Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

radiotv10by radiotv10
30/06/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango
Share on FacebookShare on Twitter

Imyidagaduro yo mu Rwanda idasiba kuvugwamo ibyayo, ubu hagezweho iby’urugo rw’Umunyezamu Kimenyi Yves na Muyango Claudine, ruvugwamo umwuka utari mwiza no kuba baratandukanye mu ibanga, ahavugwa ko byatewe n’ibirimo imyitwarire y’umwe uvugwaho kuba yarinjijwe mu rukundo n’uwo bahuje igitsina.

Izi nkuru zasakaye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, nyuma yuko Muyango yanze guhurira mu kazi kamwe n’uwitwa Keza Terisky bagombaga gukorera mu kabari kamwe ko mu Mujyi wa Kigali mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 27 Kamena 2025.

Muyango yashyize hanze amakuru ko ari we wari wanze kujya gukorana na Keza kubera ibibazo bafitanye ariko yirinda kubyerura, gusa akavuga ko atifuza ko ibyo yamukoreye hari undi muntu yabikorera mu Rwanda.

Keza na we abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko na we atigeze ajya muri ako kazi akagaharira Muyango, ariko ntibyacira aho kuko hakozwe ikiganiro mu buryo bw’imbonankubone kizwi nka Live ku rubuga nkoranyambaga rwa Tik Tok, ahavuzwe byinshi.

Muri iki kiganiro, Keza Terisky yamaganiye kure ibivugwa ko ari we wasenyeye Muyango, avuga ko asanzwe afitanye ubucuti busanzwe na Kimenyi, ariko ko ntaho buhuriye no kuryamana.

Uyu mugore uzwi mu ruganda rw’imideri, yavuze ko we afite amakuru ko Kimyenyi na Muyango batandukanyijwe n’ingeso z’umugore wari winjiye mu kuryamana n’uwo bahuje igitsina ari we Dj Brianne.

Yagize ati “Nanjye ni yo makuru numva, amakuru avuga ko batandukanyijwe n’uko Muyango akundana na DJ Brianne.”

Dj Brianne na we wari uri muri iki kiganiro, yahise yamaganira kure ibi yari avuzweho, avuga ko we na Muyango bahuriye kuba bakorana, ariko ko iby’ubucuti bwihariye nta bihari.

Ati “Dukorana ku wa Kane no ku wa Gatandatu, ntabwo Muyango aransoma no ku itama bisanzwe, nta n’ubwo araza iwanjye wenyine, yahaje rimwe ari kumwe n’umugabo we.”

Muyango wari wanze kuvuga byinshi, na we yahakanye ibi byo kuryamana na Dj Brianne, avuga ko ibyatangajwe na Keza ari urwitwazo rw’ikimwaro cy’ibyo yamukoreye, ari na ho yavuze ko uyu mugore yashatse kumutangamo pase mu bandi bagabo.

Ati “Urwo rwitwazo rwo kuryamana na Brianne, na rwo rwazanywe na Keza kugira ngo yinjire iwanjye. Ubwa mbere yarabanje agerageza iby’umugabo biramunanira, ubwa kabiri azana Brianne ubwa gatatu atangira kujya ahamagara abantu anteranya.”

Keza na we utaripfanye, yavuze ko afite ikimenyetso gihamya ibyo yavuaga, ari na bwo yahitaga yumvisha abantu amajwi yafashe mu kiganiro yagiranye na Kimenyi amubwira ko umugore we Muyango yahinduye imyitwarire akagirana umubano wihariye na Dj Brianne.

Muri ayo majwi humvikanamo aho Kimenyi aba ari gutakira Keza, ati “Ejobundi nagiye kubona mbona Muyango aharaye gym, mbona Brianne na we arayiharaye…mbere Muyango naramubwiraga ngo tujyane nkabona ni umunebwe, ubu umuntu ari kubyuka akijyana ku Cyumweru. Mbona Brianne ari we muntu umuturisha mu buryo njye ntazi. Na we narabimubwiye Muyango, nti ‘nsigaye mbona warabaye lesbian [uryamana n’abo bahuje igitsina], ni ukuri kw’Imana.”

Dj Brianne na we yakomeza ahakana ibi avugwaho, ari na ko akozanyaho mu magambo n’abandi bari muri iki kiganiro bamushinjaga gusenya ingo z’abandi, aho uyu muvanamiziki yanakoreshaga imvugo ziremereye yiyama abamushinja kuryamana n’abo bahuje igitsina.

Itandukana ry’urugo rwa Kimenyi Yves na Muyango ryari rimaze iminsi rihwihwiswa ku mbuga nkoranyambaga, ariko bitaravugwaho n’umwe muri aba bombi.

Kimenyi wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda n’iy’Igihugu, yasezeranye imbere y’amategeko na Muyango Claudine muri Mutarama umwaka ushize 2024, byaje no gukurikirwa n’ibindi birori birimo gusaba no gukwa ndetse no gusezerana imbere y’Imana; na byo byabaye muri uko kwezi.

Urugo rwa Kimenyi Yves na Muyango ruravugwamo ibibazo
Dj Brianne aravugwamo
Na Keza Terisky agatungwa agatoki

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + eleven =

Previous Post

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

Next Post

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.