Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyemezo gishya cya KNC wari uherutse gutangaza ko asheshe ikipe ye ya Gasogi

radiotv10by radiotv10
02/02/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyemezo gishya cya KNC wari uherutse gutangaza ko asheshe ikipe ye ya Gasogi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles (KNC) yisubiyeho ku cyemezo cyo gusesa iyi kipe, yemera kuyigumisha muri Shampiyona.

Ni nyuma y’iminsi micye KNC atangaje ko asheshe iyi kipe yashinze, nyuma y’uko yongeye kunenga imisifurire ndetse n’izindi nenge yakunze kuvuga muri ruhago nyarwanda, we akunze kwita “umwanda.”

Mu kiganiro yagiranye na Radio 1 asanzwe anabereye umuyobozi kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Gashyantare 2024, KNC yatangaje ko umukino uzahuza Gasogi Unite na Kiyovu Sports uteganyijwe ejo ku wa Gatandatu, bazawukina.

Gusa ngo nubwo yemeye ko ikipe ye iguma muri shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda, yavuze ko bakomeej gusaba ko amakosa akomeje kugaragara mu mupira w’amaguru, akosorwa, bitaba ibyo n’ubundi agahagarika ikipe ye.

Icyemezo cyo gusesa Gasogi United, KNC yari yagitangaje ku wa Gatandatu tariki 27 Mutarama 2024, ubwo iyi kipe ye yatsindwaga na AS Kigali igitego 1-0 muri Shampiyona y’u Rwanda, ariko we akavuga ko ikipe ye yibwe ikimwa amahirwe arimo na penalitiki.

Nyuma y’umunsi umwe atangaje iki cyemezo, KNC kandi yari yabiwye RADIOTV10 ko akigikomeye ndetse ko adashobora kwisubira, gusa nyuma yumvikanye avuga ko mu gihe Ishyirahamwe ry’Umupra w’Amaguru ryamuganiriza ku bibazo yakunze kuvuga, ntacyamubuza kwemera ibiganiro.

Jimmy NDAYIZIGIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 4 =

Previous Post

Bitunguranye urubanza rwa Kazungu rwasubitswe ku nshuro ya gatatu yikurikiranya

Next Post

Hatanzwe umucyo ku bakekaga ko ibinini bivugwaho kubamo Virusi y’ubukana byageze mu Rwanda

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umucyo ku bakekaga ko ibinini bivugwaho kubamo Virusi y’ubukana byageze mu Rwanda

Hatanzwe umucyo ku bakekaga ko ibinini bivugwaho kubamo Virusi y’ubukana byageze mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.