Thursday, July 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

radiotv10by radiotv10
30/06/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango
Share on FacebookShare on Twitter

Imyidagaduro yo mu Rwanda idasiba kuvugwamo ibyayo, ubu hagezweho iby’urugo rw’Umunyezamu Kimenyi Yves na Muyango Claudine, ruvugwamo umwuka utari mwiza no kuba baratandukanye mu ibanga, ahavugwa ko byatewe n’ibirimo imyitwarire y’umwe uvugwaho kuba yarinjijwe mu rukundo n’uwo bahuje igitsina.

Izi nkuru zasakaye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, nyuma yuko Muyango yanze guhurira mu kazi kamwe n’uwitwa Keza Terisky bagombaga gukorera mu kabari kamwe ko mu Mujyi wa Kigali mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 27 Kamena 2025.

Muyango yashyize hanze amakuru ko ari we wari wanze kujya gukorana na Keza kubera ibibazo bafitanye ariko yirinda kubyerura, gusa akavuga ko atifuza ko ibyo yamukoreye hari undi muntu yabikorera mu Rwanda.

Keza na we abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko na we atigeze ajya muri ako kazi akagaharira Muyango, ariko ntibyacira aho kuko hakozwe ikiganiro mu buryo bw’imbonankubone kizwi nka Live ku rubuga nkoranyambaga rwa Tik Tok, ahavuzwe byinshi.

Muri iki kiganiro, Keza Terisky yamaganiye kure ibivugwa ko ari we wasenyeye Muyango, avuga ko asanzwe afitanye ubucuti busanzwe na Kimenyi, ariko ko ntaho buhuriye no kuryamana.

Uyu mugore uzwi mu ruganda rw’imideri, yavuze ko we afite amakuru ko Kimyenyi na Muyango batandukanyijwe n’ingeso z’umugore wari winjiye mu kuryamana n’uwo bahuje igitsina ari we Dj Brianne.

Yagize ati “Nanjye ni yo makuru numva, amakuru avuga ko batandukanyijwe n’uko Muyango akundana na DJ Brianne.”

Dj Brianne na we wari uri muri iki kiganiro, yahise yamaganira kure ibi yari avuzweho, avuga ko we na Muyango bahuriye kuba bakorana, ariko ko iby’ubucuti bwihariye nta bihari.

Ati “Dukorana ku wa Kane no ku wa Gatandatu, ntabwo Muyango aransoma no ku itama bisanzwe, nta n’ubwo araza iwanjye wenyine, yahaje rimwe ari kumwe n’umugabo we.”

Muyango wari wanze kuvuga byinshi, na we yahakanye ibi byo kuryamana na Dj Brianne, avuga ko ibyatangajwe na Keza ari urwitwazo rw’ikimwaro cy’ibyo yamukoreye, ari na ho yavuze ko uyu mugore yashatse kumutangamo pase mu bandi bagabo.

Ati “Urwo rwitwazo rwo kuryamana na Brianne, na rwo rwazanywe na Keza kugira ngo yinjire iwanjye. Ubwa mbere yarabanje agerageza iby’umugabo biramunanira, ubwa kabiri azana Brianne ubwa gatatu atangira kujya ahamagara abantu anteranya.”

Keza na we utaripfanye, yavuze ko afite ikimenyetso gihamya ibyo yavuaga, ari na bwo yahitaga yumvisha abantu amajwi yafashe mu kiganiro yagiranye na Kimenyi amubwira ko umugore we Muyango yahinduye imyitwarire akagirana umubano wihariye na Dj Brianne.

Muri ayo majwi humvikanamo aho Kimenyi aba ari gutakira Keza, ati “Ejobundi nagiye kubona mbona Muyango aharaye gym, mbona Brianne na we arayiharaye…mbere Muyango naramubwiraga ngo tujyane nkabona ni umunebwe, ubu umuntu ari kubyuka akijyana ku Cyumweru. Mbona Brianne ari we muntu umuturisha mu buryo njye ntazi. Na we narabimubwiye Muyango, nti ‘nsigaye mbona warabaye lesbian [uryamana n’abo bahuje igitsina], ni ukuri kw’Imana.”

