Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hari amakuru bivugwa ko yagizwe ibanga muri Label ifasha abahanzi ikomeye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hari amakuru bivugwa ko yagizwe ibanga muri Label ifasha abahanzi ikomeye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nzu ifasha abahanzi (Label) ikomeye mu Rwanda, haravugwa amakuru yuko umwe mu bahanzi ifasha yaba atakibarizwamo, ndetse impande zombi zirashyize zigira icyo ziyavugaho.

Bimaze iminsi bihwihwiswa ko umuhanzi Igor Mabano atakibarizwa muri Label ya Kina Music isanzwe ikomeye mu Rwanda inafasha abahanzi bakomeye.

RADIOTV10 yabajije impande zombi zirebwa n’aya makuru amaze iminsi ahwihwiswa, ariko zivuga ibitandukanye.

Umuhanzi Igor Mabano abajijwe iby’amakuru niba koko yaramaze kuva muri Kina Music, asubiza agira ati “Ntacyo nabivugaho. Ni ibihuha tu. Ntabwo amakuru ari yo kabisa.”

Umunyamakuru yahise ahindukira abaza umuyobozi wa Kina Music, Ishimwe Clement, amusubiza mu magambo adatanga igisubizo gitomoye.

Ati “Ntacyo nabona nabivugaho. Ayo makuru ntayo ndabona nta n’icyo nabivugaho kuko sinyazi. Ndi kuvuga ko ntacyo mbivugaho.”

Umunyamakuru yabaye nk’ukomeza kumubaza ashaka kumenya amakuru arambuye, amubaza niba hari indirimbo ya Igor Mabano yaba iri gutunganyirizwa muri Kina Music, Ishimwe Clement yongera gusubiza agira ati “Mu by’ukuri nta kintu na kimwe mbivugaho.”

Ni ibisubizo byumvikanamo kudahakana cyangwa kwemera iby’aya makuru amaze iminsi avugwa, gusa abakurikiranira hafi iby’imyidagaduro yo mu Rwanda banamenya ibyo muri Kina Music bemeza ko Igor Mabano yamaze gusezera.

Igor Mabano yari amaze imyaka isaga itatu muri Kina Music yamufashije gukora indirimbo zitandukanye zirimo iyo yise ‘Iyo utegereza’, ‘Urakunzwe’, ‘Too late’ n’izindi.

Kina Music isanzwe ibarizwamo abahanzi bakomeye mu Rwanda, nka Knowlees Butera, Nel Ngabo ndetse na Platini P uherutse gutangaza ko asigaye akorana n’imwe mu nzu y’umuziki yo muri Nigeria yitwa One Percent International.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 2 =

Previous Post

Rusizi: Ibyabaye ku mugore n’umukobwa we bari bagiye gufata irembo biteye agahinda

Next Post

Igisubizo RIB yasubije uwabyutse ayandikira ayisuhuza anayimenyesha ko ayizirikana

Related Posts

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

by radiotv10
28/07/2025
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi, yasabye abitabiriye irushanwa rya Miss Burundi, kutazarangazwa n'ubwiza ngo bazahore babumurika bibagirwe...

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

by radiotv10
25/07/2025
0

Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga, wari watawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bapfaga 7 000 Frw, yarekuwe....

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

by radiotv10
25/07/2025
0

African streetwear is no longer just an underground aesthetic, it has transformed into a bold expression of culture, identity, and...

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

by radiotv10
22/07/2025
0

Umusore Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB akurikiranyweho gufungirana mu nzu...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

by radiotv10
22/07/2025
0

Nishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, uri mu bari baherutse kugaragaza ibibazo bagiriye muri Hoteli Château le Marara...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye
AMAHANGA

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

by radiotv10
28/07/2025
0

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

28/07/2025
Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

28/07/2025
Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

28/07/2025
Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo RIB yasubije uwabyutse ayandikira ayisuhuza anayimenyesha ko ayizirikana

Igisubizo RIB yasubije uwabyutse ayandikira ayisuhuza anayimenyesha ko ayizirikana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.