Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibyabaye kuri APR na Arsenal byatumye Rayon na ManCity zicinya icyara

radiotv10by radiotv10
17/04/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibyabaye kuri APR na Arsenal byatumye Rayon na ManCity zicinya icyara
Share on FacebookShare on Twitter

Byahinduye isura muri Shampiyona z’umupira w’Amaguru zikurikirwa na benshi mu Rwanda, aho nyuma yuko APR FC yo mu Rwanda na Arsenal yo mu Bwongereza ziyoboye urutonde, zinganyije, byatumye hari amakipe abyinira ku rukoma.

Ku wa Gatandatu tariki 15 Mata 2023, abakunzi b’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC ntibaraye neza, nyuma yuko ikipe yabo inganyije na Gasogi United 0-0.

Bwaracyeye, mucyeba w’iyi kipe, Rayon Sports yo irabikora, itsinda Bugesera 2-0, bituma abakunzi bayo bongera kugira icyizere ko bashobora kongera kwinjira mu rugamba rwo guhatanira igikombe.

Gusa ntibyoroshye kuko kugeza ubu Rayon Sports ari iya gatatu n’amanota 49, mu gihe APR na Kiyovu Sports zombi zinganya amanota 53.

Muri Shampiyona y’u Bwongereza na yo ikurikirwa n’abatari bacye mu Rwanda, habayeho gutungurana kuko ikipe ya Arsenal na yo iyoboye urutonde ikaba ifite n’abakunzi benshi mu Rwanda, yanganyije na West Ham ibitego 2-2.

Ni ukunganya kutashimishihe abakunzi ba Arsenal kuko iyi kipe yari yabanje ibi bitego byombi mu minota icumi ya mbere y’umukino, ndetse ikaza no kutabasha kwinjiza Penaliti yatewe na Bukayo Saka akayiboneza hanze y’ibiti bitatu by’izamu.

Uku kunganya kwa Arsenal, na ko kwahaye icyizere Manchester City ikomeje kuyirya isataburenge, kuko ikinyuranyo cy’amanota ari hagati y’aya makipe, cyahise kigabanuka, ubu kikaba kimaze kuba amanota ane, aho Arsenal ifite amanota 74, naho Man City ikagira 70 kandi ikaba ifite umukino itarakina.

Ku wa Gatandatu APR yanganyije na Gasogi
Bucyeye bwaho Arsenal inganya na West Ham

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + thirteen =

Previous Post

Kamonyi: Imodoka isigaye itera ikikango benshi yongeye guteza amarira

Next Post

Nyuma yo kuburira ‘abajura’ haramutseho amakuru y’uwo bitagendekeye neza

Related Posts

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

by radiotv10
03/06/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko bitewe n’impamvu ridashobora kugira icyo rihinduraho, irushanwa ryo Kwibuka ryari riteganyijwe...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yo kuburira ‘abajura’ haramutseho amakuru y’uwo bitagendekeye neza

Nyuma yo kuburira 'abajura' haramutseho amakuru y’uwo bitagendekeye neza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.