Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Gaby Kamanzi yasohoye indirimbo nshya yise ‘’Day By Day’’

radiotv10by radiotv10
14/07/2021
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Gaby Kamanzi yasohoye indirimbo nshya  yise ‘’Day By Day’’
Share on FacebookShare on Twitter

Umuramyi Gaby Kamanzi, ukunzwe n’abantu benshi mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda, benshi bakunze kumwita ‘’Miss Gospel’’ yasohoye indirimbo shya yise ‘’DAY BY DAY’’ izaba iri
kuri alubumu ye ya Kabiri.

Gaby Irene Kamanzi umwe mu bahanzikazi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bakunzwe cyane mu Rwanda no mu karere, indirimbo ”DAY BY DAY” amajwi yayo yakozwe na Producer Camarade usanzwe umenyerewe mu gutunganya indirimbo za Gospel, naho amashusho yakozwe na Producer Sammy Switch (Bless World Music) ni indirimbo ikubiyemo ubutumwa bukangurira abantu kwishingikiriza ku Mana bazirikana ko ariyo soko y’umugisha yonyine. Umuririmbyi Gaby abashishikariza kwikomeza kuri uwo Mwami ubasumba bose.

Aganira na Umuseke, Gaby yagize ati: ‘‘Muri iyi ndirimbo ndashaka gushishikariza abantu kugendana n’Imana gukora ubushake bwayo,iyo Imana yabonyeko wayubashye umunsi ku munsi (DAY BY DAY) nayo irakwigaragariza,..’’.

ImageUmuramyi Gaby Kamanzi, ukunzwe n’abantu benshi mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana mu Rwanda, benshi bakunze kumwita ‘’Miss Gospel’’ yasohoye indirimbo shya yise ‘’DAY BY DAY’’

Mu ndirimbo DAY BY DAY Gaby yumvikana aririmba amagambo akomeza abantu umutima aho agira ati: ”icyo umwana w’umuntu atakwishoboza, wowe uramushoboza ukamunezeza,”

Gaby yaherukaga gukora indirimbo ‘‘Emmanuel’’ yishimiwe n’abantu benshi biganjemo abakunzi b’umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, kimwe n’iyi ndirimbo yasohoye yise DAY BY DAY nyuma y’amasaha make igeze ku rubuga rwe rwa Youtube irikwishimirwa cyane, zombi zizaba zimwe mu ndirimbo zizaba zigize Alubumu ye ya Kabiri.

Gaby Irene Kamanzi ni umwe mu baririmbyi bafite ubuhanga muri muzika ndetse n’ijwi riryohera amatwi hamwe n’amagambo y’Imana aba aririmba bigafasha imitima y’abumva impumeko y’Imana ituruka muri we, yamenyekanye cyane mu ndirimbo nyinshi zagiye zikundwa harimo “Amahoro, Arankunda, Emmanuel”.

Indirimbo ”DAY BY DAY” kuri ubu wayisanga ku rubuga rwe rwa youtube rwitwa Gaby Kamanzi ukajya ubona n’izindi ndirimbo ze.

Image

Umuhanzikazi Gaby Kamanzi umwe mu barambye mu buhanzi bw’indirimbo zo guhimbaza Imana

Umuhanzi Gaby Kamanzi yagiye yitabira ibitaramo bitandukanye bikomeye haba mu gihugu cy’u Rwanda ndetse no hanze ku migabane itandukanye
harimo Amerika, Uburayi n’ahandi henshi…bamwe mu bahanzi bo hanze y’u Rwanda Gaby akunda cyane harimo umunya Australia Darlene Zschech ndetse n’umunye Congo Amanda Malela umwe mu bahanzikazi bagezweho muri Congo wibera ku mugabane w’i Burayi.

Inkuru ya: Jean Paul Mugabe/RadioTV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − three =

Previous Post

WOMEN ZONE V 2021: U Rwanda rwatsinzwe na Misiri mbere yo gucakirana na South Sudan-AMAFOTO

Next Post

Umunyezamu wakiniraga APR FC yasinyiye AS Kigali

Related Posts

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

by radiotv10
29/10/2025
0

Ange Niyonshuti Tricia, umugore w’umuhanzi Tom Close; yongeye kumwibutsa ko amukunda urutagereranywa, anamubwira ko amwifuriza kuramba kugeza igihe azabonera ubuvivi....

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera, who has Rwandan roots, is among the contestants for the Miss Belgium title. She is confident about her...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, ari mu bahatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi, ndetse akaba afite icyizere cyo kuryegukana,...

How musicians are using streaming platforms to make money

How musicians are using streaming platforms to make money

by radiotv10
27/10/2025
0

In today’s digital world, streaming platforms have completely changed how musicians share their music and earn a living. Instead of...

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

by radiotv10
25/10/2025
0

Nyuma y'ibyumweru bibiri afunguwe, Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga n'umugore we Annette Murava, basohoye indirimbo nshya bise ‘Ndi inde”...

IZIHERUKA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda
AMAHANGA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyezamu wakiniraga APR FC yasinyiye AS Kigali

Umunyezamu wakiniraga APR FC yasinyiye AS Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.