Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye ibyabaye hagifatwa Umunyarwanda Kayishema wari ku isonga mu bashakishwa kurusha abandi

radiotv10by radiotv10
26/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hamenyekanye ibyabaye hagifatwa Umunyarwanda Kayishema wari ku isonga mu bashakishwa kurusha abandi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda Kayishema Fulgence wazaga ku isonga mu bashakishwa kubera uruhare bakekwaho kugira muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafashwe nyuma y’imyaka irenga 20 ashakishwa. Hamenyekanye ibyabaye ubwo yari agifatwa.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) kuri uyu wa Kane tariki 25 Gicurasi 2023, ryatangaje ko uyu Kayishema Fulgence yafashwe ku mugoroba w’umunsi wari wawubanjirije, ku wa Gatatu tariki 24 Gicurasi 2023.

Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT, Serge Brammertz wasobanuye uko ifatwa rya Fulgence ryagenze, yavuze ko uru rwego ku bufatanye n’izindi nzego zirimo iz’ubutasi za Afurika y’Epfo, habanje gukusanywa ibimenyetso kuri uyu Munyarwanda washakishwaga.

Yagize ati “Mu gitondo cyo ku wa Gatatu ni bwo hatangiye ibikorwa by’iperereza mu rugo rw’umwe mu bagize umuryango we, ni ho twakuye amwe mu makuru y’aho yari aherereye.”

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 24 Gicurasi, izi nzego zahise zijya mu rugo rwa Fulgence Kayishema, zinamusangayo.

Serge Brammertz yagize ati “Yabanje guhakana umwirondoro we ko atari Kayishema, ariko twari twamaze kubona amakuru ahagije ashimangira ko ari we arimo n’inyandiko z’abo bafitanye isano.”

Uyu Mushinjacyaha Mukuru wa IRMCT avuga ko Kayishema yabonye ntaho yacikira amakuru yari afitwe n’izi nzego zamufashe. Ati “Cyera kabaye yaje kwemera ko ari we.”

Fulgence Kayishema akimara gufatwa

 

U Rwanda rwari ruherutse kuvuga ku ifatwa rye

Mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi cyabereye i Nyange, aho Kayishema akekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside, ubwo Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana yatangaga ikiganiro, yari yagarutse ku marorerwa yakozwe n’uyu mugabo wafashwe.

Dr Jean Damascene Bizimana yari yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi i Nyange yihariye ndetse ko binagaragazwa no kuba hari abantu bane bakurikiranywe n’ubutabera mpuzamahanga, ari bo Gaspard Kanyarukiga, Gregoire Ndahimana na Athanase Seromba.

Dr Bizimana yakomeje avuga ko hiyongeraho na Fulgence Kayishema “ukibundabunga muri Afurika y’Epfo.”

Yari yavuze ko u Rwanda ruzi aho Kayishema aherereye, ati “Na we aho azafatirwa azakurikiranwa, aho aba turahazi, n’iherezo bizashoboka.”

Fulgence Kayishema akurikiranyweho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, byumwihariko mu iyicwa ry’Abatutsi barenga ibihumbi bibiri bari bahungiye kuri Kiliziya ya Nyange.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 6 =

Previous Post

Umunyarwenya wa mbere mu Rwanda akomeje kugeza abakizamuka ku rwego ruhanitse

Next Post

Ingingo yazamuye impaka mu Rwanda ku kongerera ikiruhuko ababyaye muri Uganda byabaye ukundi

Related Posts

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Eng.-President Kagame and First Lady host Senior U.S Officials including Senior Advisor to the White House

by radiotv10
07/11/2025
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted senior officials from the United States of America, including Paula White-Cain,...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingingo yazamuye impaka mu Rwanda ku kongerera ikiruhuko ababyaye muri Uganda byabaye ukundi

Ingingo yazamuye impaka mu Rwanda ku kongerera ikiruhuko ababyaye muri Uganda byabaye ukundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.