Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibyabaye kuri APR na Arsenal byatumye Rayon na ManCity zicinya icyara

radiotv10by radiotv10
17/04/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibyabaye kuri APR na Arsenal byatumye Rayon na ManCity zicinya icyara
Share on FacebookShare on Twitter

Byahinduye isura muri Shampiyona z’umupira w’Amaguru zikurikirwa na benshi mu Rwanda, aho nyuma yuko APR FC yo mu Rwanda na Arsenal yo mu Bwongereza ziyoboye urutonde, zinganyije, byatumye hari amakipe abyinira ku rukoma.

Ku wa Gatandatu tariki 15 Mata 2023, abakunzi b’Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC ntibaraye neza, nyuma yuko ikipe yabo inganyije na Gasogi United 0-0.

Bwaracyeye, mucyeba w’iyi kipe, Rayon Sports yo irabikora, itsinda Bugesera 2-0, bituma abakunzi bayo bongera kugira icyizere ko bashobora kongera kwinjira mu rugamba rwo guhatanira igikombe.

Gusa ntibyoroshye kuko kugeza ubu Rayon Sports ari iya gatatu n’amanota 49, mu gihe APR na Kiyovu Sports zombi zinganya amanota 53.

Muri Shampiyona y’u Bwongereza na yo ikurikirwa n’abatari bacye mu Rwanda, habayeho gutungurana kuko ikipe ya Arsenal na yo iyoboye urutonde ikaba ifite n’abakunzi benshi mu Rwanda, yanganyije na West Ham ibitego 2-2.

Ni ukunganya kutashimishihe abakunzi ba Arsenal kuko iyi kipe yari yabanje ibi bitego byombi mu minota icumi ya mbere y’umukino, ndetse ikaza no kutabasha kwinjiza Penaliti yatewe na Bukayo Saka akayiboneza hanze y’ibiti bitatu by’izamu.

Uku kunganya kwa Arsenal, na ko kwahaye icyizere Manchester City ikomeje kuyirya isataburenge, kuko ikinyuranyo cy’amanota ari hagati y’aya makipe, cyahise kigabanuka, ubu kikaba kimaze kuba amanota ane, aho Arsenal ifite amanota 74, naho Man City ikagira 70 kandi ikaba ifite umukino itarakina.

Ku wa Gatandatu APR yanganyije na Gasogi
Bucyeye bwaho Arsenal inganya na West Ham

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 6 =

Previous Post

Kamonyi: Imodoka isigaye itera ikikango benshi yongeye guteza amarira

Next Post

Nyuma yo kuburira ‘abajura’ haramutseho amakuru y’uwo bitagendekeye neza

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yo kuburira ‘abajura’ haramutseho amakuru y’uwo bitagendekeye neza

Nyuma yo kuburira 'abajura' haramutseho amakuru y’uwo bitagendekeye neza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.