Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

radiotv10by radiotv10
04/12/2025
in IMYIDAGADURO
0
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga kuhagera, icyakora umunyamategeko wunganira umwe mu baregwa, asaba ko uriya muhanzi na we akurikiranwa kuko ari we wa mbere wayasakaje.

Byagarutsweho mu rubanza rwo kuri uyu wa Kane tariki 04 Ukuboza mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, ruregwamo Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man na Kalisa John uzwi na K-John.

Ubwo Ubushinjacyaha bwabazwaga kugaragaza impamvu busabira abaregwa gufungwa by’agatetanyo, bwavuze ko ibyagezweho mu iperereza bishimangira ko bakoze iki cyaha bakurikiranyweho.

Kuri Pazzo Man, Ubushinjacyaha bwavuze ko yari umujyanama wa Yampano, aho yashoboraga kugera kuri email y’uyu muhanzi, ari na ho yari yarabitse ariya mashusho.

Pazzo yemereye Urukiko ko koko yabonye ariya mashusho kuri Email ya Yampano, ariko ko atigeze ayamanuraho ngo ayabike, kandi ko akiyabona yahise abibwira Yampano ngo ayakureho.

Yagize ati “njye uretse kuyarebaho ntabwo nigeze nyabika kuri telefone cyangwa ngo ngire uwo nyasangiza.”

Uyu Pazzo kandi yavuze ko no mu iperereza ryakozwe n’abahanga, ryagaragaje ko we atari afite ariya mashusho, ndetse ko nta muntu n’umwe yayasangije.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwatangaje ko uyu Pazzo ku itariki 11 Ugushyingo yandikiye uwitwa Ddumba [uzwi mu myidagaduro] aho yamubwiraga ko yasiba amashusho ya Yampano ndetse amusaba kutagira umuntu ayasangiza.

Umunyamategeko wunganira Pazzo Man, yavuze ko Yampano yagakwiye kuba na we ari gukurikiranwa, kuko ari we wa mbere wagize uruhare mu gusakaza ariya mashusho ye.

Uyu munyamategeko wavugaga ko bitumvikana uburyo Yampano yashyize ariya mashusho kuri Email kandi abizi neza ko atari we ubasha kuyigeraho wenyine, asaba Urukiko gutegeka ko uyu muhanzi na we akurikiranwa.

Yagize ati “Turasaba Urukiko ko mu bubasha bwarwo rwategeka ko Yampano atangira gukurikiranwaho gusakaza ayo mashusho kuko yayashyize kuri Email kandi abizi neza ko atariwe wenyine uyikoresha.”

Kuri K-John, Ubushinjacyaha bwavuze ko iperereza ryagaragaje ko hari ifoto yafashe akoherereza umuhanzi witwa Papa Cyangwe, amubwira iby’ariya mashusho, amubwira ko yamaze kujya hanze.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze uyu K-John yarasabye uwitwa Kwizera Nestor uzwi nka Pappy Nesta ariya mashusho, akayamuha, ku buryo hari ikibyihishe inyuma.

Hari kandi umutangabuhamya uzwi nka Njuga wavuze ko yahuriye muri resitora n’aba bombi K-John na Pazzo, bakamwereka ariya mashusho.

K-John we yahakanye ibyaha, avuga ko ifoto yavuzwe yayibonye muri Kamena uyu mwaka ku rubuga rwa WhatsApp yashyizweho n’umuntu wavugaga ko umuha amafaranga amuha amashusho ya yampano ari gukora iminonano mpuzabitsina.

Ngo koherereza iriya foto Papa Cyangwe, yashakaga kubimumenyesha nk’umuhanzi wari umaze gukorana indirimbo na Yampano.

Umunyamategeko wunganira K-John yavuze ko kuba umuliya we yarasabye ariya mashusho ndetse akayahabwa, bidakwiye kuba impamvu zigize icyaha, kuko icyaha ari ukuyasakaza, nyamara we atarigeze abikora.

Nyuma yo kumva imyiregurire, Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwapfundikiye urubanza, rwanzura ko ruzasoma icyemezo cyarwo ku ifungwa tariki 11 Ugushyingo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + seventeen =

Previous Post

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Related Posts

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunyamakuru umenyerewe mu biganiro bitambuka kuri YouTube, Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, uri mu baregwa ibifitanye isano no gusakaza amashusho...

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Rev. Ndayizeye Isaïe uyobora Itorero rya ADEPR, yahakanye amakuru yatangajwe ko yanze gusezeranya umuririmbyi Ishimwe Vestine n’umugabo we Idriss Jean...

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, umaze iminsi agarukwaho mu makuru y’imyidagaruro kubera amashusho ye yasakaye, ari kubarizwa ku Mugabane...

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruratangaza ko Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad usanzwe akora ibiganiro bitambuka kuri YouTube, akurikiranyweho ibindi byaha byiyongera...

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

by radiotv10
29/11/2025
0

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaramo umuhanzi B-Face w’i Burundi yumvikanamo avugamo amagambo y’ibitutsi ku Banyarwanda, byamenyekanye ko yabarwaniye ishyaka,...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.