Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hatanzwe umucyo ku by’umuhanzi watunze agatoki Kompanyi ko itahiguye isezerano yamuhereye imbere y’imbaga

radiotv10by radiotv10
19/04/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hatanzwe umucyo ku by’umuhanzi watunze agatoki Kompanyi ko itahiguye isezerano yamuhereye imbere y’imbaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Yago Pon Dat uherutse kumurika album ye ya mbere mu gitaramo yanaherewemo ikibanza na Kompanyi imwe ibigurisha, yavuze ko yategereje uwo mutungo yemerewe, amaso agahera mu kirere, mu gihe iyi kompanyi yo ivuga ko yiteguye guhigura iri sezerano ariko ko uyu muhanzi na we hari ibyo atubahirije.

Yago Pon Dat usanzwe ari n’umunyamakuru wibanda ku biganiro akora kuri YouTube Channel ye izwi nka Yago TV, mu mpera z’umwaka ushize yashyize hanze album ye ya mbere yise ‘Suwejo’.

Igitaramo yamurikiyemo iyi album cyabaye tariki 22 Ukuboza 2024, muri Camp Kigali, cyaranzwe na byinshi, birimo n’abantu bafataga umwanya bakagira icyo bavuga by’umwihariko bashimira uyu muhanzi wamuritse album amaze umwaka umwe yinjiye muri muzika.

Tumwe mu dushya twaranze iki gitaramo, harimo kuba uyu muhanzi Yago yarahawe ikibanza na Kompanyi isanzwe ibicuruza yitwa Marchall Real Estate, yamwemereye ubutaka bwo kubakaho mu Mujyi wa Kigali nyuma y’uko uwari uyihagarariye anyuzwe n’uburyo yitwaye ku rubyiniro.

Nyuma y’amezi ane, Yago yahishuye ko iki Kibanza cyabaye nka ya mahembe ya rya tungo ryo mu rugo, ngo kuko yategereje ko agihabwa amaso agahera mu kirere.

Mu butumwa Yago yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yagize ati “Company yitwa Marchal Real Estate yatwemereyee ikibanza mu Mujyi wa Kigali ubwo twari mu gitaramo cyo kumurika album (Suwejo) Amaso ko yaheze mu kirere ni amahoro cyangwa ni ko mukora?”

Uyu muhanzi wagaragaje ko asa nk’uwihebye ko atazabona uyu mutungo utimukanwa yemerewe n’iyi kompanyi, yasoje ubutumwa bwe agira ati “Bimaze iki kwemera ikintu imbere y’imbaga ntugisohoze?”

Ubuyobozi bwa Marchall Real Estate bwamenyesheje uyu muhanzi ko mu gitaramo cye, hakozwe amakosa, kuko hari ibyo bavugiyemo bikwiye kuzubahirizwa kugira ngo ahabwe ubwo butaka yemerewe.

Mu butumwa busubiza ubw’uyu muhanzi, Marchall Real Estate yagize iti “Iwawe Twakorewe amakosa. Umuyobozi wa Marchall Real Estate yakubwiye ko ikibanza uzakimurikirwa ku munsi tuzamurikaho inyubako twubakiye umuturage utishoboye i Bugesera.”

Ubutumwa bwa Marchall Real Estate bukomeza bugira buti “Ukwiye gutegura Team yawe ikaganira natwe. Twaguteye inkunga mu buryo bwa cash. Umuco wo gushima no kwihangana bikurange.”

Ubwo uhagarariye Marshall Real Estate yemereraga Yago ikibanza mu Mujyi wa Kigali

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 1 =

Previous Post

Umucyo ku kibazo cy’umuceri cyazamuye impaka n’inkuru nziza ku batakaga itumbagira ry’ibiciro byawo

Next Post

Ibisobanuro bizanye ingingo nshya ku itangazo ry’Umujyi wa Kigali ryateje impaka ku ‘kutanduza kaburimbo’

Related Posts

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibisobanuro bizanye ingingo nshya ku itangazo ry’Umujyi wa Kigali ryateje impaka ku ‘kutanduza kaburimbo’

Ibisobanuro bizanye ingingo nshya ku itangazo ry’Umujyi wa Kigali ryateje impaka ku ‘kutanduza kaburimbo’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.