Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Ibyo ‘Fatakumavuta’ yavugiye mu Rukiko ku munyamakuru mugenzi we byafashe indi ntera

radiotv10by radiotv10
09/11/2024
in IMYIDAGADURO
0
Ibyo ‘Fatakumavuta’ yavugiye mu Rukiko ku munyamakuru mugenzi we byafashe indi ntera
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru David Bayingana yamaganye ibyo aherutse gutangazwaho na mugenzi we Sengabo Jean Bosco mu Rukiko alias Fatakumavuta, by’amagambo yumvikanamo irondabwoko yavuze ko yavuzwe n’uyu munyamakuru w’ibiganiro bya Siporo, avuga ko atigeze abitangaza, agaragaza ko na we ashobora kwiyambaza inkiko.

Fatakumavuta wamaze gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi mu 30, ubwo yaburanishwaga ku ifunga n’ifungurwa, yavuze amagambo avuga ko yavuzwe na David Bayingana, yumvikanamo ingengabitekerezo y’irondobwoko.

Mu rukiko, Fatakumavuta yavuze ko yigeze kugirana ibibazo na Muyoboke Alex, nyuma baza kwiyunga bigizwemo uruhare n’Umuyobozi wa Isibo TV, gusa nyuma agatungurwa yumvise ko uwo bari bariyunze ari mu bamutangiye ikirego.

Fatakumavuta yagaragaje ko umuhanzi Safi Madia yagerageje kubunga ariko biza kuzambywa na David Bayingana.

Uyu munyamakuru kandi yavuze ko yakoze inkuru itarishimiwe n’uyu mugabo agashaka kumwirukanisha aho yakoraga ariko bikamunanira.

Yavuze ko nyuma y’aho, Safi Madiba yagerageje kubunga ndetse batera intambwe ya mbere ariko “David Bayingana abyivangamo abwira Muyoboke kutazigera yiyunga n’imbwa y’Umuhutu.”

David Bayingana akimara kumenya ko izina rye ryagarutsweho mu Rukiko, yamaganiye kure ibi yavuzweho n’umunyamakuru mugenzi we mu Rukiko.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa Instagram, Bayingana yagize ati “Nyuma yo kubona ibyo Bwana Sengabo Jean Bosco (Fatakumavuta) yantangajeho ubwo yireguraga mu rukiko rw’ibanze rwa Kicukiro ku wa 05 Ugushyingo 2024. Ndamenyesha abo byagezeho bose ko: Natunguwe kandi mbabazwa cyane n’ibyo binyoma bye byangiza uwo ndi we Bwana Sengabo Jean Bosco yantangajeho mu rukiko.”

Yakomeje agira ati “Mu buzima bwanjye bwose, uko narezwe, natojwe, nize, nta na hamwe mpurira n’ivangura iryo ari ryo ryose, nzira kandi ndwanya n’ingufu zanjye zose, irondakoko aho riva rikagera. Ndi Umunyarwanda biteye Ishema, ubyubahira abo tubisangiye bose, nkanubaha kandi ngaha agaciro ikiremrwamuntu ku Isi yose. Ibi birandanga, mbyemera ntyo kandi nta gahato.”

Yasoje agira ati “Njye n’abanyamategeko turimo gusesengura ibyamvuzweho. Bitari kera, mu gihe gikwiye, turisunga ubutabera, habeho uburyozwe bw’icyo gisebo nashyizweho binyuze muri ibyo binyoma bidafite ishingiro byamvuzweho.”

Fatakumavuta akurikiranyweho ibyaha birimo icyo gukangisha gusebanya, kubuza amahwemo hifashishijwe mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa, ivangura n’ibindi.

Umunyamakuru David Bayingana avuga ko yubaha ikiremwamuntu uko kiri kose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 16 =

Previous Post

Hagaragajwe amakuru mashya ku ndwara ya Marburg mu Rwanda

Next Post

Abapolisi 154 barimo barindwi ba ‘Commissioner’ n’uwigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda basezerewe

Related Posts

Abandi babiri barimo umunyamakuru Djihad batawe muri yombi kubera amashusho y’urukozasoni

Abandi babiri barimo umunyamakuru Djihad batawe muri yombi kubera amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
27/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwataye muri yombi abandi bantu babiri barimo umunyamakuru Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni...

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

by radiotv10
24/11/2025
0

Dosiye iregwamo abakurikiranyweho ibifitanye isano n’isakara ry’amashusho y’urukozasoni y’Umuhanzi Yampano n’umukunzi we, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha, ndetse hakaba haratawe muri yombi...

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Murindahabi Irene usanzwe areberera inyungu abaririmbyi Vestine na Dorcas, yavuze ko ubutumwa buherutse gutambuka ku rubuga nkoranyambaga rw’umwe muri aba...

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

by radiotv10
22/11/2025
0

Kyra Nkezabera, whose parents include a Rwandan father and a Belgian mother, has reached the final round of the Miss...

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco yatanze umucyo ku byatumye hari abakeka ko yaba yarabeshye abantu igihe kinini ko atabona, avuga ko amashusho...

IZIHERUKA

Abandi babiri barimo umunyamakuru Djihad batawe muri yombi kubera amashusho y’urukozasoni
IBYAMAMARE

Abandi babiri barimo umunyamakuru Djihad batawe muri yombi kubera amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
27/11/2025
0

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

26/11/2025
Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi 154 barimo barindwi ba ‘Commissioner’ n’uwigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda basezerewe

Abapolisi 154 barimo barindwi ba ‘Commissioner’ n’uwigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda basezerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abandi babiri barimo umunyamakuru Djihad batawe muri yombi kubera amashusho y’urukozasoni

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.