Monday, April 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatahuwe amakuru atangaje ku Mupadiri wo mu Rwanda uherutse gusezera

radiotv10by radiotv10
08/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
4
Hatahuwe amakuru atangaje ku Mupadiri wo mu Rwanda uherutse gusezera
Share on FacebookShare on Twitter

Uwari Umusaseridoti muri Diyoseze ya Rugengeri, uherutse gusezera uyu muhamagaro, byamenyekanye ko agiye gusezerana n’umugore yihebeye kandi bakazasezeranira mu itorero rya ADEPR.

Niwemushumba Phocas yari yasezeye umuhamagaro w’Ubupadiri mu kwezi k’Ukuboza 2022 ubwo yandikiraga ibaruwa Musenyeri wa Diyoseze ya Ruhengeri Visenti Harolimana amumenyesha ko ahagaritse umuhamagaro.

Uyu mupadiri wari umaze imyaka 15 mu murimo wo kwiha Imana, yari amaze iminsi ari ku Mugabane w’u Burayi, aho yari yarajyanywe n’amasomo ari na ho yandikiye ibaruwa isezera mu gipadiri.

Muri iyo baruwa, Niwemushumba yari yavuze ko mu gihe yamaze kuri uyu Mugabane w’u Burayi, cyamubereye umwanya mwiza wo gusesengura imigirire n’imigenzereze bya Kiliziya Gatulika, akabona ko atakomezanya na yo.

Muri iyo baruwa yo gusezera, Niwemushumba hari aho yagize ati“Igihe maze mu Burayi cyampaye umwanya wo gufungura amaso, kureba, gutekereza, gusesengura no gusenga Imana amanywa n’ijoro, no kumva ubuzima mu kuri kwabwo. Ndabamenyesha ko ntakiri mu murongo wo gushyigikira, mu budahemuka n’ubwitange uburyarya n’ubwirasi mwateje imbere mu migenzereze yanyu.”

Yakomeje agira ati “Kandi ndababwira ko gukiranuka kwanyu nikutaruta ukw’abanditsi n’ukw’Abafarisayo, mutazinjira mu bwami bwo mu Ijuru.”

Ubu hamenyekanye amakuru mashya ko uyu wari umupadiri wamaze imyaka 15 yambara igishura akajya imbere y’Abakristu gatulika, agiye gusezerana.

Inyandiko y’ubutumire bwe, igaragaza ko azakora ubukwe tariki 04 z’ukwezi gutaha kwa Werurwe 2023, akazasezerana n’uwitwa Uwitije Olive nkuko bigaragara ku inyandiko y’ubutumire.

Umwe mu bari kumufasha mu myiteguro y’ubu bukwe bwe, yatangaje ko Niwemushumba Phocas ahuze muri iyi minsi, icyakora ko yiteguye kuzavugana n’itangazamakuru nyuma y’ubukwe bwe.

Yabanje kujya yambara igishura
Ubu agiye kwibanira n’uwo yabengutswe

RADIOTV10

Comments 4

  1. HARERIMANA Alphonse says:
    3 years ago

    Nubundi unwo yari yarabiteguye kera ubundi ahimba impamvu sisebya kiriziya kwifata byaramunaniye. Umupadiri uzasezera ntashake Umugore niwe wakwemera ibyo avuga

    Reply
  2. Gad says:
    3 years ago

    Ni byiza cyane

    Reply
  3. ADPR says:
    3 years ago

    Vaux mieux de se taire si ce que tu veux dire est mauvais que la silence,Paulo yaravuze ati kurongora nibyiza ariko kutarongora nibyiza kurushaho kuko kurongora biruta gushyuha ariko ikiza kiruta ibindi nuko mwamera nkanjy

    Byose biremewe ahubwo ubunyangamugayo bwokubivamo gitwari udasebanyije,nicyo kibazo

    Reply
  4. Sophie says:
    3 years ago

    Amahirwe Masa! Hose Imana irahari

    Reply

Leave a Reply to HARERIMANA Alphonse Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 9 =

Previous Post

Hamenyekanye icyahanishijwe uwagonze umunyamakuru Ntwali agahita apfa

Next Post

Icyabaye ku basore bagiye mu kabari ku manywa y’ihangu bakishyura inoti z’ibikwangari

Related Posts

Azwiho kwiyoroshya no gukunda bose nta vangura: Ibyibukirwa ku Mwamikazi Rosalie Gicanda wishwe tariki nk’iyi mu 1994

Azwiho kwiyoroshya no gukunda bose nta vangura: Ibyibukirwa ku Mwamikazi Rosalie Gicanda wishwe tariki nk’iyi mu 1994

by radiotv10
20/04/2026
0

Imyaka 32 irashize Rosalie Gicanda wabaye Umwamukazi wa nyuma w'u Rwanda yitabye Imana azize Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu mirage itazibagirana...

Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

by radiotv10
20/04/2026
0

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro y’urupfu rwa Padiri Bernard Kyoribona witabye Imana azize uburwayi, aho atabarutse hatarashira amezi...

Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

by radiotv10
20/04/2026
0

Mu gihe hari abaturage bo mu murenge wa Gihombo mu kagari ka Butare bikoma mudugudu ubasaba amafaranga kugira ngo abahe...

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

Rusizi: Habonetse imibiri 6 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bitanzweho amakuru n’uwarokotse

by radiotv10
19/04/2026
0

Mu mudugudu wa Nyagatare mu kagari ka Shagasha mu murenge wa Gihundwe habonetse imibiri itandatu y’abishwe muri jenoside yakorewe abatutsi...

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

by radiotv10
18/04/2026
0

Nyuma yuko umusore anyujije ubutumwa bw'amashusho ku mbuga nkoranyambaga avuga ko ari gutabariza abamotari bagenzi be bo mu Karere ka...

IZIHERUKA

Azwiho kwiyoroshya no gukunda bose nta vangura: Ibyibukirwa ku Mwamikazi Rosalie Gicanda wishwe tariki nk’iyi mu 1994
MU RWANDA

Azwiho kwiyoroshya no gukunda bose nta vangura: Ibyibukirwa ku Mwamikazi Rosalie Gicanda wishwe tariki nk’iyi mu 1994

by radiotv10
20/04/2026
0

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

20/04/2026
Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

20/04/2026
Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

20/04/2026
Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

20/04/2026
APR VC yitije abakinnyi bane ba Gisagara VC, Kepler ijyana umwe: Menya imyitegure y’Amakipe y’u Rwanda

APR VC yitije abakinnyi bane ba Gisagara VC, Kepler ijyana umwe: Menya imyitegure y’Amakipe y’u Rwanda

19/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyabaye ku basore bagiye mu kabari ku manywa y’ihangu bakishyura inoti z’ibikwangari

Icyabaye ku basore bagiye mu kabari ku manywa y’ihangu bakishyura inoti z’ibikwangari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Azwiho kwiyoroshya no gukunda bose nta vangura: Ibyibukirwa ku Mwamikazi Rosalie Gicanda wishwe tariki nk’iyi mu 1994

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.