Monday, October 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Habimana Jean Eric umenyerewe mu mukino wo gusiganwa ku magare yinjiye mu muziki asohora indirimbo

radiotv10by radiotv10
21/07/2021
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Habimana Jean Eric umenyerewe mu mukino wo gusiganwa ku magare yinjiye mu muziki asohora indirimbo
Share on FacebookShare on Twitter

Habimana Jean Eric umukinnyi w’umukino w’amagare wabigize umwuga mu ikipe ya Skol Adrien Cycling Academy Continental Team (SACA Team) yashyize hanze indirimbo nyuma y’iminsi yari ishize agaragaraje ko ari umwe mu bazobereye gucuranga gitari banaririmba Kuri ubu yashyize hanze indirimbo yise “Akugarutseho” igaragara ku rubuga rwe rwa Youtube yise : Jean Eric official .

Habimana Jean Eric watangiye gukina umukino w’amagare mu 2015 akaza kwinjira mu ikipe ya Fly Skol Cycling Team muri uwo mwaka agahita akomerezaho akanatwara shampiyona y’igihugu mu 2016 mu cyiciro cy’abakiri bato (Junior Category), kuri ubu ni umwe mu bakinnyi bahagaze neza muri uyu mukino kuko anaba mu ikipe y’impuzamashyirahamwe y’uyu mukino ku isi (UCI) ndetse akaba ari mu bakinnyi UCI izifashisha muri Tour de l’Avenir 2021.

Habimana w’imyaka 20 unaheruka muri shampiyona ya Afurika, yagiye akunda gusohora uduce duto tw’amashusho agaragaza ko asobanukiwe ibijyanye no gucuranga gitari. Nyuma avuga ko yaje kumva byaba byiza agiye yandika indirimbo akaba yanazisohora abantu bakazumva.

Mu kiganiro yagiranye na RadioTV10, Habimana yavuze ko yumvaga afite ubushake bwo gukora indirimbo ariko akumva haracyabura igihe. Gusa ngo kuri iyi nshuro abona ko byamukundiye nyuma yo gusohora indirimbo yakorewe na Trackslayer.

“Nsanzwe nzi gucuranga gitari. Akenshi iyo mvuye mu myitozo ndi kuruhuka nyifashije nduhuka ncuranga nkanaririmba. Nyuma rero bagenzi banjye dukinana barambwiye bati impano ufite mu muziki uzayikuze ube wakora indirimbo muri studio.

“Nyuma naje kubyigaho nsanga nabyo nabikora. Nafashe umwanzuro wo kujya kwa Trackslayer mwereka indirimbo nanditse arayitunganya, irasokoka” Habimana

Genesisbizz

Habimana Jean Eric amaze kuzamura ikizere ko azagera ku rwego rwiza mu mukino w’amagare

Agaruka ku kuba azakomeza kuririmba, Habimana yavuze ko iyi ndirimbo ye yise “Akugarutseho” atazahagararira aho ahubwo ko azakomeza urugendo yatangiye.

“Ntabwo nteganya guhagararira uri iyi ahubwo nzakomeza gukora n’izindi kuko ndazifite nyinshi zanditse nzajya nsohora imwe nyuma y’indi ku buryo nazagera ku rwego rwo gukora album” Habimana Jean Eric

Habimana Jean Eric ni umwe mu bakinnyi batangiye gukina Tour du Rwanda iri kuri 2.1 kuko byari mu 2020 ndetse na 2021 akaba zose yarazikinnye.

Umva  “Akugarutseho ya Habimana Jean Eric unyuze aha ..  (1150) Akugarutseho by Jean Eric Habimana – YouTube

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − twelve =

Previous Post

Bareke bajajwe- Kimenyi yikomye abakomeje kuvuga nabi umukunzi we Miss Muyango

Next Post

RUBAVU: Hari abarembejwe n’abiyise abuzukuru ba shitani

Related Posts

Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

by radiotv10
18/10/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi, Ishimwe Hakizimana uzwi nka Shizzo baherutse kwambikana impeta y’urukundo, bashyize hanze itariki...

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

by radiotv10
17/10/2025
0

Umuhanzi Kitoko Bibarwa wari umaze imyaka 12 atuye ku Mugabane w’u Burayi, yemeje ko mu kwezi gutaha azagaruka mu Rwanda...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

by radiotv10
17/10/2025
0

Umukinnyikazi wa Filimi uzwi mu Rwanda, Alliah Cool yongeye kwikoma umunyamakuru wagize icyo avuga ku modoka ye ifite plaque yo...

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

by radiotv10
16/10/2025
0

Nyuma yuko umukinnyi wa filimi, Alliah Cool agaragaje imodoka aherutse kugura, yabaye nk’uterana amagambo n’umunyamakuru umwe mu Rwanda wayitanzeho igitekerezo...

Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

by radiotv10
15/10/2025
0

Umuririmbyi Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ uherutse kugaragaza agahinda ko kuremererwa n’uburwayi bw’umugore we urembye kandi ubushobozi bwaramushiranye, yatangaje...

IZIHERUKA

Things to leave behind with the end of the week
MU RWANDA

Things to leave behind with the end of the week

by radiotv10
20/10/2025
0

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

19/10/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

18/10/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RUBAVU: Hari abarembejwe n’abiyise abuzukuru ba shitani

RUBAVU: Hari abarembejwe n’abiyise abuzukuru ba shitani

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Things to leave behind with the end of the week

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.