Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye ibyabaye hagifatwa Umunyarwanda Kayishema wari ku isonga mu bashakishwa kurusha abandi

radiotv10by radiotv10
26/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hamenyekanye ibyabaye hagifatwa Umunyarwanda Kayishema wari ku isonga mu bashakishwa kurusha abandi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwanda Kayishema Fulgence wazaga ku isonga mu bashakishwa kubera uruhare bakekwaho kugira muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafashwe nyuma y’imyaka irenga 20 ashakishwa. Hamenyekanye ibyabaye ubwo yari agifatwa.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) kuri uyu wa Kane tariki 25 Gicurasi 2023, ryatangaje ko uyu Kayishema Fulgence yafashwe ku mugoroba w’umunsi wari wawubanjirije, ku wa Gatatu tariki 24 Gicurasi 2023.

Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT, Serge Brammertz wasobanuye uko ifatwa rya Fulgence ryagenze, yavuze ko uru rwego ku bufatanye n’izindi nzego zirimo iz’ubutasi za Afurika y’Epfo, habanje gukusanywa ibimenyetso kuri uyu Munyarwanda washakishwaga.

Yagize ati “Mu gitondo cyo ku wa Gatatu ni bwo hatangiye ibikorwa by’iperereza mu rugo rw’umwe mu bagize umuryango we, ni ho twakuye amwe mu makuru y’aho yari aherereye.”

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 24 Gicurasi, izi nzego zahise zijya mu rugo rwa Fulgence Kayishema, zinamusangayo.

Serge Brammertz yagize ati “Yabanje guhakana umwirondoro we ko atari Kayishema, ariko twari twamaze kubona amakuru ahagije ashimangira ko ari we arimo n’inyandiko z’abo bafitanye isano.”

Uyu Mushinjacyaha Mukuru wa IRMCT avuga ko Kayishema yabonye ntaho yacikira amakuru yari afitwe n’izi nzego zamufashe. Ati “Cyera kabaye yaje kwemera ko ari we.”

Fulgence Kayishema akimara gufatwa

 

U Rwanda rwari ruherutse kuvuga ku ifatwa rye

Mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi cyabereye i Nyange, aho Kayishema akekwaho gukorera ibyaha bya Jenoside, ubwo Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana yatangaga ikiganiro, yari yagarutse ku marorerwa yakozwe n’uyu mugabo wafashwe.

Dr Jean Damascene Bizimana yari yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi i Nyange yihariye ndetse ko binagaragazwa no kuba hari abantu bane bakurikiranywe n’ubutabera mpuzamahanga, ari bo Gaspard Kanyarukiga, Gregoire Ndahimana na Athanase Seromba.

Dr Bizimana yakomeje avuga ko hiyongeraho na Fulgence Kayishema “ukibundabunga muri Afurika y’Epfo.”

Yari yavuze ko u Rwanda ruzi aho Kayishema aherereye, ati “Na we aho azafatirwa azakurikiranwa, aho aba turahazi, n’iherezo bizashoboka.”

Fulgence Kayishema akurikiranyweho kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, byumwihariko mu iyicwa ry’Abatutsi barenga ibihumbi bibiri bari bahungiye kuri Kiliziya ya Nyange.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 20 =

Previous Post

Umunyarwenya wa mbere mu Rwanda akomeje kugeza abakizamuka ku rwego ruhanitse

Next Post

Ingingo yazamuye impaka mu Rwanda ku kongerera ikiruhuko ababyaye muri Uganda byabaye ukundi

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingingo yazamuye impaka mu Rwanda ku kongerera ikiruhuko ababyaye muri Uganda byabaye ukundi

Ingingo yazamuye impaka mu Rwanda ku kongerera ikiruhuko ababyaye muri Uganda byabaye ukundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.