Friday, May 16, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hari amakuru bivugwa ko yagizwe ibanga muri Label ifasha abahanzi ikomeye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/03/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hari amakuru bivugwa ko yagizwe ibanga muri Label ifasha abahanzi ikomeye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nzu ifasha abahanzi (Label) ikomeye mu Rwanda, haravugwa amakuru yuko umwe mu bahanzi ifasha yaba atakibarizwamo, ndetse impande zombi zirashyize zigira icyo ziyavugaho.

Bimaze iminsi bihwihwiswa ko umuhanzi Igor Mabano atakibarizwa muri Label ya Kina Music isanzwe ikomeye mu Rwanda inafasha abahanzi bakomeye.

RADIOTV10 yabajije impande zombi zirebwa n’aya makuru amaze iminsi ahwihwiswa, ariko zivuga ibitandukanye.

Umuhanzi Igor Mabano abajijwe iby’amakuru niba koko yaramaze kuva muri Kina Music, asubiza agira ati “Ntacyo nabivugaho. Ni ibihuha tu. Ntabwo amakuru ari yo kabisa.”

Umunyamakuru yahise ahindukira abaza umuyobozi wa Kina Music, Ishimwe Clement, amusubiza mu magambo adatanga igisubizo gitomoye.

Ati “Ntacyo nabona nabivugaho. Ayo makuru ntayo ndabona nta n’icyo nabivugaho kuko sinyazi. Ndi kuvuga ko ntacyo mbivugaho.”

Umunyamakuru yabaye nk’ukomeza kumubaza ashaka kumenya amakuru arambuye, amubaza niba hari indirimbo ya Igor Mabano yaba iri gutunganyirizwa muri Kina Music, Ishimwe Clement yongera gusubiza agira ati “Mu by’ukuri nta kintu na kimwe mbivugaho.”

Ni ibisubizo byumvikanamo kudahakana cyangwa kwemera iby’aya makuru amaze iminsi avugwa, gusa abakurikiranira hafi iby’imyidagaduro yo mu Rwanda banamenya ibyo muri Kina Music bemeza ko Igor Mabano yamaze gusezera.

Igor Mabano yari amaze imyaka isaga itatu muri Kina Music yamufashije gukora indirimbo zitandukanye zirimo iyo yise ‘Iyo utegereza’, ‘Urakunzwe’, ‘Too late’ n’izindi.

Kina Music isanzwe ibarizwamo abahanzi bakomeye mu Rwanda, nka Knowlees Butera, Nel Ngabo ndetse na Platini P uherutse gutangaza ko asigaye akorana n’imwe mu nzu y’umuziki yo muri Nigeria yitwa One Percent International.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + sixteen =

Previous Post

Rusizi: Ibyabaye ku mugore n’umukobwa we bari bagiye gufata irembo biteye agahinda

Next Post

Igisubizo RIB yasubije uwabyutse ayandikira ayisuhuza anayimenyesha ko ayizirikana

Related Posts

Umuhanzi w’ikirangirire wigeze gufungirwa gukubita umukunzi we yongeye gufungiwe urugomo

Umuhanzi w’ikirangirire wigeze gufungirwa gukubita umukunzi we yongeye gufungiwe urugomo

by radiotv10
16/05/2025
0

Umuhanzi w’Umunyamerika Chris Brown yatawe muri yombi na polisi yo mu Bwongereza kubera ibyaha by’urugomo ashinjwa kuba yarakoreye mu kabyiniro...

Umuhanzi ukizamuka muri muzima Nyarwanda ahishuye ibicantege yasimbutse n’icyatumye bitamuhagarika

Umuhanzi ukizamuka muri muzima Nyarwanda ahishuye ibicantege yasimbutse n’icyatumye bitamuhagarika

by radiotv10
15/05/2025
0

Umuhanzi Jeje ukizamuka uzanye indirimbo nshya yise ‘Mpa Love’, avuga ko mu gutangira urugendo rwa muzika hari byinshi bigora benshi...

Uwari umugore w’umuhanzi Safi Madiba yagaragaje ibyishimo arimo

Uwari umugore w’umuhanzi Safi Madiba yagaragaje ibyishimo arimo

by radiotv10
15/05/2025
0

Niyonizera Judithe wahoze ari umugore w’umuhanzi Safi Madiba bakaza gutandukana, yagaragaje ko yishimiye kuba yakoze ubukwe n’umukunzi we mushya baherutse...

Umuhanzi w’ikirangirire wari utegerejwe mu Rwanda yahasesekaye yizeza ibitangaza abazitabira igitaramo azaririmbamo

Umuhanzi w’ikirangirire wari utegerejwe mu Rwanda yahasesekaye yizeza ibitangaza abazitabira igitaramo azaririmbamo

by radiotv10
15/05/2025
0

Umuhanzi w’ikirangirire ku Mugabane wa Afurika, Gregory Bortey Newman wamamaye nka King Promise, wari utegerejwe mu Rwanda mu gufungura imikino...

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

by radiotv10
14/05/2025
0

Cassie Ventura wahoze ari umukunzi wa Sean “Diddy” Combs , yatanze ubuhamya mu Rukiko rw’i New York, mu rubanza aregwamo...

IZIHERUKA

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi
MU RWANDA

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

by radiotv10
16/05/2025
0

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

16/05/2025
Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

16/05/2025
Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

Byarangiye Putin atengushye Zelensky mu biganiro bya mbere byari biteganyijwe

16/05/2025
America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

America yatangaje uko Perezida Kagame na Tshisekedi babona iby’ubuhuza bwayo n’ibyitezwe vuba aha

16/05/2025
Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

16/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo RIB yasubije uwabyutse ayandikira ayisuhuza anayimenyesha ko ayizirikana

Igisubizo RIB yasubije uwabyutse ayandikira ayisuhuza anayimenyesha ko ayizirikana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Uko ibiceri 300Frw byatumye umugabo yicana ubugome mugenzi we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.