu, nyuma yuko bamujyanye kwa muganga na bwo yari yabanje kugaragaza ibimenyetso by’indwara yajyaga imufata.

Avuga ko ubwo na bwo yafatwaga n’ubwo burwayi ku mugoro wo ku wa Gatatu, babanje kubona ari ibisanzwe nk’uko bwajyaga bumufata bukagenda, bagasenga. Ati “Noneho bije turamureka dukomeza dusenga kuko n’ubundi twari twarabimenyereye twe.”

Byageze mu ma saa moya z’ijoro ku wa Gatatu, Gogo yongera gufatwa n’ubwo burwayi ariko noneho bimara igihe, kuko byagejeje saa mbiri n’igice, ari bwo bafata icyemezo cyo kumujyana kwa muganga. Ati “Twabonye byafashe indi ntera.”

Ngo bamujyanye kwa muganga banitwaje abanyamasengesho barimo n’abafashe ingendo ndende, baramusengera ku buryo ngo “Gogo yaherekejwe nk’umugeni w’Imana.”

Ati “Tumugejeje kwa muganga, ngira ngo ntabwo hatambutsemo n’isaha. Gogo yaryamye arasinzira, ntiyongera kubyuka. Gogo afatiraho neza cyane, Gogo arigendera. Nguko uko Gogo yatashye.”

Bikem avuga ko abaganga batangaje ko nyakwigendera yishwe no kubura umwuka kubera buriya burwayi bw’igicuri yari yamaranye umwanya munini.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − seventeen =

Previous Post

Ntibumva ukuntu igishanga cyahagaritswemo Imirimo imwe ngo iracyangiza kikaba cyogerezwamo ibinyabiziga

Next Post

Umuvugizi wa Guverinoma yatunguwe n’ibyatangajwe na HRW ku Rwanda ayigaragariza ko yatandukiriye

Related Posts

Umuhanzikazi Nyarwanda uba hanze yashyize hanze indirimbo yuzuye amashimwe

Umuhanzikazi Nyarwanda uba hanze yashyize hanze indirimbo yuzuye amashimwe

by radiotv10
20/10/2025
0

Umuhanzikazi Antoinette Rehema w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana ukorera ibikorwa bye bya muzika muri Canada, yashyize hanze indirimbo ye...

Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

by radiotv10
18/10/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi, Ishimwe Hakizimana uzwi nka Shizzo baherutse kwambikana impeta y’urukundo, bashyize hanze itariki...

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

by radiotv10
17/10/2025
0

Umuhanzi Kitoko Bibarwa wari umaze imyaka 12 atuye ku Mugabane w’u Burayi, yemeje ko mu kwezi gutaha azagaruka mu Rwanda...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

by radiotv10
17/10/2025
0

Umukinnyikazi wa Filimi uzwi mu Rwanda, Alliah Cool yongeye kwikoma umunyamakuru wagize icyo avuga ku modoka ye ifite plaque yo...

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

by radiotv10
16/10/2025
0

Nyuma yuko umukinnyi wa filimi, Alliah Cool agaragaje imodoka aherutse kugura, yabaye nk’uterana amagambo n’umunyamakuru umwe mu Rwanda wayitanzeho igitekerezo...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

21/10/2025
Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

21/10/2025
Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

21/10/2025
Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

21/10/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

21/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

Umuvugizi wa Guverinoma yatunguwe n’ibyatangajwe na HRW ku Rwanda ayigaragariza ko yatandukiriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.