Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

radiotv10by radiotv10
14/01/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku ifungwa ry’agateganyo, yemera bimwe mu byaha ashinjwa, gusa akavuga ko atari yabigambiriye.

Uyu muvangamiziki akurikiranyweho ibyaha bine, birimo icy’ubwicanyi budaturutse ku bushake gishingiye ku kuba yaragonze umupolisi agahita ahasiga ubuzima.

Aregwa kandi icyaha cyo guhunga umaze guteza cyangwa se gukora impanuka, icyo gukoresha ibiyobyabwenge cyangwa se urusobe ry’ibiyobyabwenge, ndetse n’icyo kwanga ko bagusuzumisha ibyuma bipima ko wanyoye ibisindisha.

Ni ibyaha byose yatangiye gukurikiranwaho nyuma yuko akoze impanuka yabaye mu ijoro ryo ku ya 20 Ukuboza 2025, ubwo DJ Toxxyk yagongeraga nyakwigendera ahazwi nka Peyaje mu Mujyi wa Kigali.

Mu iburana ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ryabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Mutarama 2026, Ubushinjacyaha busabira uregwa gukurikiranwa afunze, bwagaragaje ibimenyetso bushingiraho bushinja uregwa kuri buri cyaha.

Ku cyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, Ubushinjacyaha bwabwiye Urukiko ko mu rugo rw’uyu Mu-Dj hasanzwe udupfunyika tubiri tw’urumogi, kandi mu ibazwa yakorewe mu Bugenzacyaha, yiyemereye ko akoresha iki kiyobyabwenge kuva muri 2021, akanasobanura uburyo agikoresha.

Ku cyaha cy’ubwicanyi budaturutse ku bushake, Ubushinjacyaha buvuga ko uregwa yagonze Umupolisi wari mu kazi, ubwo yashakaga kumuyobora inzira anyura, aho kubyubahiriza agahita amugonga.

Naho ku cyaha cyo guhunga wakoze cyangwa se wateje impanuka, DJ Toxxyk yashinjwe kuba yarahise ajya i Karongi nyuma yo kugonga uriya mupolisi.

Ubushinjacyaha kandi bwaboneyeho gusaba Urukiko kwemeza ko uregwa akurikiranwa afunze, kuko aregwa ibyaha bikomeye, kandi n’ibimenyetso byagezweho mu iperereza bihagije kuba yatuma ahamwa na byo, ndetse ko kuba yakurikiranwa afunze ari bwo buryo bwizewe bwatuma adatoroka ubutabera, ndetse no kurinda ko yakomeza gukoresha ibiyobyabwenge.

 

Uregwa yemeye bimwe mu byaha

DJ Toxxyk wahawe umwanya ngo agire icyo avuga, yemera icyaha cy’ubwicanyi budaturutse ku bushake ndetse n’icyo guhunga umaze guteza cyangwa se gukora impanuka.

Uregwa yavuze ko ubwo Umupolisi yamuhagarikaga, yari yafashwe n’agatotsi, ntamenye uko byagenze ngo amugonge, kuko yisanze yuriye utununga two ku muhanda tuzwi nka Borodire, bikarangira yagonze umupolisi.

DJ Toxxyk yavuze ko nyuma yo kubona ko yagonze uwo mupolisi, hari inshuti ye bari kumwe yamubwiye ko nahagarara bahita babarasa, bikaba ari byo byatumye akomeza kugenda.

Ku cyaha cyo guhunga, yavuze ko nyuma yuko biriya bibaye, yahise ajya gusiga imodoka kuri imwe muri Hoteli zo mu Mujyi wa Kigali, agahita ajya kugisha inama inshuti ye i Karongi.

Umucamanza yabagije uregwa impamvu yagiye i Karongi, avuga ko yari agiye kugisha inama iyo nshuti ye, kandi ko ari na we wamuturishije kuko yari yataye umutwe.

Uregwa yahakanye ibyaha bibiri; icyo gukoresha ibiyobyabwenge n’icyo kwanga ko bamupima, avuga ko urumogi rwasanzwe iwe atazi aho rwaturutse, kandi ko n’ibyanditswe mu ibazwa ryo mu Bugenzacyaha by’uburyo akoresha urumogi, atazi aho byaturutse. Yahakanye kandi ko atanze ko bamupima, kuko yabyemeye.

Ku cyifuzo cy’Ubushinjacyaha ko uregwa yakurikiranwa afunzwe by’agateganyo, DJ Toxxyk yavuze ko yarekurwa agakurikiranwa ari hanze, kuko adashobora kugira icyo abangamira mu iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 18 =

Previous Post

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Next Post

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.