Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hapfunduwe agaseke k’amakuru y’ikipe ya mbere mu Rwanda izwiho gukora ibyayo bucece

radiotv10by radiotv10
26/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hapfunduwe agaseke k’amakuru y’ikipe ya mbere mu Rwanda izwiho gukora ibyayo bucece
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi mushya w’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda (APR FC), Lt Col Richard Karasira yavuze ko uko iyi kipe yakomeje kuba nziza mu Rwanda, igomba no kubigeraho ku Mugabane wa Afurika, anavuga kimwe mu bikorwa iteganya gukora muri iki cyumweru, byari bitegerejwe na benshi.

Kuri uyu wa Gatandatu, nyuma y’Amatora ya Perezida wa FERWAFA umuyobozi wa APR FC yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru agaruka ku hazaza hayo ndetse n’ingingo yo kugarura abanyamahanga, yakunze kugarukwaho na benshi biganjemo abakunzi bayo, babisabye kenshi.

Imyaka irenze 10, APR FC itangije Polike yo gukinisha Abanyarwanda mu rwego rwo kubazamurira impano ndetse no guteza imbere abenegihugu.

Nubwo iyi kipe itahahwemye gutwara ibikombe mu Rwanda, umusaruro wayo ku ruhando mpuzamahanga uragerwa ku mushya kuko isezererwa mu marushanywa ya CAF itarenze umutaru.

APR FC mu myaka ishize umusaruro wayo ku ruhando mpuzamahanga

APR FC yari ihagarariye u Rwanda mu mikino Nyafurika ihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo, CAF Champions League, muri 2022, yasezerewe itarenze umutaru nyuma yo gutsindwa na US Monastir ku giteranyo cy’ibitego 3-1.

Umukino ubanza wahuje aya makipe mu Karere ka Huye, warangiye iyi Kipe y’Ingabo itsinze igitego 1-0, mu wo kwishyura wabereye muri Tunisia ku wa 18 Nzeri 2022 itsindwa ibitego 3-0.

Uwo mwaka yari yihaye intego yo kugera mu matsinda bidasubirwaho, ariko imigambi yihaye ntiyigeze iyigeraho.

Mu mwaka wa 2020, APR FC yasezerewe na Gor Mahia yo muri Kenya mu ijonjora rya mbere ku giteranyo cy’ibitego 4-3 mu mikino yombi.

Umwaka wakurikiyeho Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda yarijajaye itsinda Mogadishu City ibitego 2-1 ariko mu ijonjora rya kabiri ihurirayo n’uruva gusenya kuko yatsinzwe na Etoile du Sahel 5-1 mu mikino yombi. Amahirwe yari isigaranye yari ugukomeza inzira igana muri CAF Confederation Cup, ariko RS Berkane yitambitse intego zayo iyikuramo ku bitego 2-1.

Ni iki gitumye APR FC igaruka ku banyamahanga?

Tariki ya 23 Ukuboza 2022, uwari Chairman wayo, Lt Gen Mubarakh Muganga, yemeje ko iyi kipe nisohokera u Rwanda (muri uyu mwaka), hari abazongerwamo bakayifasha gushaka uko yagera kure mu mikino Nyafurika.

Uyu muyobozi yagarutse kuri ibi nyuma y’uko abakunzi b’iyi kipe bakomeje kubisaba ndetse bavuga ko gukinisha Abanyarwanda gusa bituma birara ntihabeho ihangana rigamije itsinzi mu bafana.

Kutitwara neza kuri iyi kipe y’igihugu benshi babihuza no gusubira inyuma kwa Shampiyona y’u Rwanda ndetse n’ikipe y’Igihugu kuko usanga isoko ryo mu Rwanda ry’abakinnyi ari rito.

Icyizere kitaraza amasinde ku bakunzi ba APR FC

Kuri iki cyumweru, mu muhango wo gutora Perezida wa FERWAFA, itangazamakuru ryegereye Chairman mushya wa APR FC, Lt Col Richard Karasira aribwira bimwe mu biri gutekerezwa n’iyi Kipe ifite igikombe cya Shampiyona.

Lt Col Richard Karasira yavuze ko “APR FC imaze iminsi ari nziza mu Rwanda igomba no kuba nziza ku ruhando mpuzamahanga”

Ati “Tuzasinyisha abakinnyi mpuzamahanga bataje kwicira ku ntebe, kugira ngo tubashe kugera ku ntego zacu zo kwitwara neza ku ruhando mpuzamahanga.”

Uyu muyobozi avuga ko biteguye gushaka abatoza mpuzamahanga. Ati “Bitarenze iki cyumweru turaba tubagejejeho abatoza bashya b’iyi kipe.”

APR FC igiye kugarura Abanyamahanga, biravugwa ko yatangiye kugirana ibiganiro n’umukinnyi wa Rayon Sports, Rutahizamu w’Umugande Joackiam Ojera.

Biravugwa ko iyi kipe ishobora gusezerera abakinnyi 15, mu gihe yaba yinjiye ku Isoko mpuzamahanga ryo kugura abakinnyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Igisubizo cy’ukuri guhagije cya Perezida Ruto kuri Tshisekedi wagaye Ingabo za EAC

Next Post

Hari inkuru nziza ku banyamigabane ba MTN yinjiye abarirwa muri Miliyari magana muri 2022

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari inkuru nziza ku banyamigabane ba MTN yinjiye abarirwa muri Miliyari magana muri 2022

Hari inkuru nziza ku banyamigabane ba MTN yinjiye abarirwa muri Miliyari magana muri 2022

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.