Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye ibyabaye hagifatwa Umunyarwanda Kayishema wari ku isonga mu bashakishwa kurusha abandi

radiotv10by radiotv10
26/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hamenyekanye ibyabaye hagifatwa Umunyarwanda Kayishema wari ku isonga mu bashakishwa kurusha abandi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda Kayishema Fulgence wazaga ku isonga mu bashakishwa kubera uruhare bakekwaho kugira muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafashwe nyuma y’imyaka irenga 20 ashakishwa. Hamenyekanye ibyabaye ubwo yari agifatwa.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) kuri uyu wa Kane tariki 25 Gicurasi 2023, ryatangaje ko uyu Kayishema Fulgence yafashwe ku mugoroba w’umunsi wari wawubanjirije, ku wa Gatatu tariki 24 Gicurasi 2023.

Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT, Serge Brammertz wasobanuye uko ifatwa rya Fulgence ryagenze, yavuze ko uru rwego ku bufatanye n’izindi nzego zirimo iz’ubutasi za Afurika y’Epfo, habanje gukusanywa ibimenyetso kuri uyu Munyarwanda washakishwaga.

Yagize ati “Mu gitondo cyo ku wa Gatatu ni bwo hatangiye ibikorwa by’iperereza mu rugo rw’umwe mu bagize umuryango we, ni ho twakuye amwe mu makuru y’aho yari aherereye.”

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 24 Gicurasi, izi nzego zahise zijya mu rugo rwa Fulgence Kayishema, zinamusangayo.

Serge Brammertz yagize ati “Yabanje guhakana umwirondoro we ko atari Kayishema, ariko twari twamaze kubona amakuru ahagije ashimangira ko ari we arimo n’inyandiko z’abo bafitanye isano.”

Uyu Mushinjacyaha Mukuru wa IRMCT avuga ko Kayishema yabonye ntaho yacikira amakuru yari afitwe n’izi nzego zamufashe. Ati “Cyera kabaye yaje kwemera ko ari we.”

Fulgence Kayishema akimara gufatwa

 

U Rwanda rwari ruherutse kuvuga ku ifatwa rye

Mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi cyabereye i Nyange, aho Kayishema akekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside, ubwo Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana yatangaga ikiganiro, yari yagarutse ku marorerwa yakozwe n’uyu mugabo wafashwe.

Dr Jean Damascene Bizimana yari yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi i Nyange yihariye ndetse ko binagaragazwa no kuba hari abantu bane bakurikiranywe n’ubutabera mpuzamahanga, ari bo Gaspard Kanyarukiga, Gregoire Ndahimana na Athanase Seromba.

Dr Bizimana yakomeje avuga ko hiyongeraho na Fulgence Kayishema “ukibundabunga muri Afurika y’Epfo.”

Yari yavuze ko u Rwanda ruzi aho Kayishema aherereye, ati “Na we aho azafatirwa azakurikiranwa, aho aba turahazi, n’iherezo bizashoboka.”

Fulgence Kayishema akurikiranyweho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, byumwihariko mu iyicwa ry’Abatutsi barenga ibihumbi bibiri bari bahungiye kuri Kiliziya ya Nyange.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Umunyarwenya wa mbere mu Rwanda akomeje kugeza abakizamuka ku rwego ruhanitse

Next Post

Ingingo yazamuye impaka mu Rwanda ku kongerera ikiruhuko ababyaye muri Uganda byabaye ukundi

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingingo yazamuye impaka mu Rwanda ku kongerera ikiruhuko ababyaye muri Uganda byabaye ukundi

Ingingo yazamuye impaka mu Rwanda ku kongerera ikiruhuko ababyaye muri Uganda byabaye ukundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.