Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

radiotv10by radiotv10
18/12/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina ye kera akiri umwana, anavuga uko gukora indirimbo zo mu rurimi rw’Igiswayire byaje, ndetse no ku mukobwa byavuzwe ko yateye inda.

Ni ikiganiro cyatangiye saa tanu z’igitondo kuri Kigali Convention Center. Mbonyi yabajijwe uburyo yakira kuba yarize Pharmacy ariko ubu akaba atunzwe n’umuziki akora, asubiza ko kuva kera yabyiyumvagamo ko azaba umuhanzi.

Ati: “Kuva kera nabyiyumvagamo ko nzaririmba, ntabwo narinzi ko nzaba kuri uru rwego cyangwa kugera aho bigeze uyu munsi, ariko byamye bindimo kuva kera. Nabaga ndi muri Pharmacy ndimo kwiga ariko ndi kwihimbira n’uturirimbo, twavamo ikintu cyambereye umunezero cyane, ndetse n’igihe narangizaga ishuri nkajya kuririmba mu rusengero no gucuranga, ni wo munezero wa mbere nagiraga uruta iyindi.”

Wumvaga bizaba biri kuri uru rwego?

Mbonyi: “Oya, numvaga bizaba biri hasi cyane. Numvaga nzajya niririmbira, ngafata gitari nkaririmba iwacu mu rugo n’inshuti zanjye, sinarinziko bizagera kuri uru rwego.”

Yakomeje asobanura aho izina Icyambu ryavuye, anavuga ko kera yanganaga amazina ye Israel Mbonyicyambu, ndetse yigeze kuyahindura kuko ngo yumvaga ayo mazina ari ay’abasaza yiyita Mbonyi.

Ati: “Kera amazina yanjye Israel Mbonyicyambu narayangaga ku buryo naje no kuyahindura n’yita Mbonyimfura Eric. Rimwe umubyeyi wanjye aje kunyumvira amanota barampamagara, aratungurwa ati ‘Ye? Ayo mazina ni nde wayakwise?’ Ntibyamuneyeje, ariko byarangiye nsubiye kwitwa uko nagombaga kwitwa. Nyuma Imana impamagara, nibwo nakunze iri zina, nsobanukiwe igisobanuro cya Mbonyicyambu numva ndikunze ku mutima. Nyuma Imana iza kumpa indirimbo yitwa Icyambu, birangira Icyambu kibaye icyambu.”

Israel Mbonyi yavuze ko gukora indirimbo z’Igiswayire bitari muri gahunda, nubwo hari inshuti ye yakundaga kubimuganirizaho. Ngo byaje mu nzozi, ubwo bari bageze kure bakora kuri album ya kane, habura ibyumweru bibiri ngo akore igitaramo.

Ati: “Tariki ya 18 Mata 2023, twari kwitegura kurikodinga album yitwa Umusirikare. Naryamye saa cyenda z’ijoro narose numva umuntu araririmba ati ‘Ninasiri naye Yesu…’ Igiswayire cyanjye nicyo mu kigo, hari amagambo ntumvaga neza. Ndabyuka nandikira umuntu nti ‘Ese aya magambo asobanura iki?’ Aransobanurira, naho ngaho indirimbo yanjye ya mbere y’Igiswayire iravuka.”

Yavuze impamvu yahisemo itariki ya 25/12, ayinyuramo gato amateka y’ukuntu byaje. Ati: “Inshuti yanjye yitwa Mushyoma Bobo ni we twaganiriye bwa mbere, mumbwira ko mfite igitekerezo cyo gukora igitaramo. Musobanurira uko nifuzaga ahantu nakorera, uko haba hameze, ariko icyo gihe natinyaga ko BK Arena ntazayibasha. Rimwe turi mu biro hamwe n’inshuti yanjye David Bayingana turi kuganira, barambwira ngo nzakorere muri BK Arena. Ndababwira nti ‘Reka reka, ntabwo nabishobora.’ Icyo gihe nibwo bandaye ijoro batuma ndara ntekereza niba ibyo bintu bishoboka. Umunsi wakurikiyeho nagiye gusura BK Arena, ni bwo bwa mbere naringezeyo. Ndahareba mbona ni kinini cyane, mu gitondo ndamuhamagara ndamubwira nti ‘Ntabwo nakorera hariya hantu, ntabwo nahashobora.’”

Avuga ko abo bantu babiri bamwumvishije ko byashoboka, ari bo bamuteye imbaraga zo kuhakorera, yabashimiye cyane.

Hari ibihuha byavuzwe ku mbuga nkoranyambaga bivuga ko umuhanzi Israel Mbonyi yabyaye akabihisha. Abibajijwe yabisubije muri aya magambo: “Ni nde ngomba ibisobanuro by’ubuzima bwanjye bwite? Nta kintu njyewe bimbwiye. Kuba umuntu yatekereza icyo ashaka ni uburenganzira bwe. Courage, ibindi byose nta kibazo.”

Israel Mbonyi agiye gukora igitaramo ICYAMBU Season 4 muri BK Arena, kikaba ari igitaramo agiye gukora ku nshuro ya kane. Amatike yacyo akunze gushira mbere kubera uburyo kitabirwa cyane.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Next Post

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.