Dj Brianne na we yakomeza ahakana ibi avugwaho, ari na ko akozanyaho mu magambo n’abandi bari muri iki kiganiro bamushinjaga gusenya ingo z’abandi, aho uyu muvanamiziki yanakoreshaga imvugo ziremereye yiyama abamushinja kuryamana n’abo bahuje igitsina.

Itandukana ry’urugo rwa Kimenyi Yves na Muyango ryari rimaze iminsi rihwihwiswa ku mbuga nkoranyambaga, ariko bitaravugwaho n’umwe muri aba bombi.

Kimenyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda n’iy’Igihugu, yasezeranye imbere y’amategeko na Muyango Claudine muri Mutarama umwaka ushize 2024, byaje no gukurikirwa n’ibindi birori birimo gusaba no gukwa ndetse no gusezerana imbere y’Imana; na byo byabaye muri uko kwezi.

Urugo rwa Kimenyi Yves na Muyango ruravugwamo ibibazo
Dj Brianne aravugwamo
Na Keza Terisky agatungwa agatoki

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 20 =

Previous Post

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

Next Post

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Related Posts

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya Miss Naomie yasubije abavuze ku mugabo we ibitamunyuze

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya Miss Naomie yasubije abavuze ku mugabo we ibitamunyuze

by radiotv10
17/07/2025
0

Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, Nishimwe Naomie yahaye gasopo abakomeje kuvuga ku mugabo we bamwita umukene bagendeye ku mafoto yasakaye...

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

by radiotv10
11/07/2025
0

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yagaragaje amafoto ye ya mbere ateruye umwana wa kabiri aherutse kwibaruka we n’umugabo we Ifashabayo Dejoie. Aya...

Umunyamakuru wubatse izina mu Rwanda ariyibutsa abantu mu gitaramo kigezweho i Kigali

Umunyamakuru wubatse izina mu Rwanda ariyibutsa abantu mu gitaramo kigezweho i Kigali

by radiotv10
10/07/2025
0

Murenzi Kamatari wamenyekanye nka MC Murenzi uri mu banyamakuru bamamaye mu Rwanda byumwihariko mu biganiro by’imyidagaduro, ategerejwe mu gitaramo cy’urwenya...

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

by radiotv10
09/07/2025
0

Umuhanzi Clarisse Karasira n'umugabo we Ifashabayo Dejoie, bibarutse umwana wabo wa kabiri, bahise bita amazina arimo iry’Ikinyarwanda rya ‘Kwema’. Byatangajwe...

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

by radiotv10
08/07/2025
0

Umunyarwenya akaba n’umukinnyi wa filimi, Kazungu Emmanuel uzwi nka Mitsutsu, yambitse impeta umukunzi we, amwizeza ko atazigera yicuza igihe cyose...

IZIHERUKA

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa
MU RWANDA

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

by radiotv10
17/07/2025
0

Perezida Kagame yasimbuje Gatabazi ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutegetsi

Gatabazi wari umaze imyaka itatu nta nshingano yageneye ubutumwa Perezida Kagame

17/07/2025
Bwa mbere Barack Obama n’umugore we Michelle bari kumwe bavuze ku bihuha byo gutandukana

Bwa mbere Barack Obama n’umugore we Michelle bari kumwe bavuze ku bihuha byo gutandukana

17/07/2025
Gatabazi yagarutse, Maj.Gen.(Rtd)Jacques Nziza na Amb.Karega bahabwa inshingano-Menya abayobozi bashyizwe mu myanya

Gatabazi yagarutse, Maj.Gen.(Rtd)Jacques Nziza na Amb.Karega bahabwa inshingano-Menya abayobozi bashyizwe mu myanya

17/07/2025
Trinity International Academy students explore RDF combat training centre in Gabiro

Trinity International Academy students explore RDF combat training centre in Gabiro

17/07/2025
Mu butumwa bwumvikanamo umujinya Miss Naomie yasubije abavuze ku mugabo we ibitamunyuze

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya Miss Naomie yasubije abavuze ku mugabo we ibitamunyuze

17/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

Gatabazi wari umaze imyaka itatu nta nshingano yageneye ubutumwa Perezida Kagame

Bwa mbere Barack Obama n’umugore we Michelle bari kumwe bavuze ku bihuha byo gutandukana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.