Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe igihano gisabirwa umugore wemeye ko yiyiciye uruhinja akirubyara akarutsindagira mu musarani

radiotv10by radiotv10
10/02/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge ukurikiranyweho kwica umwana we akimubyara yarangiza akamutsindagira mu musarani, bikamenyekana nyuma y’ibyumweru 2, yasabiwe gufungwa imyaka 7.

Uyu mugore utuye mu Mudugudu wa Karukoro, Akagari ka Gasharu, mu Murenge wa Nyamirambo, yaburanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa Kane tariki 09 Gashyantare 2023.

Akekwaho kwica umwana akimubyara, yarangiza umurambo we akawutsindagirira mu musarani, ubundi akaryumaho.

Iki cyaha akekwaho, cyamenyekanya tariki 17 Mutarama 2023 nyuma yuko abaturanyi bamugizeho amakenga kuko bamubonye adatwite kandi yari amaze igihe afite inda nkuru.

Aba baturanyi baramwegereye bamubaza uko byagenze, yemera ko yishe umwana we akimubyara, ndetse anerekana aho yamujuguye mu musarani.

Uyu mugore ukekwaho kwihekura uruhinja rwe akimara kurubyara, yanemereye abantu ko uwo murambo w’uyu mwana, wari umaze ibyumweru bibiri.

Ubushinjacyaha buburana n’uyu mugore mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, buvuga ko mu ibazwa ry’uyu mugore yemeye icyaha akanagisabira imbabazi.

Ubushinjacyaha bwisunze ingingo ya 108 y’Itegeko Riteganya Ibyaha n’Ibihano muri rusange, bwasabye Urukiko guhamya icyaha uyu mugore, rukamukatira gufungwa imyaka irindwi (7).

Umucamanza w’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, wahise apfundikira urubanza, yanzuye ko icyemezo cy’Urukiko kizasomwa mu cyumweru gitaha tariki 14 Gashyantare 2023.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Habarurema Pascal says:
    3 years ago

    Ese bagiye babihera
    ababakeneye aho
    kubahemukira.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + seven =

Previous Post

Umuhanzi ukizamuka mu Rwanda ahishuye ibitari bizwi ku kibazo yagiranye n’umunyamakuru ukomeye

Next Post

Intambara y’amagambo hagati y’abahanzikazi bakunzwe muri Uganda ikomeje kuba agatereranzamba

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Intambara y’amagambo hagati y’abahanzikazi bakunzwe muri Uganda ikomeje kuba agatereranzamba

Intambara y’amagambo hagati y’abahanzikazi bakunzwe muri Uganda ikomeje kuba agatereranzamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.