Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hapfunduwe agaseke k’amakuru y’ikipe ya mbere mu Rwanda izwiho gukora ibyayo bucece

radiotv10by radiotv10
26/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hapfunduwe agaseke k’amakuru y’ikipe ya mbere mu Rwanda izwiho gukora ibyayo bucece
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi mushya w’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda (APR FC), Lt Col Richard Karasira yavuze ko uko iyi kipe yakomeje kuba nziza mu Rwanda, igomba no kubigeraho ku Mugabane wa Afurika, anavuga kimwe mu bikorwa iteganya gukora muri iki cyumweru, byari bitegerejwe na benshi.

Kuri uyu wa Gatandatu, nyuma y’Amatora ya Perezida wa FERWAFA umuyobozi wa APR FC yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru agaruka ku hazaza hayo ndetse n’ingingo yo kugarura abanyamahanga, yakunze kugarukwaho na benshi biganjemo abakunzi bayo, babisabye kenshi.

Imyaka irenze 10, APR FC itangije Polike yo gukinisha Abanyarwanda mu rwego rwo kubazamurira impano ndetse no guteza imbere abenegihugu.

Nubwo iyi kipe itahahwemye gutwara ibikombe mu Rwanda, umusaruro wayo ku ruhando mpuzamahanga uragerwa ku mushya kuko isezererwa mu marushanywa ya CAF itarenze umutaru.

APR FC mu myaka ishize umusaruro wayo ku ruhando mpuzamahanga

APR FC yari ihagarariye u Rwanda mu mikino Nyafurika ihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo, CAF Champions League, muri 2022, yasezerewe itarenze umutaru nyuma yo gutsindwa na US Monastir ku giteranyo cy’ibitego 3-1.

Umukino ubanza wahuje aya makipe mu Karere ka Huye, warangiye iyi Kipe y’Ingabo itsinze igitego 1-0, mu wo kwishyura wabereye muri Tunisia ku wa 18 Nzeri 2022 itsindwa ibitego 3-0.

Uwo mwaka yari yihaye intego yo kugera mu matsinda bidasubirwaho, ariko imigambi yihaye ntiyigeze iyigeraho.

Mu mwaka wa 2020, APR FC yasezerewe na Gor Mahia yo muri Kenya mu ijonjora rya mbere ku giteranyo cy’ibitego 4-3 mu mikino yombi.

Umwaka wakurikiyeho Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda yarijajaye itsinda Mogadishu City ibitego 2-1 ariko mu ijonjora rya kabiri ihurirayo n’uruva gusenya kuko yatsinzwe na Etoile du Sahel 5-1 mu mikino yombi. Amahirwe yari isigaranye yari ugukomeza inzira igana muri CAF Confederation Cup, ariko RS Berkane yitambitse intego zayo iyikuramo ku bitego 2-1.

Ni iki gitumye APR FC igaruka ku banyamahanga?

Tariki ya 23 Ukuboza 2022, uwari Chairman wayo, Lt Gen Mubarakh Muganga, yemeje ko iyi kipe nisohokera u Rwanda (muri uyu mwaka), hari abazongerwamo bakayifasha gushaka uko yagera kure mu mikino Nyafurika.

Uyu muyobozi yagarutse kuri ibi nyuma y’uko abakunzi b’iyi kipe bakomeje kubisaba ndetse bavuga ko gukinisha Abanyarwanda gusa bituma birara ntihabeho ihangana rigamije itsinzi mu bafana.

Kutitwara neza kuri iyi kipe y’igihugu benshi babihuza no gusubira inyuma kwa Shampiyona y’u Rwanda ndetse n’ikipe y’Igihugu kuko usanga isoko ryo mu Rwanda ry’abakinnyi ari rito.

Icyizere kitaraza amasinde ku bakunzi ba APR FC

Kuri iki cyumweru, mu muhango wo gutora Perezida wa FERWAFA, itangazamakuru ryegereye Chairman mushya wa APR FC, Lt Col Richard Karasira aribwira bimwe mu biri gutekerezwa n’iyi Kipe ifite igikombe cya Shampiyona.

Lt Col Richard Karasira yavuze ko “APR FC imaze iminsi ari nziza mu Rwanda igomba no kuba nziza ku ruhando mpuzamahanga”

Ati “Tuzasinyisha abakinnyi mpuzamahanga bataje kwicira ku ntebe, kugira ngo tubashe kugera ku ntego zacu zo kwitwara neza ku ruhando mpuzamahanga.”

Uyu muyobozi avuga ko biteguye gushaka abatoza mpuzamahanga. Ati “Bitarenze iki cyumweru turaba tubagejejeho abatoza bashya b’iyi kipe.”

APR FC igiye kugarura Abanyamahanga, biravugwa ko yatangiye kugirana ibiganiro n’umukinnyi wa Rayon Sports, Rutahizamu w’Umugande Joackiam Ojera.

Biravugwa ko iyi kipe ishobora gusezerera abakinnyi 15, mu gihe yaba yinjiye ku Isoko mpuzamahanga ryo kugura abakinnyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Igisubizo cy’ukuri guhagije cya Perezida Ruto kuri Tshisekedi wagaye Ingabo za EAC

Next Post

Hari inkuru nziza ku banyamigabane ba MTN yinjiye abarirwa muri Miliyari magana muri 2022

Related Posts

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira...

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’umupira w’Amaguru 'Rwanda Premier League', rwatangaje ibihano bishya bizaja bihabwa abarenga ku mategeko n’amabwiriza mu mwaka...

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

by radiotv10
11/09/2025
0

Abakinnyi ba APR FC bavuye mu makipe y’Ibihugu, bahise basanga bagenzi babo muri Tanzania aho iyi kipe iri mu mikino...

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

by radiotv10
10/09/2025
0

Ibikorwa bidakwiye byakozwe n’abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo kwangiza Sitade yabo, bishobora gutuma hafatwa ibihano...

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

by radiotv10
10/09/2025
0

Nyuma yuko Perezida mushya w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) Shema Ngoga Fabrice yizeje Amavubi kubakandira akanyenyeri nyuma yo gutsinda Zimbabwe, amakuru...

IZIHERUKA

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo
MU RWANDA

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

15/09/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari inkuru nziza ku banyamigabane ba MTN yinjiye abarirwa muri Miliyari magana muri 2022

Hari inkuru nziza ku banyamigabane ba MTN yinjiye abarirwa muri Miliyari magana muri 2022

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.