Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo gitunguranye cya M23 ku kuba ingabo za EAC zishobora kubarasaho

radiotv10by radiotv10
16/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Igisubizo gitunguranye cya M23 ku kuba ingabo za EAC zishobora kubarasaho
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uvuga ko itarebwa n’icyemezo cyafashwe n’Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu bya EAC, giha igihe ntarengwa uyu mutwe kuba wavuye mu bice byose wafashe, ukavuga ko uramutse urashweho n’izi ngabo wakwemera ukahicirwa mu gihe cyose ibyo basabwa bitarubahirizwa.

Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bashyize hanze itangazo risaba umutwe wa M23 kubahiriza icyemezo wafatiwe cyo kuba warekuye ibice 13 wafashe hagati ya tariki 10 na 30 z’ukwezi gutaha kwa Werurwe 2023.

Ibice 13 byose byafashwe n’uyu mutwe wa M23, bigomba kurekurwa bigasigara mu maboko y’Ingabo ziri mu butumwa bw’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba nkuko byakozwe ku bice bimwe biherutse kurekurwa n’uyu mutwe.

Gusa umutwe wa M23 uvuga ko iki cyemezo kitabareba nkuko byatangajwe n’Umuvugizi Wungirije wa M23 mu bya politike, Canisius Munyarugerero mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10.

Ati “Ahubwo se kiraturebaho [icyemezo cy’Abagaba Bakuru b’Ingabo za EAC] iki?”

Canisius Munyarugerero yakomeje avuga ko mbere yo gusaba M23 kuva mu bice yafashe, hakwiye gusabwa imitwe y’abanyamahanga iri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yigize akaraha kajya he nka FDLR, kuhava.

Ati “Ucumbitse n’uri iwe, usohoka mbere ninde? Nyiri urugo ni we usohoka? None se reka nkubaze, njyewe uri iwacu na FDLR waje ari umwimukira, umucumbitsi ni inde?”

Canisius Munyarugerero

Akomeza avuga ko izi ngabo za EAC zasabye M23 kuva mu bice yafashe, na zo ari inyamahanga, bityo ko zidakwiye kotsa igitutu uyu mutwe mu gihe uri mu gihugu cyawo.

Yanagarutse kandi ku bacanshuro binjijwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakomeje gufasha FARDC ndetse n’imitwe nka FDLR mu bikorwa bihunganya umutekano w’Abanyekongo.

Ati “EAC niba ari abavandimwe, niba ari abaturanyi, niba badushakira amahoro nibabanze bacyure abo bera b’abacancuro, nibabanze bacyure FDLR, nibacyure ADF-NALU, nibacyure RUD-Tabara, maze ubundi twicare tuganire.”

Abajijwe niba M23 idafite impungenge ko nibatubahiriza iki cyemezo, bashobora kuzaraswaho n’ingabo za EAC, yasubije avuga ko bazakora icyo umuntu wese yakora igihe asagariwe asanzwe iwe.

Ati “None se reka nkubaze, nturi Umunyarwanda, uwagusanga mu nzu yawe akakubwira ngo sohoka, wakora iki? Wakwemera ugasohoka?”

Avuga ko uyu mutwe na wo wakwirwanaho kuko uri ku butaka bw’Igihugu cyabo, bityo ko aho kugira ngo bahakurwe bakwemera bakahasiga ubuzima.

Ati “Ahubwo nayimpambemo [inzu], i Rutshuru aho turi, i Masisi aho turi, ni i Rubavu, ni i Kisolo [muri Uganda], ni Angola, ni Nairobi se?. Abo baje nibaze baduhe amahoro badufashe gushaka amahoro. Niba baje kudufasha gushaka amahoro nibirukane ibihararumbo, bene urugo dusigare tuganira.”

Canisius Munyarugerero avuga ko batanze urugero rwiza rwo gushyira mu bikorwa imyanzuro yafashwe ireba imitwe yose, ariko indi itigeze igira na kimwe ikora.

Ati “None ko twatanze akabarore tugatanga intangabugabo, baracyadushaho iki. Kugeza ubu hari FDLR n’umwe wari wataha iwabo? Nta n’umwe urataha iwabo kandi FDLR ni Abanyarwanda.”

Umutwe wa M23 warekuye igice cya Kibumba ndetse n’ikigo cya Gisirikare cya Rumangabo, uvuga ko nyuma yo kurekura ibi bice, FARDC ifatanyije n’imitwe yiyambaje, bakomeje kuwugabaho ibitero no kugirira nabi Abanyekongo b’Abatutsi kandi ko utazabyihanganira.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Comments 1

  1. Clapton says:
    3 years ago

    Ibyo avuga bifite ishingiro kuki se bahatira M23 kurekura ibice byose yafashe ntibahatire FArdc gutandukana na fdlr!????

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Rubavu: Habonetse imari mu mirima yabo ariko ubwoba ni bwose kubera ibyahabereye

Next Post

U Rwanda rwagaragaje igisobanuro cy’ibyakozwe na FARDC byatumye irasana na RDF

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagaragaje igisobanuro cy’ibyakozwe na FARDC byatumye irasana na RDF

U Rwanda rwagaragaje igisobanuro cy’ibyakozwe na FARDC byatumye irasana na RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.