Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hapfunduwe agaseke k’amakuru y’ikipe ya mbere mu Rwanda izwiho gukora ibyayo bucece

radiotv10by radiotv10
26/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hapfunduwe agaseke k’amakuru y’ikipe ya mbere mu Rwanda izwiho gukora ibyayo bucece
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi mushya w’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda (APR FC), Lt Col Richard Karasira yavuze ko uko iyi kipe yakomeje kuba nziza mu Rwanda, igomba no kubigeraho ku Mugabane wa Afurika, anavuga kimwe mu bikorwa iteganya gukora muri iki cyumweru, byari bitegerejwe na benshi.

Kuri uyu wa Gatandatu, nyuma y’Amatora ya Perezida wa FERWAFA umuyobozi wa APR FC yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru agaruka ku hazaza hayo ndetse n’ingingo yo kugarura abanyamahanga, yakunze kugarukwaho na benshi biganjemo abakunzi bayo, babisabye kenshi.

Imyaka irenze 10, APR FC itangije Polike yo gukinisha Abanyarwanda mu rwego rwo kubazamurira impano ndetse no guteza imbere abenegihugu.

Nubwo iyi kipe itahahwemye gutwara ibikombe mu Rwanda, umusaruro wayo ku ruhando mpuzamahanga uragerwa ku mushya kuko isezererwa mu marushanywa ya CAF itarenze umutaru.

APR FC mu myaka ishize umusaruro wayo ku ruhando mpuzamahanga

APR FC yari ihagarariye u Rwanda mu mikino Nyafurika ihuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo, CAF Champions League, muri 2022, yasezerewe itarenze umutaru nyuma yo gutsindwa na US Monastir ku giteranyo cy’ibitego 3-1.

Umukino ubanza wahuje aya makipe mu Karere ka Huye, warangiye iyi Kipe y’Ingabo itsinze igitego 1-0, mu wo kwishyura wabereye muri Tunisia ku wa 18 Nzeri 2022 itsindwa ibitego 3-0.

Uwo mwaka yari yihaye intego yo kugera mu matsinda bidasubirwaho, ariko imigambi yihaye ntiyigeze iyigeraho.

Mu mwaka wa 2020, APR FC yasezerewe na Gor Mahia yo muri Kenya mu ijonjora rya mbere ku giteranyo cy’ibitego 4-3 mu mikino yombi.

Umwaka wakurikiyeho Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda yarijajaye itsinda Mogadishu City ibitego 2-1 ariko mu ijonjora rya kabiri ihurirayo n’uruva gusenya kuko yatsinzwe na Etoile du Sahel 5-1 mu mikino yombi. Amahirwe yari isigaranye yari ugukomeza inzira igana muri CAF Confederation Cup, ariko RS Berkane yitambitse intego zayo iyikuramo ku bitego 2-1.

Ni iki gitumye APR FC igaruka ku banyamahanga?

Tariki ya 23 Ukuboza 2022, uwari Chairman wayo, Lt Gen Mubarakh Muganga, yemeje ko iyi kipe nisohokera u Rwanda (muri uyu mwaka), hari abazongerwamo bakayifasha gushaka uko yagera kure mu mikino Nyafurika.

Uyu muyobozi yagarutse kuri ibi nyuma y’uko abakunzi b’iyi kipe bakomeje kubisaba ndetse bavuga ko gukinisha Abanyarwanda gusa bituma birara ntihabeho ihangana rigamije itsinzi mu bafana.

Kutitwara neza kuri iyi kipe y’igihugu benshi babihuza no gusubira inyuma kwa Shampiyona y’u Rwanda ndetse n’ikipe y’Igihugu kuko usanga isoko ryo mu Rwanda ry’abakinnyi ari rito.

Icyizere kitaraza amasinde ku bakunzi ba APR FC

Kuri iki cyumweru, mu muhango wo gutora Perezida wa FERWAFA, itangazamakuru ryegereye Chairman mushya wa APR FC, Lt Col Richard Karasira aribwira bimwe mu biri gutekerezwa n’iyi Kipe ifite igikombe cya Shampiyona.

Lt Col Richard Karasira yavuze ko “APR FC imaze iminsi ari nziza mu Rwanda igomba no kuba nziza ku ruhando mpuzamahanga”

Ati “Tuzasinyisha abakinnyi mpuzamahanga bataje kwicira ku ntebe, kugira ngo tubashe kugera ku ntego zacu zo kwitwara neza ku ruhando mpuzamahanga.”

Uyu muyobozi avuga ko biteguye gushaka abatoza mpuzamahanga. Ati “Bitarenze iki cyumweru turaba tubagejejeho abatoza bashya b’iyi kipe.”

APR FC igiye kugarura Abanyamahanga, biravugwa ko yatangiye kugirana ibiganiro n’umukinnyi wa Rayon Sports, Rutahizamu w’Umugande Joackiam Ojera.

Biravugwa ko iyi kipe ishobora gusezerera abakinnyi 15, mu gihe yaba yinjiye ku Isoko mpuzamahanga ryo kugura abakinnyi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 10 =

Previous Post

Igisubizo cy’ukuri guhagije cya Perezida Ruto kuri Tshisekedi wagaye Ingabo za EAC

Next Post

Hari inkuru nziza ku banyamigabane ba MTN yinjiye abarirwa muri Miliyari magana muri 2022

Related Posts

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

Abahanzi bazaririmba mu birori bya Basketball bitegerejwe mu Rwanda bamenyekanye

by radiotv10
09/05/2025
0

Abazitabira imikino nyafurika ya BAL 2025, bazasusurutswa n’abahanzi barimo uzwi ku Mugabane wa Afurika, King Promise wamenyekanye mu ndirimbo nka...

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

by radiotv10
08/05/2025
0

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari inkuru nziza ku banyamigabane ba MTN yinjiye abarirwa muri Miliyari magana muri 2022

Hari inkuru nziza ku banyamigabane ba MTN yinjiye abarirwa muri Miliyari magana muri 2022

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.