• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Claude Muhayimana uri kuburanishirizwa i Paris yasabiwe gufungwa imyaka 15

radiotv10by radiotv10
15/12/2021
in Uncategorized
0
Claude Muhayimana uri kuburanishirizwa i Paris yasabiwe gufungwa imyaka 15
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda Muhayimana Claude uri kuburanishirizwa i Paris mu Bufaransa ku byaha bya Jenoside Yakorewe Abatutsi akurikiranyweho, yasabiwe gufungwa imyaka 15.

Ubushinjacyaha buburana na Claude Muhayimana ukekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside mu cyahoze ari Kibuye, bwasabye Urukiko rwa rubanda rw’i Paris guhamya ibyaha uyu mugabo.

Uyu munsi, Umushinjacyaha yahawe umwanya wo gusabira ibihano uregwa, bwongera kugaruka ku bikorwa bimwe bikekwa kuri Muhayimana byatumye Abatutsi benshi Babura ubuzima muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Umushinjacyaha yavuze ko ibyaha bikekwa kuri Muhayimana bifite uburemere, agaruka ku rugero rwa bamwe mu Batutsi bishwe barimo Bigirimana wo ku Kibuye waciwe umutwe bakawuzengurukana bawerekana.

Muhayimana usanzwe afite ubwenegihugu bwa kabiri bw’u Bufaransa, akekwaho kugira uruhare mu bikorwa byo kwica Abatutsi mu cyahoze ari Kibuye, aho avugwaho kuba yaratwaraga Interahamwe zabaga zigiye mu bitero.

Muri uru rubanza rwatangiye kuburanishwa mu kwezi gushize, humviswe ubuhamya burumo inzobere zagaragaje amateka ya Jenoside Yakorewe Abatutsi ndetse n’Abanyarwanda bazi ibya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Claude Muhayimana we yahakanye ibyaha akekwaho, aho yanavuze ko Nyina ndetse n’Umugore we ari Abatutsikazi bityo ko atari gukora ibikorwa byo kwica abo mu bwoko bumwe na bo.

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Abahoze mu buyobozi bwa FDLR bari basabiwe gufungwa burundu bakatiwe imyaka 10

Next Post

Munyakazi wabaye Minisitiri yakatiwe imyaka 5 isubitse, uwo bareganwa akatirwa gufungwa

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Munyakazi wabaye Minisitiri yakatiwe imyaka 5 isubitse, uwo bareganwa akatirwa gufungwa

Munyakazi wabaye Minisitiri yakatiwe imyaka 5 isubitse, uwo bareganwa akatirwa gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.