Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

IFOTO: Umwami w’Ishyamba muri Pariki Akagera yagaragaye ibitekerezo byamubanye byinshi

radiotv10by radiotv10
10/01/2023
in IMYIDAGADURO, UDUSHYA
0
IFOTO: Umwami w’Ishyamba muri Pariki Akagera yagaragaye ibitekerezo byamubanye byinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Imwe mu ntare zo muri Pariki y’Igihugu y’Akagera, yafotowe yifashe mu mutwe, isa nk’ifite ibitekerezo byinshi dore ko izi nyamaswa zifatwa nk’abami b’ishyamba, ku buryo umuntu yavuga ko yari iri gutekerereza rubanda rwayo muri Pariki.

Aya mafoto twifashishihe twandika inkuru nk’urubuga rwa RADIOTV10, yafashwe n’umwe mu bafata amafoto wabigize umwuga, Plaisir Muzogeye wanayashyize hanze, akagaragaza ubutumwa yakuye mu myifatire y’iyi nyamaswa.

Mu butumwa buherekeje aya mafoto yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, Plasir Muzogeye yagize ati “Iyo intare yiteguye gufatwa ifoto, urabizi ni umwanya w’akaruhuko nyuma y’umunsi wagenze neza.”

Uyu gafotozi uri mu bafite amazina akomeye mu Rwanda, yakomeje avuga ko gusoma ibyiyumviro nk’ibi by’iyi ntare, ntawundi wabibasha atari ba gafotozi.

Intare zongeye kugera ku butaka bw’u Rwanda muri 2015 nyuma y’imyaka 11 zihacitse dore ko iyaherukaga kuhagaragara yabonywe muri 2006.

Izi ntare zorojwe u Rwanda zivuye muri Afurika y’Epfo, zaje ari ebyiri zihita zijyanwa muri Pariki y’Igihugu y’Akagera bituma mu Rwanda hongera kuba iyi nyamswa izwi nk’umwami w’Ishyamba.

Kuva icyo gihe izi ntare zakomeje kororoka dore ko kugeza ubu habarwa ko zimaze kugera muri 50 kandi zikaba zaragize uruhare mu kuzamura umubare w’abasura iyi Pariki.

Kuva izi nyamaswa ziri muri eshanu zikomeye zatangira kuba muri Pariki y’Akagera muri 2015, umabare wa ba mukerarugendo bayisura wikubye kabiri kuko muri uwo mwaka yasurwaga n’abantu ibihumbi 25 mu gihe muri 2019 bari bamaze kugera mu bihumbi 49.

Ubwiyongere w’izi nyamaswa buri mu bituma abasura iyi pariki na bo biyongera kuko baza bazi neza ko nibura bari butahe bazibonye.

Iyi ntare yafotowe isa nk’ifite ibitekerezo byinshi

Photos © Plaisir Muzogeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + nineteen =

Previous Post

Bwa mbere Perezida Kagame yavuze ku bacancuro bari muri DRC ababurira hakiri kare

Next Post

Ubwo umugabo yasangaga umugore we yinezezanya n’undi mu buriri bwabo icyakurikiyeho nticyababereye kiza bose

Related Posts

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Hatangajwe ahantu hazaturikirizwa ibishashi mu rwego rwo kwishimira umwaka mushya wa 2026 ubura amasaha ngo ugere, harimo aho abantu bateganyirijwe...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubwo umugabo yasangaga umugore we yinezezanya n’undi mu buriri bwabo icyakurikiyeho nticyababereye kiza bose

Ubwo umugabo yasangaga umugore we yinezezanya n’undi mu buriri bwabo icyakurikiyeho nticyababereye kiza bose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.