Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ibirambuye ku nkuru y’urukundo rw’umubikira warongowe n’umushumba anaruta

radiotv10by radiotv10
15/07/2022
in IMYIDAGADURO, UDUSHYA, UDUSHYA
0
Ibirambuye ku nkuru y’urukundo rw’umubikira warongowe n’umushumba anaruta
Share on FacebookShare on Twitter

Mukamana Christine wahoze ari umubikira, ubu ni umugore wa Ndayishimiye Fabrice bakundanye urudasanzwe, umwe akiyemeza guhagarika umuhamagaro wo kwiha Imana, akemera kujya kwibanira n’uwo yihebeye nubwo bariho mu buzima bw’ubukene.

Mukamana Christine na Ndayishimiye Fabrice, batuye mu Murenge wa Nzige mu Karere ka Rwamagana, bombi bagaragaza ko buri umwe yimariyemo undi.

Mu kiganiro bagiranye na YouTube Channel ya Isimbi TV, Ndayishimiye Frabrice avuga ko atagize amahirwe yo gukomeza amashuri kuko yagarukiye mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye, agatangira kujya kushakisha, akora ibiraka.

Avuga ko uyu mugore we yamubonye bwa mbere muri 2015 akiri umukobwa atarajya no mu muhamagaro w’ububikira, ubwo yazaga gusura abo mu muryango we batuye i Nzige, akumva aramwishimiye.

Christine we wavukiye mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Rurama, avuga ko ari ho yakuriye, aza no kuhiga amashuri kugeza mu yisumbuye.

Avuga ko kuva cyera akiri muto yumvaga azakurikira umuhamagaro wo kwiha Imana, akaza guhita ajya mu bubikira akirangiza amashuri yisumbuye.

Yatangiye amahugurwa y’ububikira muri 2016, ayirangiza nyuma y’imyaka ine muri 2019 ubwo yanahabwaga isezerano ry’ububikira.

Avuga ko kuva yajya mu mahugurwa kugeza ahawe ububikira, ataherukanaga na Fabrice, ku buryo buri umwe atari azi amakuru y’undi.

Avuga ko ubwo yagarukaga hanze amaze guhabwa ububikira, yumvaga ibye na Fabrice byarangiye. Ati “Numvaga byararangiye atakintekereza nanjye ntakimutekereza, byaje gutangira bundi bushya.”

Umugabo we Frabrice avuga ko akimara kumenya ko Christine yagiye mu bubikira, byamubabaje, ati “Ndavuga nti reka niragize Imana ni yo ikora byose.”

Ubwo yamusezeraga, ngibyamuciye intege kuko yamubwiye ko “Ni uko bibaho wenda niba Imana ari wowe yanteguriye, byose bizashoboka.”

Avuga ko ubwo yamenyaga ko uyu mukunzi we yagarutse mu buzima bwo hanze yaramaze kuba umubikira, yongeye kumutekereza bikaza gutizwa umundi no kuba baragendaga bahura.

Ati “Twarahuraga tukaganira hakaba nubwo duhuye avuye nko mu misa ntabizi ko turi bunahure. Ni uko twabonanaga.”

Frabice avuga ko yaje kubona akazi ko kujya yahirira inka zo kuri Paruwasi, ari na bwo barushijeho gusubukura umubano wabo, bikaza no gutuma atahatinda kuko bahise bamusezerera.

Ati “Babonye ukuntu duhuza turi umwe ukuntu imitima yahuye, batangira kubisakaza, biba ngombwa ko bansezerera.”

Christine we avuga ko ubwo Fabrice yamubwira ko yamukunze, byamugoye kubyakira, ati “Nabitekereje igihe kirekire ndavuga nti ‘uriya muntu se koko nibyo ra, arankunda?’ ariko biza kuza nyine mbona ni urukundo nyarukundo.”

Avuga ko yamaze amezi atandatu, abitekerezaho anabisengera, aba ari na bwo yaje kumwemerera urukundo.

Ku rundi ruhande Fabrice we yahise atangira kubaka inzu yumvaga ko azabanamo n’umukunzi mu gihe ku ruhande rwa Christine yari ari gutegura uburyo azasezera.

Ati “Narabanje nsaba Imana imbabazi ndayibwira nti ‘Mana nubwo twasezeranye ndi kubona biri kwanda, umbabarire.”

Umugambi wo kubana bawunogeje muri 2019, Christine aza no gutegura uburyo agomba kuva mu bubikira, aranasezera, yandika ibaruwa asezera ariko batinda kumusubiza, afata umwanzuro wo kuva muri uyu muhamagaro bataranamusubiza.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2021, baje kwibanira nk’umugore n’umugabo, ubu bamaranye amezi umunani babana.

Christine avuga ko inkuru yo gushakana n’uyu mugabo we, hari bamwe bagiye bamuhamagara bakamuca intege mu gihe hari n’abamwifurizaga urugo rwiza.

Bavuga ko bafite gahunda yo gusezerana mu rusengero no mu mategeko ubundi bakabana mu buryo bwemewe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 18 =

Previous Post

Kigali: Uwari wemeye kwica umwana yabihakaniye imbere y’abaturage n’abacamanza ngo yabyemejwe n’inkoni

Next Post

Urwego rukomeye muri America rwafashe icyemezo gisaba u Rwanda gufungura Rusesabagina byihuse

Related Posts

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yagaragaje ko umuhanzi Bill Ruzima watawe muri yombi, afite impano, ariko ko...

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

by radiotv10
19/11/2025
0

Nyuma yuko Umuririmbyi w’Indirimbo zo kuramya Uwiteka, Ishimwe Vestine ashyize hanze ubutumwa bamwe bakabufata nk’ubuca amarenga ko ishyamba atari ryeru...

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

by radiotv10
18/11/2025
0

Umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine uririmbana n’umuvandimwe Dorcas, yashyize hanze ubutumwa buca amarenga ko mu rugo...

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

by radiotv10
18/11/2025
0

Umuhanzi Bill Ruzima uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB kubera ibyaha byo kunywa no gutunda urumogi, bivugwa ko yemera...

Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Kwambara neza no kuberwa ntibikiri iby’abakobwa gusa ubu n’abasore bo mu Rwanda barabiyobotse

by radiotv10
18/11/2025
0

Mu myaka yshize, imyambarire no kwiyitaho byari iby’abakobwa n’abagore. Abasore n’abagabo benshi bumvaga ibyo guhitamo imyenda myiza no kwisiga amavuta...

IZIHERUKA

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye
AMAHANGA

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

19/11/2025
Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

18/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

19/11/2025
Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urwego rukomeye muri America rwafashe icyemezo gisaba u Rwanda gufungura Rusesabagina byihuse

Urwego rukomeye muri America rwafashe icyemezo gisaba u Rwanda gufungura Rusesabagina byihuse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Umuntu ni mugari- Minisitiri Utumatwishima avuga ku Muhanzi Bill Ruzima wafunzwe afatanywe urumogi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.