Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ibirambuye ku nkuru y’urukundo rw’umubikira warongowe n’umushumba anaruta

radiotv10by radiotv10
15/07/2022
in IMYIDAGADURO, UDUSHYA, UDUSHYA
0
Ibirambuye ku nkuru y’urukundo rw’umubikira warongowe n’umushumba anaruta
Share on FacebookShare on Twitter

Mukamana Christine wahoze ari umubikira, ubu ni umugore wa Ndayishimiye Fabrice bakundanye urudasanzwe, umwe akiyemeza guhagarika umuhamagaro wo kwiha Imana, akemera kujya kwibanira n’uwo yihebeye nubwo bariho mu buzima bw’ubukene.

Mukamana Christine na Ndayishimiye Fabrice, batuye mu Murenge wa Nzige mu Karere ka Rwamagana, bombi bagaragaza ko buri umwe yimariyemo undi.

Mu kiganiro bagiranye na YouTube Channel ya Isimbi TV, Ndayishimiye Frabrice avuga ko atagize amahirwe yo gukomeza amashuri kuko yagarukiye mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye, agatangira kujya kushakisha, akora ibiraka.

Avuga ko uyu mugore we yamubonye bwa mbere muri 2015 akiri umukobwa atarajya no mu muhamagaro w’ububikira, ubwo yazaga gusura abo mu muryango we batuye i Nzige, akumva aramwishimiye.

Christine we wavukiye mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Rurama, avuga ko ari ho yakuriye, aza no kuhiga amashuri kugeza mu yisumbuye.

Avuga ko kuva cyera akiri muto yumvaga azakurikira umuhamagaro wo kwiha Imana, akaza guhita ajya mu bubikira akirangiza amashuri yisumbuye.

Yatangiye amahugurwa y’ububikira muri 2016, ayirangiza nyuma y’imyaka ine muri 2019 ubwo yanahabwaga isezerano ry’ububikira.

Avuga ko kuva yajya mu mahugurwa kugeza ahawe ububikira, ataherukanaga na Fabrice, ku buryo buri umwe atari azi amakuru y’undi.

Avuga ko ubwo yagarukaga hanze amaze guhabwa ububikira, yumvaga ibye na Fabrice byarangiye. Ati “Numvaga byararangiye atakintekereza nanjye ntakimutekereza, byaje gutangira bundi bushya.”

Umugabo we Frabrice avuga ko akimara kumenya ko Christine yagiye mu bubikira, byamubabaje, ati “Ndavuga nti reka niragize Imana ni yo ikora byose.”

Ubwo yamusezeraga, ngibyamuciye intege kuko yamubwiye ko “Ni uko bibaho wenda niba Imana ari wowe yanteguriye, byose bizashoboka.”

Avuga ko ubwo yamenyaga ko uyu mukunzi we yagarutse mu buzima bwo hanze yaramaze kuba umubikira, yongeye kumutekereza bikaza gutizwa umundi no kuba baragendaga bahura.

Ati “Twarahuraga tukaganira hakaba nubwo duhuye avuye nko mu misa ntabizi ko turi bunahure. Ni uko twabonanaga.”

Frabice avuga ko yaje kubona akazi ko kujya yahirira inka zo kuri Paruwasi, ari na bwo barushijeho gusubukura umubano wabo, bikaza no gutuma atahatinda kuko bahise bamusezerera.

Ati “Babonye ukuntu duhuza turi umwe ukuntu imitima yahuye, batangira kubisakaza, biba ngombwa ko bansezerera.”

Christine we avuga ko ubwo Fabrice yamubwira ko yamukunze, byamugoye kubyakira, ati “Nabitekereje igihe kirekire ndavuga nti ‘uriya muntu se koko nibyo ra, arankunda?’ ariko biza kuza nyine mbona ni urukundo nyarukundo.”

Avuga ko yamaze amezi atandatu, abitekerezaho anabisengera, aba ari na bwo yaje kumwemerera urukundo.

Ku rundi ruhande Fabrice we yahise atangira kubaka inzu yumvaga ko azabanamo n’umukunzi mu gihe ku ruhande rwa Christine yari ari gutegura uburyo azasezera.

Ati “Narabanje nsaba Imana imbabazi ndayibwira nti ‘Mana nubwo twasezeranye ndi kubona biri kwanda, umbabarire.”

Umugambi wo kubana bawunogeje muri 2019, Christine aza no gutegura uburyo agomba kuva mu bubikira, aranasezera, yandika ibaruwa asezera ariko batinda kumusubiza, afata umwanzuro wo kuva muri uyu muhamagaro bataranamusubiza.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2021, baje kwibanira nk’umugore n’umugabo, ubu bamaranye amezi umunani babana.

Christine avuga ko inkuru yo gushakana n’uyu mugabo we, hari bamwe bagiye bamuhamagara bakamuca intege mu gihe hari n’abamwifurizaga urugo rwiza.

Bavuga ko bafite gahunda yo gusezerana mu rusengero no mu mategeko ubundi bakabana mu buryo bwemewe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + seventeen =

Previous Post

Kigali: Uwari wemeye kwica umwana yabihakaniye imbere y’abaturage n’abacamanza ngo yabyemejwe n’inkoni

Next Post

Urwego rukomeye muri America rwafashe icyemezo gisaba u Rwanda gufungura Rusesabagina byihuse

Related Posts

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma y’amaze abiri agaragaje umukunzi we akanamwambika impeta y’urukundo amusaba ko bazashyingiranwa,umuhanzi Niyo Bosco yashyize hanze amataliki y’ubukwe. “Imana izaha...

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Ishimwe Patrick uzwi nka Pazzo Man, na Kalisa John uzwi nka K John, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano n’umukunzi...

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwataye muri yombi abandi bantu babiri barimo umunyamakuru Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni...

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

by radiotv10
24/11/2025
0

Dosiye iregwamo abakurikiranyweho ibifitanye isano n’isakara ry’amashusho y’urukozasoni y’Umuhanzi Yampano n’umukunzi we, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha, ndetse hakaba haratawe muri yombi...

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Murindahabi Irene usanzwe areberera inyungu abaririmbyi Vestine na Dorcas, yavuze ko ubutumwa buherutse gutambuka ku rubuga nkoranyambaga rw’umwe muri aba...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urwego rukomeye muri America rwafashe icyemezo gisaba u Rwanda gufungura Rusesabagina byihuse

Urwego rukomeye muri America rwafashe icyemezo gisaba u Rwanda gufungura Rusesabagina byihuse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.