Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe igihano gisabirwa umugore wemeye ko yiyiciye uruhinja akirubyara akarutsindagira mu musarani

radiotv10by radiotv10
10/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge ukurikiranyweho kwica umwana we akimubyara yarangiza akamutsindagira mu musarani, bikamenyekana nyuma y’ibyumweru 2, yasabiwe gufungwa imyaka 7.

Uyu mugore utuye mu Mudugudu wa Karukoro, Akagari ka Gasharu, mu Murenge wa Nyamirambo, yaburanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa Kane tariki 09 Gashyantare 2023.

Akekwaho kwica umwana akimubyara, yarangiza umurambo we akawutsindagirira mu musarani, ubundi akaryumaho.

Iki cyaha akekwaho, cyamenyekanya tariki 17 Mutarama 2023 nyuma yuko abaturanyi bamugizeho amakenga kuko bamubonye adatwite kandi yari amaze igihe afite inda nkuru.

Aba baturanyi baramwegereye bamubaza uko byagenze, yemera ko yishe umwana we akimubyara, ndetse anerekana aho yamujuguye mu musarani.

Uyu mugore ukekwaho kwihekura uruhinja rwe akimara kurubyara, yanemereye abantu ko uwo murambo w’uyu mwana, wari umaze ibyumweru bibiri.

Ubushinjacyaha buburana n’uyu mugore mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, buvuga ko mu ibazwa ry’uyu mugore yemeye icyaha akanagisabira imbabazi.

Ubushinjacyaha bwisunze ingingo ya 108 y’Itegeko Riteganya Ibyaha n’Ibihano muri rusange, bwasabye Urukiko guhamya icyaha uyu mugore, rukamukatira gufungwa imyaka irindwi (7).

Umucamanza w’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, wahise apfundikira urubanza, yanzuye ko icyemezo cy’Urukiko kizasomwa mu cyumweru gitaha tariki 14 Gashyantare 2023.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Habarurema Pascal says:
    3 years ago

    Ese bagiye babihera
    ababakeneye aho
    kubahemukira.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Umuhanzi ukizamuka mu Rwanda ahishuye ibitari bizwi ku kibazo yagiranye n’umunyamakuru ukomeye

Next Post

Intambara y’amagambo hagati y’abahanzikazi bakunzwe muri Uganda ikomeje kuba agatereranzamba

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Intambara y’amagambo hagati y’abahanzikazi bakunzwe muri Uganda ikomeje kuba agatereranzamba

Intambara y’amagambo hagati y’abahanzikazi bakunzwe muri Uganda ikomeje kuba agatereranzamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.